domingo, 1 de junho de 2008

042. NAJE KUBARA INKURU

015 SEKARAMA


Iki gisigo, kitacyuzuye, kiri mu bwoko bw’ « Ibyanzu ».
Sekarama yagituye Umwami Kigeli IV Rwabugili. Mu 1936 niho yakibwiye A. Kagame. Yari amaze gukura atacyibuka imikarago yose y’icyo gisigo. Kigamije gushoza intambara yiswe iy’i Bumpaka ho muri Uganda y’ubu. Aho hantu ni mu karere kari iburasira-zuba bw’ikiyaga cya Rwica-nzige. Ni igisigo cy’ubuse gikerensa igikomangoma cyo muri ako karere, cyari cyagerageje kwigomeka ku Rwanda gishaka gusubiza Ndorwa mu bwigenge kibukura ku Rwanda. Cyahimbwe ahagana mu mwaka wa 1867.

Twibutse ko Umwami w’u Rwanda wageze muri ako karere bwa mbere ari Kigeli II Nyamuhêshera. Yagarukiye kuri icyo kiyaga. Impamvu ari uko cyaziraga ko u Rwanda rwatera Gitara, igihugu Ryangombe, umutware w’Imandwa zibandwa i Rwanda, akomoka mwo.

Naje kubara inkuru yaraye i Murori*

Kwa Nyiramuyaga* na Muhaya*,

Murorwa yacyuye amahano

Za Busunzu zirayishoka.

005 Ikabamburwa n’ibihunyira

Ruhangwa-mbone* rwa Ruhorera-mu- magambo*,

Umuswa urayimitse mu kigunda.

Yapfuye urwa Ruvuzo*

Yo yigereraga Mfizi ya Makuka,

010 Ikayigerera i Buri-ngeri*.

Yashyitse nka Mushinyaguzi*

Yaguye mu rukubo nk’impabe*,

Yatsinzwe nka Karihejuru*.

Naje ntabara impuha

015 Impundu ziravuga

Mu mirambi ya Kigali

Ziranamije ku Mutura-gasani*.

Kandi mbara inkuru ntikuke

Y’uko wakukiye Muteri*, Mutabazi

020 Ugatema ibyaro amajosi.

Ngiyo ya Sugi

Irasogomba* amahanga,

Irahinga iz’amakeba

Nkavuza imyasiro*.

025 Wasiye Nyamiringa*

Mirindi ya Rumeza,

Wayambikiye agashungo

Iyo ngoma yawe.

Nimuyihe rugari

Yibonere ho Ruhangwa-mbone

Nyibaze ay’icyo kirara

030 Kitagira umuraza,

Mu mirambi ya Rubabo

Cyaroye kikica umukenya,

Kitaramara kabiri.

Icyambwira undi baryise iryo zina,

035 Akaba umuhutu akaba umutunzi,

Akazisazira nyuma ?

Nandetse we Ruhangwa-marora,

Rwa Ruhuza-mbone*

Uba udateze amarengero.

Nimuyihe rugari

Yibonere ho Ruhangwa-mbone

040 Nyibaze ko amazina yari menshi,

Mukurora ikisunga iriheze

Rya Ruharara-burozi* rwa Mpinga*,

Yo mugaha impaka uwatwambuye Yuhi

Imvano yava ku ki ?

045 Ari we waduteye imbeho n’isuri

Maze tugasanganwa Imana,

Ibura mwabo.

Ikabona twebwe.

050 Iyacu ni Rubanguka,

Rwacyamuye ibihugu.

Ni we Rugira* wahonokaga mu Buhinda.

Na none niberwe

Ayigire intindo,

055 Ayitegeke nka Rwuma,

Maze ive mu rwêguriro* zirishe.

Nirembe ayigire insêso*

Ayisenyere ijabiro,

Ijabo* rishire

060 Izaze akuya kayirenze,

Yicuza ayo yakoze,

Ikungagizwa mu myiri* bayinyaze.

