quarta-feira, 20 de fevereiro de 2008
Imbeba y'inyamerwe
Imbeba yakuviriye mu mwobo itangira kuzerera ishaka icyo yarya. Iribwira iti " nzi ubwenge, no kunshuka biragoye, kuko nizera bake. Nta we ushobora kumfata. "
Yikoza hirya, yikoza hino; izerera inzu yose ariko iheba icyo yicira isari. Inyarukira mu kigega, ihingukira kuri rwagakoco. Irahagarara irashishoza, yitegereza uwo mutego, irawuzenguruka. Iratekereza iti " nta kabuza, ubu ni ubucakura abantu bahimbiye gufata imbeba. Ariko bararushywa n'ubusa, jye ntibazamfata. "
Ihanga ijisho kuri wa mutego, ibona hariho umubumbe w'urugimbu utemba ibinure; iti " nta kabuza dore ikizakora ku mbeba ! Dore akaryoshye bavuze ! Ninkoraho biraba bishize. Ibyo aribyo byose ariko, sinabura kurwegereza utuzuru, ngo ninukilize kuko ruhumura neza."
Yomboka buhoro buhoro yegera rwagakoco. Imbeba yawe iratekereza iti " mbega ukuntu abantu bagira ubwenge buke ! Bibwira ko nakora kuri ririya shyano ! Henga nzunguruke, ndetse ndibuze kugera kuri ruriya rugimbu ntacyo mbaye rwose."
Irasotasota, itera udutambwe duto, sinzi uko yakomye imbarutso, igiye kumva ngo koco ! Ifatwa mu bujana. Imbeba ikuka umutima, ishaka kuyikiza biba iby'ubusa; iba ihezemo ityo. Irajwigira itabaza zene wayo ntihaza n'imwe, ahubwo nyir'umutego aba araje. Ayitegeza abana barayica, agatumbi bakajugunyira injangwe.
" Uhima ipfa arahava. "
Subscrever:
Enviar feedback (Atom)
Sem comentários:
Enviar um comentário