domingo, 1 de junho de 2008

005. NSEZERE INGORO


NZABONARIBA

Iki gisigo kiri mu bwoko bw’ “Ikobyo”. Ni icya nyuma NZABONARIBA yahimbye amaze gusaza. Kiri mwo amagambo yo gusezera i Bwami no ku nganzo y’ubusizi.

Nsezere ingoro

Ntambi yasezerana n’indagano i Gasenge.

Umva Gasogo yabwiye Gasendwa ,

N’indori ya Gasari

005 Ati : Kari mu ndagano,

Nagenda ntagusezeye ho

Ngeso ya se ya Nzego

Ngirango sinaheza inzira.

Turagirane nkurage ubunyana,

010 Ndagirane n’inzu ya Ndahise

Na muka Yuhi na Munyambo.

Muhondogo wa Mushubi,

Muteto wa Mutandi na Nyiramutara,

Ni jye Mutengeri nzatinda kugaruka.

015 Nagendera iyo ngendeye imusozi,

Wamenya ngiye ngomye

Rugumiriza-nzira rwa Rugumyangabo,

Na Rukangira rubaye umurongo.

N’uko rero Mwimanyi ,

020 Mwami udaha inka umugongo wa Mugambwa;

Ntumye Abagombetsi.

Hari ak’umushyitsi

Mushyitsi w’i Busaga,

Na Mushyitsi w’i Karagwe na Nyirakarume,

025 Ako kurara ndagondoje.

Hari n’uwashyize Nyabayongo mu maboko,

Nyabeshi na Munyegera

Ashyira mu ngobyi.

Mweshi, Mwambazi akugeze i Muhoza,

030 I Muhoroshya wa Banyamujaba

Bahereje Nyamutandi.

Abo uhojeje Nyamuheshera

Cumu rya ntwe musa,

Mu bo nshurumba mbaza mu ba mbere.

035 Rero ukamenya ko ndi koya kawe,

Ka Kavunika na Miragirano na Kavunwa,

Ntumburane Kavuna.

Na we Bihubi sinamwikomye,

Bya Nyirabirindwi najya i Nyabikabwe,

040 Ibirori bya Nyirabisu.

None aragira ngo namwanganye inka ze.

Mwaga mu mbuga wa Musasa-bageni,

Na Mwetuhora

Sinamwibese Muhimuzi.

045 Naho ntabyanjye nataye,

Igihe njya i Busodoka,

Bw’abari i Ngoga mu Bahimura-munono.

Henga ndeke ayo

Ntakiri inyundo ya Ndakuze,

050 Yakura Cyayi mu ngibwe i Jurwu inyuma.

Maze umpe ingabo zubahura Nkibiki,

Ngiga ajyanye inka i Matabariro

Majya e Bajyimbizi.

Amavu aruta amaguru,

055 I Manyereri ya Makungu na Nyiramacumu,

Icumu utewe jye nzitega.

Henga ndore nkubirwe nkumburwa,

Nkurungira inka ya Ndagiriye-ku-iriba,

Isano iruta ingoga

060 I Ngoma ya Kivoma na Kivumya-ntwari,

Reka ukwiruka uko urakwishyutse.

Urakishyuka sinkishuke

Nyamivuba ya Mbaraga na Mbanje

Aje kwishyuza

065 Kanywanzira, nzira igira

Kanywerabagabo na Nyirakavunwa

Ari i Kanywanzira mu Kayenzi.

Igishyika cya Sampembwe na Nyiransanane,

Icyo uragihimure.

070 Nsize gikuze ikinyoma

I Cyera –ntobwe cya Kirutamutabo

na Cyababumbyi,

Icyo kwaha uragiheta.

Bene uruhanzi mbasigiye imburano,

Zigwiriye mwo ishyano i Bugwizasari,

075 Bwa Kirohajoro na Kirohamato

Batora abagabo kumva

Kiramba icyo azitsira mu menshi,

Kiroha i Nyakiraranyoni

Gishatse umuhana,

080 Cyubakira indaro

Cyoroshya izo mu mburano,

Icyuyuburiza yitwa uwa nyoko.

Rero si wowe ugira ubwiko wenyine,

Rwamapfa i Rwanamankona rwa Nyiraruziga,

085 Uhora usuzuma urusutsi.

Suka hasi Mitorano

Utaramane na Kizima-mwezi

Ntawakweguriye ingobyi ya Kivumajoro.

Ye Banyabwanambe ba Buyogoma na Nyabwari,

090 Bwingashya yajyanye imva mu z’abirabuye,

Ubonye ishyano we Shyamba rya Kimara-mbeho,

Kurera imfubyi kurarushya,

Uwakowe n’uwahunguwe

Mpinga y’impabe,

095 Ntako y’inzoga

Uwagwanye ingata uwa Nyanzira.

Urushwa ubumwe n’umwana,

Mazuko ya Mwezi

Ugakunda ubuseke,

100 Na we murumuna w’umuntu ararushya,

Aba amaze ubumwe n’ubukwiye,

Ariko kwitimaha umugenzi ararozwe.

Sem comentários:

Enviar um comentário