Nimuyihe rugari

Yibonere ho Ruhangwa-mbone

Izaza yumva amatare

Ayivuga mu mutwe,

065 Mu mpinga ya Butare*

Amatwi yazibiranye mu minyago,

Mutukura* itekanye na Mukesha-jabiro.

Nimuyihe rugari

Yibonere ho Ruhangwa-mbone

Izaza ishorejwe amacumu

Mu mpinga ya Gatsibo,

070 Amacumu yabaye inkwaruro*.

Maze ishime ko itagira ubwami

I Bwanga-guhuma* kwa Gahaya,

Ubwo yisunze izina

Ritagira amarengero,

075 Amajyo azayibera amabuye.

Nimuyihe rugari

Yibonere ho Ruhangwa-mbone

Izaza yumva insengo

Zivuga iwacu mu ngoro,

Umurya-senge* uyirya

Yabuze amaboko,

080 Yakwishima mu gihumbi.

Izaba yayakonje Mutukura

Yayageretse ku ya Mutaga w’i Nkanda.

Ruhangwa-mbone nimuyihebe

Nta nkandagiro ikizeye.

Nimuyihe rugari

Yibonere ho Ruhangwa-mbone

085 Mbese wowe ntiwahagiye

Ku y’i Butema-buto* kwa Matare-mato*,

Yaje gutera ino

Matungo* iyigira intindo.

Nimuyihe rugari

Yibonere ho Ruhangwa-mbone

Mbese wowe ntiwahagiye

090 Ku y’i Buvuganya-nzara* kwa Kivuga-bagore*,

Yahanzwe no kuvuga rimwe

Akarimi kayo kagwa mu matsa.

Uzarebe aho izingiye Mizinge*

Ntikizirikana ay’imusozi,

095 Mba ndi ishami ryabyaye Nyirarugaju.

Nimuyihe rugari

Yibonere ho Ruhangwa-mbone

Mbese wowe ntiwahagiye

Ku y’i Busobanya-makaraza*,

Kwa Gisaba-bahutu*

Iri ni ishavu ringana aya mazi,

100 Rikayirara mu muroha*.

Yarahebye nabayiyagira

Ngo bayihe ubuhura,

Igumye iganye na Ntenga*

Bateze inyenga.

105 Rero simbeshya

Ni ko ntanga abagabo benshi ba Mikore*,

Rukabuza* arumva

Na Nkozimyambi*

Sinzakaraba no kwa Rujyo.

110 Makomere arabizi, na Makuka

Na Rukanira-miheto,

Simbeshya uzahagira k’ urw’i Bumpaka

Uzatwika ari umugero,

Rugina ikakwubika

115 Rugahinduka umugina.

JE SUIS VENU ANNONCER LA NOUVELLE

---------------------------------------------------------------

Je suis venu annoncer la nouvelle, qui est arrivée

cette nuit au Ndorwa,

Chez Nyiragahaya et Gahaya :

Les malheurs ont fondu sur le Murorwa,

De jeunes crocodiles se sont repus de sa chair

005 Et il n’a plus pour son réveil matinal

que les cris des hiboux.

Le Murorwa de Gahaya

Les termites l’ont intronisé dans la broussaille.

Il a eu le sort similaire à celui de Rukomba-mazi

Qui, ayant provoqué le roi Mibambwe Sentabyo

010 Fut par lui précipité au fond des eaux.

Il est à l’extrémité comme le Sera

Il est dans l’encerclement comme un isolé,

Il est vaincu comme le Nyabahinda

Je ne viens pas raconter une blague,

015 Les cris de joie s’entendent interminables

Dans tout le voisinage de Kigali,

Ils se propagent dans cette

« Demeure- de- la félicité ».

