domingo, 1 de junho de 2008

027. UMWAMI INKA ZIKUNZE

09 MUNYANGANZO


Iki gisigo kiri mu bwoko bw' "Impakanizi". MUNYANGANZO yahimbiye guhimbaza umunsi mukuru wo kwimika Imfizi ya Rwabugili yitwaga "Ntayozisa".

Umwami inka zikunze

Azikura mwo umuganda,

Mugabo utari bugarukanwe

Wa Ngaruyiminyago wa Rubomboza na Nyarume,

005 Ninkabone inka zakundiye Mukobanya

Na Mukiza wa Mwikozi,

Akazivura umukeno.

Iteka ni mwe zikesha amagara Abagabe

Ingabo za Mugaba na Mugambwa akazikenkemura,

010 Zanga ahandi zikagaba iwanyu.

Izi nka Nkoni ya Nkindi

Muratamfura zikeza Umwami

Akaziha abakamyi,

Inkamwa zikemera Abaroba.

015 Ni iminsi muziha injishi ngo zitabahuga,

Amaganya ya Mbazi atubereye imbeho.

Mbaraga ya Mbango arayatuvura

Tubona ubwami bwawe Karume.

Akane katubuza kunama,

020 Imvune ya Mvune itubereye igikindu.

Mikimba ya Mikiko

Ituvura bwangu,

Ingabo y'ingume

Uyihongeye izi nka

025 Ngo zitaguhunga.

Aje kuzima abanyazi Mwimana-ngoma

Wazitunga wazishakiwe kera,

Nka Mirima ya Mweru

Yaziha ba so.

RUGANZU I BWIMBA

Yazibyariye muri uru rugo Bwimba

030 Arenga uwe munani

Ajya gusibya uwa mushiki we,

Ngo ejo atabyara imbonwa

Mbangira ya Mbabazi,

Imana yazereje azibyarira ku Karwa.

035 Ngo iza kurya zize

Zisa n'iza kuno,

Karinga ejo itazamugaya

Ayigondera iminyago.

CYILIMA I RUGWE

Yazibyariye muri uru rugo Bwira-busa

Arenga ibyo ari mwo

040 Arenga iwabo,

Gihamura-nzira cya Karume

Karinga ntiyayimanye na Ngoga.

Uwo mugabo ntiyazambuye amata

Yamushatse inka yahatse,

045 Urakazisasira nka we.

Mwagirwa wa Murahu

Yarengeye Munono,

Urya munsi ahura n'umusaza

Basamburiye Nkuba,

050 N'imyiri y'i Nkuzuzu.

N'iyo akanguye uwo Mushi

Arazivugana zihurira i Karama.

MIBAMBWE SEKARONGORO MUTABAZI

Yazibyariye muri uru rugo Gisanura

Nyirigisare kiri umugani

Ingoma imwigereza ho na we yigereza ho,

055 Ngo ejo itamwishisha arayishokera.

Urugamba rwa Matwari yatwaranira ho

Bitondo akarutabarura.

Yatabarutse icumu rye ryatukuye

N'ibitsike byatukuye.

060 Se ati: indoro zigukoze

Nyamakuka ya Rukuge,

Ntitwarenganye ingoma nzayiguha.

Yuhi II GAHIMA

Yazibyariye muri uru rugo Mirango

Igihe akirara iswa

Na we se i muhira,

065 Arabyitegeka kuzazimuraga.

Uwazimiranye Kibamba

Azaragwa igihugu Gitura-nkiga,

Nkindi azabaza iza Mugera-nzu.

NDAHIRO CYAMATARE

Yazibyariye muri uru rugo Ngiye- nk'Abahizi

Ya Muhizi wa Mudahakana

070 Warasana arwanira ingoma.

Agendera ko

Uwagabanye inka ga ni uwo Mugambwa,

Uwarwanye ubwo kuzigura

Arakazihambya uzigire.

