domingo, 1 de junho de 2008

03 BAGOROZI


Iki gisigo kiri mu bwoko bw’ “Ibyanzu”. Ni icyo gusezera ku Mwami kubera sabukuru. BAGOROZI aranamumenyesha uko azasura ba sekuru namara kugera i Kuzimu Azabatashya bose kandi abamenyeshe ko Igihugu cya bo agisize mu maboko y’Umugabo. Iki gisigo kiri mu mubare w’ibimenyetso byerekana ukwemera kw’Abanyarwanda bakera ko “urupfu atari ugusubira mu busa, ahubwo ari ukwimuka”, cyangwa “guhindura isura”.

Nihe amajerwe nibuke Umwami

Rweyura nzige rwa Mihigo ya Ruheza-mbogo

Imbonwa zacu i Ngogoma, ziraga ingoma.

Inganzo ndi mo ni iya Maziko

005 Ndagira ngo ntayiyoberwa,

Rweru yarabaye Ruyege rwa Mihunga

Nguko ugutura kw’imbyeyi.

Byagira-mpake bya Nyirarukatsa na Rukanaga-ncuro

N’ukwiyoboka ndahwiduke.

010 Nta bundi bwa Nyamwigirira buhaba,

N’ukubyara imfura ikwibutsa ingeso,

Ukubakira so.

Nibwire imigani nenyegeze igihe

Cya Gihangana-mbuko na Gihaya-mbogo,

015 Ingabe zacu zishira icyangwe.

Gica iminsi k’i Rwanda

Ni ukuyitega inkwano wakumbuye,

Ukayikanga abageni.

Mbe Rwimihayo mberewe nje kureshya

020 Uwa Nyangoma na Nyirankomane,

Ino yabaye Nyangoma.

Nta ntege bambonye mu bihugu,

Nyiransana na Sangoma,

Ngeze i Bwenge barasa na we.

025 Gisago ntubone naragize ubusagire,

Ukamenya ari ishavu unteye

Uri akamara vumwe, Ruvukura

Rwa Ruvumereza-ngoma na Ruhima-mbogo,

Naratewe urwano nsanganwa Rugwe.

030 Umuhimbo ntiwankundiye

Mutega ari mu giti,

Mutara yagerwa Mutabara-Rwanda

Sinabangukiwe n’umubuga.

Rubungabunga rwa Rumeza-ngoma

035 Rwa Ngozi ya Rukangira,

Ntibaramurora Rugenzi.

None nagize icyomoro

Nibuke induba ya Ntare,

Ntagawa azi kuvura

040 Si icyangwe iki bambona,

Nagaragaje ikijege

I Kibogora-Rwanda cya Miheto ya Ndahise,

Yatanze igihe i Kayenzi.

Tugira Abami b’akatazibwa

045 Ntimugaye umuntu,

Uzakumbura inzungu akuhanya.

Iyo ukumbuye Umwami ugukunze

I Kumba-nka rya Nyiramukozi na Mutima,

Nyamunsi itaje ntiryakwanura ishavu.

050 Iminsi ntiyashize akabashira

Abantu be yatuje mu Muturuza-Baroba.

Kizima, nzirikana ya nzoga

Idasigana n’urugata,

Ya Rugasanura-ngoma rwa Miyogoro

ya Bazira-ntege

055 Iyo yamperaga i Nyamirembe.

Iyo Semuzana yanshingwaga n’Umwami

Nasanze angana Cyilima ku Mugongo

Akagira ngo ni jye Musoni uruta abandi.

Kamara-mpiza ka Miyogoro ya Ngotwigabe

060 Ampa ambwira, ngo mpangamye i Bututsi.

Washengera vuba i Rwishyozo n’iwanyu

Butare bwa Semitanago yakugera ijana.

Nzirikana ko akumbwira

Nk’ababyeyi n’Abami,

065 Umwami wo ku Rwamiza-miko

Rwamirishyo na Miragwe

Bamwakuranwa ubugendutsi.

Ruvumereza-ngoma abaza akatazibwa k’Abega

Karagwe ko yagendutse Karuhura.

070 Cyo mbyeyi ihetse ubuhatsi

Ruheka-miryango rwa Mirishyo ya Rwinkovu

Urugo namweguriye yarwemera ate ?

