quarta-feira, 20 de fevereiro de 2008

Igitekerezo cya Ngunda [ II ]

Ngunda aba aho, aba iciro ry'imigani. Rimwe amaze guhaga ariyumvira ati « harya ngo mu Rwanda nta muntu wahwanya na njye kurya ? Emwe ni koko. Dore na we ibi biryo byose maze mu mwanya muto. Nyamara byatetswe mu minsi itandatu. Ariko ga rubanda, no kundenganya barandenganya! Ndya rimwe gusa mu cyumweru. Ariko bo bakarya kenshi buri munsi. Kandi nta muntu n'umwe twahiga mu guhinga cyangwa kubasha indi mirimo. Yego... ndarya ariko uko ndya ni ko nkora. Ubwo sindi igisambo uko bamvuga. Ahubwo ndi umugabo, igihangange ndetse... Kandi ga ye umenya Ruganzu yahingishije. Ese icyatumye atandarika ni iki ? Henga muhime njye kumuvumba. »

(Kwa Ruganzu)

Ngunda: - Gahorane amashyo n'ingoma Nyagasani ! Umva
ikinzanye, Nyagasani. Nje kubaramutsa no kubafunguza. Numvise
yuko ngo mwahingishije, nyoberwa icyababujije kundarika kandi nzi
ko nta muntu n'umwe wandusha guhinga. Ibyo Nyagasani ntacyo
bitwaye, mupfe kumvumbya gusa.

Ruganzu : - Koko na njye sinzi uko byandenzeho. Ndakuzi kuri ubu uba
wahamaze wafatiriye n' ahandi. Ariko se nari kubona inzoga
ziguhagije n'inda yawe niyiziye? Ndetse n'ubu ubanza
ntari bubone izo nkuvumbyaho ngo mbone n'izihaza abahinzi banjye.

Ngunda: - Na njye sinaguhemukira. Reka kumvumbya, pfa kunsogongeza
gusa nigendere. Nzaba nza kuvumba ikindi gihe cyangwa se uzanyitumirira.

Ruganzu: -Ngunda se, ningusogongeza, ko nzi isogongera ryawe,
ntuzinogozamo abahinzi banjye bagaheba ? Ngaho nibajye
kukwereka, ariko uramenye !

Ngunda: - Ndasogongera gusa mba nkuroga ! Ndetse mfite urugendo, iyo
mungirira vuba nkareba uko natwaza iri zuba.

Ruganzu: - Umunyanzoga ntumuzi ? Genda bagusogongeze. Ngiye kureba
abahinzi.

Ngunda : - Yewe sha ! Shobuja arambwiye ngo nsogongeza ku nzoga.

Umunyanzoga: - Nabumvaga. Ariko se ntuntamaze! Dore usheshe akanguhe.
Dore inzoga ngiziriya. Singombye kukugenda mu nyuma, ndi
muri rwinshi. Enda umuheha.

Ngunda: - Oya wihorere, nifitiye uwanjye Ruvunabataka. Nawukuye mu
ishyamba, nkawugendana mu ruhago kuko ntamenya gusomesha
iyindi miheha.
Umunyanzoga: - Ni uko rero genda. Uri umuntu mukuru wibwire.

(Ngunda agarutse)

- Mbe:Ngunda ko wijuse cyane ubigenjeje ute ?

Ngunda : - Navuye imuhira abagore banjye bamaze kungaburira. Kandi no
gusogongera ko ndasogongeye; ahubwo genda urebe.

Umunyanzoga: - Yewe, ndumva ibikoba binkuka, ngiye kureba.

Ngunda (wenyine) : - Abanyanzoga baba abapfu ! Ubundi yari asanzwe
ayobewe imisogongerere yanjye? Yabaga yazaga ahubwo tukajyana.
Nsibye guhembuka, ariko rero byibura nishe akanyota. Ubwo
Ruganzu yarebye, yemera ko njya gusogongera azirikana ko nta
nzoga nyinshi afite? Umva ko ndi umunyanda nini. Umunyanda nini
ntiyanga kugawa. Kandi simpemutse, sinakoze ukundi atambwiye.
Yambwiye ngo nsogongere. Na njye nasogongeye, sinyoye. Ubundi
bwo buriya buyoga bubiri nibwo yari ateze abahinzi ? Henga ndetse
nigendere. Sinashobora kumva imivumo y' abanyanzoga!
Twahubirana yanyica. Kandi ga koko ndahemutse ! Nguriya
arahindukiye. Mbega umujinya afite! Emwe ndahemutse ! Emwe si
uruda rwanjye rwananiranye!?

Umunyanzoga (wenyine): - Icyago yagiye. Aramaze na njye sinashakaga
kurebana na we. Bahungu se mbigenze nte ? Ruganzu ndamubwira
iki ? Abahinzi nibahingura ndabakwiza he? Ndamenya nihisha he?
Ararinkoreye Ngunda! Ndahebye, ntawizigira rubanda.. . Ruganzu
ntagira umwaga, ariko rero ntabura kumbwira nabi, birakwiye kandi.
Nimbona ko arakaye, ndapfa kumusaba imbabazi, ahubwo izo nzoga
nzazisubizeho ubwanjye. Mana y'i Rwanda, urampe gukira irya none!

Ruganzu : - Mbe Ngunda, iyo nda yawe ko yafoye cyane aho ni amahoro ?

Ngunda : - Nyagasani ndasogongeye gusa. None se nari kugira ukundi
mutantegetse? Ndetse ndabasezeraho kuko mfite ubwira, nasize
umugore wanjye aniha. Ndagira ngo njye kureba ko yaba yaruhutse !

Ruganzu: - Ni uko, genda amahoro. Ariko uramenye...

Ngunda (ageze hilya): - Nyagasani, ab'imuhira nibamvugira nabi, murangirire
irnbabazi. Muzirikane ko inda yanjye yantannye! Nasogongeye gusa
ariko ahari nakengesheje. Nibibababaza ahubwo nzariha.
.
Ruganzu: - Genda rwiza, icyo ushaka kuvuga ndacyumva. Abahinzi banjye
urabakoze. Ninsanga wazimaze, umenye ko uzariha nka zo kabiri, kandi
ntuzasubire kungarukira mu rugo ukundi, kereka ku munsi nagutumiye
kumpa umubyizi, ukaba igihano cyawe.

« Inda nini icura uwayihaye. »
« Uburana urubanza rw'inda ntatsindwa. »

Sem comentários:

Enviar um comentário