domingo, 1 de junho de 2008

020. NTAMBIRE INGOMA

06 KIBARAKE

Iki gisigo kiri mu bwoko bw' "Ikobyo". KIBARAKE yagituye Umwami Mutara II Rwogera amubwira ko kubera sabukuru, atashoboye kugera i Bwami kare ngo atambe ineza yuko u Rwanda rwatsinze u Burundi ndetse n'iminyago myinshi yavuye mu Gisaka.

Ntambire ingoma

Ikuye iz'ahandi,

Batambira b'ingoma

Ya Ndimugicu ya Mikore

05 Irazikuye Rugira rwa Mirago.

Bakunga b'inzigo ya Mudacubangana,

Bagacikiza inzigo.

Umva Bakwiye bikwizaga ay'indekwe,

Inkiko yashyamye

10 Bagaca inkamba i Rusagara

Umusaya ugasongera umunega.

Ntibasimbuke abahizi,

Mu Nyumba ntibijanwa

Ubwo barahirira inkiko y'i Bugande,

15 Rukabagwira urugogwe.

Ye Bukombe bw'inkangura

Bikababara impfira-kibira,

Mugeni w'impumbya

Nibaguhe impundu abahungu,

20 Rwimpembyi n'impinga ya Buhoro

Duhorane Imana Musekera .

Muzenga ize izihe Rwanika-ndaro,

Iwabo wa Shyanda

Ishyira ryambaye Nyesonga,

25 Rubyutsa-bashotsi yangize

Ngo nintambe ineza,

None abyariye inka umugabo.

Umugeni wa Mikore

Muka Rweru nyina Rwivuga-bigwi.

30 Ngo ukomeje imijisho

Nibacishwe ingoma abanzi,

N'iryo fato ntirizava

Ni inkatare Matungo,

Aho yatuye haragutungira kurusha.

35 Iyo mihana ni yo yaduhiraga

Tuyihayane na Rwingwe,

N'abatwigera barakanyagiza ingoma.

None duterekeye inka

Imfizi ya Mikore,

40 Ubukuru irabwigasiye Bukombe-buzima.

Sinasazana ikimbaye

Narabanje Rukuge,

Mfite ay'urukundo

Iwa Rukanira-muheto.

45 Sinatashye ukoze icumu

We Mucana-ku iriba wa Mbabazi,

Nta bwo nabura icyoto i Cyitwa-mpundu.

Sinatashye uri mu ishyaka

Nashyizwe mu ziko n'abakungomwa,

50 Inzira imbera uruguma.

None aho ufatiye imicyuro

Musangwa wa Musabwa,

Ndabasamira ugasanya amakombe.

Nunvise ubwuzu bunyesa

55 Ngo ubwo wizihiwe n'amashyo ya bose,

Ubazunguye amagana.

Nguyu Kizinduka nagutashyaga

Abagaba b'i Tamba-nguge mwese,

Ngo: uragatunga Mugesera.

60 Jyewe ho nkumbuye urushya n'amashyo

N'injyishywa y'abahungu

Ba Bwanga-kugarama na Bwanga-cumu,

Ducunguranye Mirinzi ya Mirishyo.

Mirimo ni we waduhekeraga,

65 Nyiri inka izi

Nayeshe ndi mutoya i Rutangira-ngenzi.

Nari nkumbuye inzoga iri ho umuheha,

Na Nzogera na Nzobikeye

Nyitamiriye ngataha kumuhaya.

70 Yakikizwa n'abamukwiye bukaba ijuru

Ngatarama imyato,

Nka Jabo rya Misakura.

Ndi umutwe mu b'ingenzi

Ndi icyegera mu b'imbere,

75 Nizaramuka imbabazi zaje,

Rugira irampaka nka bo.

Sem comentários:

Enviar um comentário