RUGANZU II NDOLI

Yazibyarira muri uru rugo Muzigirwa wa Kizige

075 Azinduka ava i Buhinda

Ahindurana yo icumu ridakirwa,

Mudakirwa araryikorana

Kurimbura inzigo.

Mudakirwa wa Rweru ati: nje kubunga.

080 Umva icyo kirara

Cyabyaye Karinga ho uburiza,

Biraro abwira abana

Ati: muraheteshe iyo ngoma.

MUTARA I SEMUGESHI

Yazibyarira muri uru rugo

Jembe rya Nyiramavugo

085 Wokeraga Kigasari,

Uwabuzaga Rwuma

Ngo ejo n'u Bungwe butabura,

Muhana-nkamwa ataburazwe

Akabwiraga atyo.

KIGELI II NYAMUHESHERA

Yazibyarira muri uru rugo

090 Mbyayingabo ya Mwamugaba

Kigeli cya Nsoro

Uwakubukanye inka z'amahugu yose

Mahame ya Ruhamya

Arazicyura ku Kamonyi.

MIBAMBWE II GISANURA

Yazibyarira muri uru rugo

095 Nkubiri ya Nkubito

Wakubita ya nzovu akayikungagiza.

Nkushya yadukuriye inyamaswa mu gihugu

Nzego akayidukungagiza mwo.

YUHI III MAZIMPAKA

Yazibyarira muri uru rugo

Muhabwa wa Munyamuhango wacu

100 Mucikirwa azicaniye i Mwurire,

Arinda Ntare

Arivuga Rusatsi.

CYILIMA II RUJUGIRA

Yazibyarira mri uru rugo

Rumeza Rumerera-mpunga

Ati : mpa ingabo ingoma imbone.

105 Urya munsi agarutsa inka z'i Nkanda,

Nkumburwa ya Murahu

Yazivugiye imbere.

KIGELI III NDABARASA

Yazibyarira muri uru rugo

Rubanga-muheto

Ruhetura inkiko zose,

110 Nzeyingoma ya Muzigirwa

Uwo Ngabo-nzima akundiye inka yoroye,

Mutazigwa wa Nzego uzimutetururire.

MIBAMBWE III SENTABYO

Yazibyarira muri uru rugo

Rukonya akora byombi

Abyagiza inka n'ingoma,

115 Ngo aretse amabega

Aziguye aba bantu yacungura

Bicano bya Muca-nzigo,

Ati: ndabimbuye.

YUHI IV GAHINDIRO

Yazibyarira muri uru rugo

Mutanuza wa Birorero bya Rukuge

120 Wazikuye kure Nkuyabarekezi,

Iyo atekereje ko ajya i Ndorwa

Ndamira ntasibe kunyaga,

Zikaserera u Rwanda.

MUTARA II RWOGERA

Yazibyarira muri uru rugo

Nyirurugo uyu

125 Rugwiza-minyago rwa Baragana,

Waragiraga ingoma za Nzimiye

Inka z'Abase n'ingoma z'Abagesera,

Arazicyura Cyusa

Azubakira ino.

130 Cya gihugu cy'abandi,

Tubona umuhungu we

Aracyubatse Kigeli.

Yazibyarira muri uru rugo

Katabyagira yenda ingabo ze

Yenda ingoma ze,

135 Tumuvuna ari imbere

Mvanutse ya Gasogo,

Yasirimbyaga ingoma ku iriba.

Umva iyo nkuba yaruhaye

Izo ngoma yazeretse ubukuba,

140 Nkubira ya Nkomera

Uraje nka we,

Na we uzibyarije umuheto.

Muheta-rugendo wa Mudahakana

Wazihawe kare,

145 Uziteye inkingi.

Wazambariye inkindi

Nkiranyi ya Bitondo urakazitunga,

Wazitunga wazishakiwe na babiri.

Sem comentários:

Enviar um comentário