09 MUNYANGANZO
Iki gisigo kiri mu bwoko bw' "Ikungu". MUNYANGANZO yagihimbye nyuma y'intambara y'isi yo mu 1914-1918. Icyo gihe hatangiye kubaho Abanyarwanda babona iyo ibintu bigana. Nibwo batangiye kuyoboka amajyambere y'Abazungu. Bitandukanya n'Umwami Musinga, ndetse bamurega ku babirigi ko yikundiraga Abadage. Abenshi muri abo rwari urubyiruko.
Mu bakunzi b'u Bwami nabo, hari mwo n'ubujiji. Bari bagikeka ko kurwanya no gutsinda ingoma ya Gikoloni bishoboka. Ibyo bitekerezo n'inama zinyuranye, urebye ni byo byayobeje Umwami Musinga, bimuvira mwo kunyagwa no gucirirwa mu mahanga. Iki gisigo Kigamije gushyigikira byeruye abaguye muri uwo mutego wo kurwanya Abakoloni.
Kizi nzaba mpari
Impaga y'abanzi ishize
Shinga rya Rubazi,
Amaze kwitwa Rukoro rwa Rume.
05 Abayoboke batsinze abayobe,
Ruyora-ngame agiye i jabiro.
Njuga ya Jabo
Ikizi azamurerera u Rwanda,
Uburiza n' ubuheta.
10 Miheti ya Ndahise,
Nkiri aho nkamurora.
Nkamubonana n'urubyaro
Rwa Nzarwe ya Gahima,
Abatwanga bakifuza urugero rwe.
15 Na n'ukuri Shingo
Ufite n'ishimwe
Ukonkereza gucutsa
Uciriye ingoma abanzi mu gihugu.
Gihamagazwa-mirishyo cya Musana wa Buhanzi,
20 Ingoma zikaza zahize,
Utuboneye imfura
Tuzakubona imvi.
Mvugo ituje ya Matungo
Urakaduterura.
25 Ikizi ubaye ikizima nkiri muzima
Muzigirwa wa Rumamfu nkabarora
Nkababona nkabashakana andi mazu,
Mutazikana abakuzi turakagukamira.
Mugera-shyaka ushyize abagome mu kaga
30 Karume ka Mweshi wa Gasogwe
Ishavu wateye abarozi
Ryabayobotse.
Utakwambaza uwamubyaye
Ntiyakwambarirwa ingoma.
35 Nyiringoma sinkubona none
Kare wavuka utyo
Uticaniye ntarahurira undi.
Na ndetse dufite Umwami
Ucaniye amagana
40 Batanyagwa na bo ntibanyaga uwundi
Uwavutse anyagwa uwo
Aranyazwe rero.
Ugereye Karinga i Kayanza
Karatsa ka Gahima
45 Uwayemeye ingeso kare
Wakayirazwe.
Utugiriye uko inshuti za shakaga
Washoboye izi nka
Urakaramba utyo.
50 Mugabo wa Ngozi uteye abagome
Gutakira umushyo nk'imbagwa
Kurya nyina wabo
Yakoze iritarakorwa
Agihengekera Mutukura
55 Yimitse Abami babiri
Kigeli bo na Nyirakigeli cya Gasogwe.
Nyabusa abica mwo
Yenda kurogota
Uwo yasiga Abana
60 Ntiyasiga Umwami
`
Karinga yaramwanze kare
Igakunda Nsamira uyu.
Ese ntubonye Umugabekazi
Uzacyurirwa ubwome
65 Nyiramugira-mfura wa Muhera-mbuga
Ava i Gisanze
Ingoma azisanganizwa atyo.
Uri uwa ya Ntare
Yatubyariraga izi Ntare
70 Na none izi Ntare zacu
Zirakatubyarira izi Nkuba.
Nkubira akuye abanzi kw'izima
Twizigiye ingoma n'ingabo
Nkubira ya Nkoreza
75 Ya Nkub-ihinda
Nkuba mureruye ugeze aha so.
Uri uwa sokuru wasakamburaga ahandi
Na none ntibazubakana
Nkubira ya Nkoreza.
80 Kandi ga ubashangije ingoro
Abagore ba Muganwa,
Muganza ntitwakwibagirana
Urampe mu matungo
Uko wavutse urakatubyarira utyo.
Sem comentários:
Enviar um comentário