Jamais je n’annonce une nouvelle qui se démente,

Laquelle est que tu as abreuvé le Karinga,

ô Mutabazi,

020 Et que tu as tranché la tête aux pays étrangers.

Le voilà, « L’Inviolé»,

Il bouleverse les pays étrangers,

Il ravage les royaumes adversaires,

Tandis que je déclare ses hauts faits.

025 Tu as procuré sept trophées au Karinga,

O Mirindi de Rumeza

Avec prodigalité tu as orné de dépouilles

Ton tambour.

Donnez à Murorwa l’occasion

De se rendre compte de sa piteuse situation

Je lui demanderai l’histoire de cet étourdi

030 Qui n’a même pas trouvé une seule épouse

Dans les plaines du Rubabo,

Et qui a trouvé bon de s’abréger la vie

Avant d’avoir vécu au moins deux jours.

J’aimerais savoir quel autre individu,

035 Hutu ou Tutsi, qui aurait subi un tel sort

Et qui ensuite mourut en âge avancé !

A plus forte raison toi,

Le Murorwa de Murali,

Qui ne peut avoir aucune fin honorable !

Donnez à Murorwa l’occasion

De se rendre compte de sa piteuse situation

040 Je lui poserai une question : puisque les noms étaient

nombreux,

Pourquoi t’es tu appuyé sur celui qui est sans avenir,

Celui de « Ruharara-burozi, fils de Mutimbo ?

Lui, en optant pour celui qui nous enleva Yuhi,

Le motif déterminant, d’où lui vint-il ?

045 Ignore-t-il que ce Rugaju

Est celui-là qui nous a apporté le froid

et l’inondation ;

N’eut été Imana,

Qu’ils n’ont pas chez eux,

Mais qui est notre protecteur.

050 Ce protecteur est toujours pour nous « Rubanguka ».

Celui qui a conquis les pays,

C’est lui « Rugira » qui revint sain et sauf

du Karagwe.

Cette fois-ci encore que Murorwa s’attende

A ce qu’il soit sa litière,

055 Qu’il soit soumis comme Rwuma,

Et qu’il s’écarte des abreuvoirs,

pour qu’y broutent les bovidés.

Que le Murorwa s’affaiblisse et devienne

«Orphelin de maître »,

Que son palais soit détruit,

Et que s’évanouisse son prestige.

060 Qu’il nous arrive tout trempé de sueur,

Non sans regret de ce qu’il a fait,

En faisant partie du butin rapporté de son pays.

Donnez à Murorwa l’occasion

De se rendre compte de sa piteuse situation

A son arrivée, il sera accueilli par le bruit de pierres

sur sa tête.

065 Au sommet du Nyarubuye,

Pendant que ses oreilles seront abasourdies

par le butin,

Tandis que le Karinga siègera avec

« Mukesha-jabiro ».

Donnez à Murorwa l’occasion

de se rendre compte de sa piteuse situation

Il nous arrivera conduit par des porteurs de javelines,

Au sommet du Gatsibo

070 Les javelines ayant été recourbées ;

Il comprendra alors qu’il n’a plus de royauté

Au Ndorwa, chez Gahaya

Puisqu’il s’est appuyé sur un nom

Sans avenir,

075 Tout refuge lui fera absolument défaut.

Donnez à Murorwa l’occasion

De se rendre compte de sa piteuse situation

A son arrivée, il entendra l’orchestre d’instruments

Qui retentiront chez-nous au Palais,

Pendant que lui sera en train d’être piqué par

les moustiques,

sans avoir les mains

080 Pour en adoucir la piqûre au cou.

Le Karinga les aura cassées

Et placées sur celles de « Mutaga tué à Nkanda ».

Ainsi donc, désespérez du Murorwa :

il n’a plus de sol sous ses pieds.

Donnez à Murorwa l’occasion

de se rendre compte de sa piteuse situation

085 Eh quoi ! toi, (Murorwa), tu n’as pas été renseigné

Par Celui du Bugesera chez Nsoro

Qui est venu chez nous humilié comme une natte

couvre-sol

Et dont le Karinga fit sa litière ?

