sábado, 16 de fevereiro de 2008

IBISAKUZO VI

Hepfo aha rurakubana-Umusaza cyangwa umukecuru n'agashyitsi.

Nabyaye umwana, ariko mu bandi bana niwe mpora njya guta-Umusatsi.

Gacika kabaho-Umusatsi.

Nagutera amakara y'umuntu-Umusatsi.

Dore iryo shyamba ritabona-Umusatsi w'intabwa.

Njugunya njugunya nupfa tuzajyana-Umusatsi - Inzara.

Mpinze ku gahinga nsarura mu gapfunsi-Umusatsi

Agakecuru Nyarudindiri kamanutse i Gacu na Mpanga kikoreye imigoma itanu-Umusambi.

Rusimbukamumasaka umwami w'abaderevu-Umusambi.

Nagutera Rutambukakibaya rwa Semugeshi-Umusambi.

Kuba mu gisiza ntuhinge uburo ni iki ?-Umusambi.

Rukinamugasiza rwa Senyakazana twigabe-Umusambi.

Guhora mu murima si ko guhunika ibigega-Umusambi.

Rutikanga yamaze ubwatsi-Umusambi.

Rukabyamurimbo rwa Muririma ntagikoza ibirenge hasi-Umusambi.

Tujye kwimira Rutimirwa-Umusambi.

Tora agakoni ntore akandi tujye gukubita Ruyiyenza yamaze ubwatsi-Umusambi.

Nuriye umubanga inyo ituma-Umutare w'inyama.

Tarataza tujye i Mataza-Umutanga ku rutare.

Gishyuha kitotsa-Umusuzi.

Nyiramparagatabivemo umukwe wa Minani-Umusure mu ngugu.

Nyirabwineneka-Umusundi ku ntebe

Ndashe akambi mu Rwanda abagabo bose barakangarana-Umusoro.

Hirya y'ishyamba hari agashahurabagabo- Umusoro.



TAGS:imigani,imigenurano,umuco,umuco nyarwanda,urwenya,ibisakuzo,insigamigani,amateka y'u Rwanda,amazina y'inka,ibyivugo,imivugo,imihango n'imigenzo,inzoga,rwanda,ikinyarwanda,bangambiki,uturingushyo

Sem comentários:

Enviar um comentário