Umva Rwesa twahanywe inka

I Rwamanyege Rweru yirozonga iki ?

075 Ntaho araboneka Ruboneza-myambi,

Ruganza-basuzuguzi rwa Sereka ya Rusage

U Rwanda arwimye urugero.

Ab’ahandi ntibageze Mugerwa

Mukozi wa Nyamatuza aruta abakeba.

080 Ntawebasa amaze kubarira Ntangiriy-impongano

Ko nta nabi ashengeranye

Keretse ineza nsa

Ya Rusakiranya-busoro bwa Sunzu, ya Rusage.

Yatuma Nyirarwingwe Ruhaya Rwanga-mugayo,

085 Zirahaya impundu.

Babwira Yuhi ya Mbabazi

Uko arushije imfizi

Imuhana Bivugiraho.

Ko nasize imirimo nasize Miramagwe

Ya Mfit-imirishyo ya Mibuga

090 Waharuye akayimara.

Yaba akirasana n’urwimo

Rwesa rwa Ruhima

Arakimarira imihigo imuhira.

We ntibagiye imbizi Rumeza-ngoma

095 Ruvuganya-mikambira rwa Nkomati

Abagome yabanzuye

Nzikugenda ya Migabo

Abasoteye Kibanza na Kimenyi,

Kirari yabamuruye Kirishwa-mparage.

Ko nasize imirimo nasize Bisaro

100 Bya Sohora-ngoma ya Kiziguza

Ab’i Tandi baca amagiro.

Yubitse rimwe mu Buzi aranogora

Ingoma z’i Buringeri

Ngozi azongera mu ze.

Ko nasize imirimo nasize Ruganza-ntaho

105 Rwa Ntanagira ya Ntegure

Ahabwirije mu Buzanwa-bizenga.

Imihana ye yayishinze mu yindi ya kera

Yahawe inagabo ahigira Ngarama.

Yabanje u Rukori i Mukiga Rukenkemura

110 Rwa Nkingira ya Rugira-mwezi

Ageze i Nsuri azana ingoma.

Yagarutse vuba aca ibiraro Rusaza

N’i Bushya-ntobo ziroswa

Araharorerwa i Gasabo.

115 Yambutse ajya ku Nyanja ya Sebeya

Atera ab’i Gishari intagata Ntaho-ndende.

Ko nasize imirimo nasize Rusamaza

Rwa Simbura-ngabo ya Baziga

Yahabwirije mu Burisha-mparage.

Agaruka vuba aziha amato

120 Ingabo zinyaga inka z’Umuryaruga

Wavuye i Shara azitera i Shenga.

Izo nka warazimurikiwe Ruvumera-cwa

Rwa Nzindukiy-imbu ya Cyilima

Warazihawe ndazirorerera.

125 Si ubutoni ufite mu Nzugu Kizinduka-mirwa

Ko wahawe ukabahimurira inka.

Ko nasize imirimo nasize ijuru

I Jangwe rya Jabana na Rubazi

Rizarushya ivubiro.

130 Imvura yayihinduye umuvumbi

Igasaba ijya mu byoko

Nsoro abatungije iki ?

Barigize isuku arigira umucyo weza,

Rweza-myambi rwa Nzogera ya Gashorezo

135 Muri Nyakanga iragwa tukeza umuganaho

Urugaryi ntirukwicira.

Uracumita imyaka y’Imana

Ikaruta ibyeshaza.

Ko nasize imirimo ihinanye

Nasize amacumu y’ubwiko

140 Bwikamira-ngoma bwa Makanda ya Batsira

Uwabatsinze mu Banyarwaza

Bacana imizi bakana ubusa.

Nzogera yarahavuye

Batana Rwivugira-nsiri

145 Ko nsize ubwiko buhize

Ubuntu buturuka i Bwami

Rwamagana-Nyabungo

Rwa Nyunga ya Kanyura-nkiga

Yaratwimbitse yanga umugayo.

150 Umwishyo urya warahindukiye

Murahu yabaye Nyamuheshera

Ku isonga ya Murari

Nasize amacumu y’urubyiruko

Rwa Rubyiza-fukuro rwa Fora ya Rubazi

155 Rukitwa ururega rwawe.

Yagira ngeso ki yimye Abanyiginya

Yahawe Cyimpebwe

Cyusa cya Gisama-ngwe

Ni imbyeyi bose abana b’Umwami wawe

160 Mwunguzwa –ngoma wa Murusha-bunguzi

Wa Ndaganiy-abashyitsi ya Nyamashema

Waratubyariye turakunganywa.