Donnez à Murorwa l’occasion

De se rendre compte de sa piteuse situation

Eh quoi ! toi (Murorwa), tu n’as pas été renseigné

090 Par Celui du Bungwe, chez Nyagakecuru,

Laquelle eut à peine le temps de dire un mot

Et dont la langue, en un clin d’œil, s’évanouit ?

Et voyez où il a ligoté le Rukurura

Qui ne songe plus aux activités de la vie !

095 Si je mentais, que je sois la mère du Rugaju !

Donnez à Murorwa l’occasion

de se rendre compte de sa piteuse situation

Eh quoi ! toi (Murorwa), tu n’as pas été renseigné

Par Celui de l’île Ijwi

Chez Kabego ?

Il couve une tristesse égale à ces eaux-ci

100 Laquelle lui loge dans un sein éventré.

Il n’ a trouvé aucun consolateur

Afin de lui procurer ne fût-ce que du miel sauvage.

Qu’il continue à gémir ainsi que Kabego :

Ils n’attendent plus que le tombeau.

105 Eh bien ! je ne mens vraiment pas.

Pour preuve, j’ai de nombreux témoins

de chez « Mikore » :

Tel Rukabuza qui nous entend,

Ainsi que Nkozimyambi.

Une autre preuve est que je ne me réconcilierai

jamais avec ceux

de chez « Rujyo ».

110 Cela, « Makomere » le sait ainsi que « Makuka

Ainsi que « Rukanira-miheto ».

Je ne mens pas, tu le reconnaîtras à la (capitale)

du Bumpaka

Que tu incendieras dès qu’elle sera à peine

inaugurée ,

De sorte que Karinga la détruira

115 Et la changera en termitière.

____________________________________

VOCABULAIRE

01. Murori = Ndorwa

02. Nyiramuyaga = Nyiragahaya

03. Muhaya = Gahaya : roi du Ndorwa

04. Ruhangwa-mbone = Murorwa :tambour

ynastique du Ndorwa

05. Ruhorera-mu-magambo = Gahaya

06. Ruvuzo = Rukomba-mazi : tambour

dynastique du Bugesera

07. Buri-ngeri = Au fond des eaux

08. Mushinyaguzi = Sera : tambouf

dynastique du Mubari

09. Impabe = Egaré

10. Karihejuru = Nyabahinda : tambour

dynastqiue du Nduga

11. Mutura-gasani = Demeurant dans

la félicité

12. Muteri = Karinga : tambour

dynastique du Rwanda

13. Gusogomba = Bourverser

14. Imyasiro = Hauts faits

15. Nyamiringa = Karinga

16. Ruhuza-mbone = Murari

17. Ruharara-burozi = Rugaju

18. Mpinga = Mutimbo

19. Rugira = Dénomination divine :

le Roi de l’univers

20. Urweguriro = Abreuvoir

21. Inseso = Orphelin de son maître

22. Ijabo = Prestige

23. Imyiri = Butin

24. Butare = Gatsibo

25. Mutukura = Karinga

26. Inkwaruro = Javelines recourbées

27. Bwanga-guhuma = Ndorwa

28. Umuryasenge = Moustique

29. Butema-buto = Bugesera

30. Matare-mato = Nsoro

31. Buvuganyanzara = Bungwe

32. Kivuga-bagore = Nyagakecuru

33. Mizinge = Rukurura : tambour

dynastique du Gisaka

34. Busobanya-makaraza = Ile d’ Ijwi

35. Gisaba-bahutu = Kabego : roitelet d’Ijwi

36. Umuroha = Sein éventré

37. Ntenga = Kabego

38. Mikore = Mutabazi

39. Rukabuza = Prestigieux

40. Nkozimyambi = Ndabarasa

41. Rugina = Karinga

Sem comentários:

Enviar um comentário