05 NGOGANE
Iki gisigo kiri mu bwoko bw’ “Ikobyo”. Kiravuga ubugambanyi bw’uwitwaga Bigeyo n’ukuntu yagerageje kubanyagisha igikingi cya bo aho i Kiruri.
Nta kigira inama mbi nk’intati,
Mwebwe bene inama
Yagaruje Biraduka mu Birika.
Amaruhe y’ ibiri nkamba
05 Ngo ayakure Makamba ya Makuka
Bakisiga i Madwenza.
Nta kigira indimi nyinshi nk’indyarya,
Ndagano ya Ndangamiy-abagabo
Ya Mwami ugaba wa Biraduka,
10 Uririnde indyarya.
Nkuburiye amahwa ntuhandwe
Sinkuyobya Birori bya Biraro
Uramwirinde Bigeyo,
Urakenge intati
15 Mutimbo wa Mutima utanga,
Ntuzisasire Mutindi wa Nyina.
Ureke ubwo ateranya
Rubanda na Basindi
B’i Ngwa ya Gasogwe
20 Gasamirwa avuye iwa Karemera.
Araremarema ayo kunkura mu bwatsi
Nahawe n’imbyeyi
Ya Rushya rwa Bashy-ingoma.
Uzi ko umuhire atarushya,
25 Rushyanuka-mitwe rwa ngarutse ishyaka,
Uwo nabeshyeye arambwire.
Uzambwire uwo mutindi
Igituma andobanuza n’Umwami,
Ntacumuye ukimpatse
30 Urambwire nimenye.
Are data Nyamurwana,
Ngo ni we muhanga w’ubwenge wenyine,
I Bwengera-nyoni bwa Nyirakarume
Araruma twese agahuha.
35 Akagira ngo avuge bwombi
Nk’inyongozi y’inyombya,
Akavuga ay’abana
Akamara akigira inyoni.
Ureke ubwo Nyamurwana acumitira
40 Kurega no kuroga,
Gicambwa cya Mucanombe,
Izo atukira Bigeyo zayoberanye.
Sindora inkoko mu nda,
Sindagura amavuta,
45 Nta mwemezi, Nyamurwana ararushya.
Ndabaza icyo ncumuriye i Rugarama,
Rugorora-mabano rwa Mabega ya Sangoma,
Nagize abanzi banca mu nyuma.
Amaze jye sinamenya,
50 Ko bamuhaye ibiri mwo umunyu Abannyori.
Ubonye aho anywana anyikuze mwo umukago,
Mukozi ko yampaye
Sem comentários:
Enviar um comentário