Iso ni Mibambwe, mu kurasana ni Ndoli

Ntitumwiba Yuhi dukwiye kumugerwa.

Ko nasize imirimo nasize Nyarume

165 Rwa Mpimye Nzogoro ya Rubazi

Mubonye akarumbura i Nduga

Yayihinduye urugaga rw’amatungo

Aho yatungiye ingoma atunze ate ?

Nta byiza atakoze,

170 Rukorer-abayonga rwa

Mukozi wa Rukora-ngame

Yahabuye ubuntu bwa Rubanda.

Rugira ntiyatubeshye

Mukubona Ruhana-nkamwa

Yimye akarumbura u Rwanda.

Ko nasize imirimo nasize amacumu

175 Y’abarasana baseka

Rusanza-mihana rwa Misakura ya Rutsiro

Abatsinze bapfuruta ubwimba.

Babigira iki Ibigabo

Impundu ya Biraro itaka inyota.

180 Bakina mu nkomati

Abavura ningoga Rukurana-kwesa

Rukatsa rwa Nkwakuzi ya Mbabazi

Iyo banywa Kanywabahizi

Banywesha imihigo.

185 Abantu be arabasagurira Sangwe

Ya Samukuru na Sangoma

Babunywera ku mubira.

Ko nasize imirimo nasize Nzabarara

Ya Rwaza-myambi rwa Mbuz-imyano, ya Muhaya

190 Ahayisha ingabo kuzazishemeza.

Akavuno ko kuzikunda

Nkundwa ya Nyirankomane

Nkindi urakambwira.

Ntizigirwa ingabire n’ingororano

200 Z’abakiri mu iziga

Ruzirikana kuzinduka

Rwa Zirikana ya Busage

Iyumvire umuti yavuje abantu.

Mvano-nsa ya Busage

205 Ntabo atunze ataheraga mu maboko

Abatoni babiri i Bututsi

Bamukamye ingeso.

Ko nasize imirimo nasize umukiko

W’intasi y’i Rukiga

Rukungerwa-ntambara rwa Nyamukungu ya Rubazi

210 N’uwahatanze Tegera rya Nyamatimbo,

Yari akiri mu mitego yabo

Mutara wa Kanyuza

Arayitegereza yanga kumosa.

We nta mwete bamuteye Rutamiriza-shakwe

215 Rutahana-basota rwa Nsoteye ibirwa

ya Nyamashema

Yarabakwaje bari nka Rwamba.

Ni vuba bakizira

Nzira iva i Bugoti bazira Ruhanzi

Nka Bagwe ba Nyiramuyaga.

Ko nasize imirimo, nasize baruhiye inka
ya Njyana

220 Rumenyereza-ndinda rwa Ruvugo

Ni yo ahatanze Rinda rya Gaca-ngeri

Yari akiri ku buhange bwaryo.

Rwesa rwa Musana

Aracyazisenga Rwesa-burega

225 None si ab’urugamba si ab’ibihogo

Birorero ku iriba Birorero mu igaba

Bya Nyirabirago na Bicuba

Rukiza araborora zibashaka iz’imuhana.

Sinaha Mwurire ibitugu

230 Rutangana rwa Nkwiterure ya Mutagera

Ari bugerageze i Muganza.

Bazaguha iza umugongo Yuhi ya Mbabazi,

Isuma ijya i Buriza

Izarorerwa mu butaka.

235 Data nkubarire inkuru

Bakubara i Bwami Abami

Ingoro ya Nkiranye ya Ngame ya Murahu

Ya Rwuhanya igira icumbi.

Ni imyanya ngukesha Mukereza-vuba

240 Wa Rurega rwa Mabega ya Nyiramikiko

Urwo wankunze ruhera kwangishira.

Sinagaye ko wambereye Umwami

Ukaba umutoni unsengera urancyurire.

Ariko karame ntiwadutetereje

245 Mutara wa twese nti utarishize, Yuhi

Nzaguhaya isuku.

Sem comentários:

Enviar um comentário