013 GAHURIRO
Iki gisigo kiri mu bwoko bw' " Impakanizi". Nacyo yagituye Umwami Rudahigwa amwifuriza ishya n’ihirwe ku ngoma ye.
Nungutse ijambo ry' Umwami
Mvano-nsa ya Nyirabuhatsi itavaho,
Nibuka n'uko azimika Umwami Mwagirwa
Yaramuka yamugabiye nkazamuramya.
005 Nta gihe rushira mwo "umugiga"
Mugandura-mbuga wa Mugaba
Nta we uzagaya ijambo ryawe.
Urya munsi w'ubukorikori
Mukora-buta wa Mukora-ntambara wa Ntantu,
010 Intambwe yasumbye intaho
Intambara yavutse i muhira.
Mudahinyuka yirasanira
Abantu twenda kurigita.
Jye nabonye mwo urugero ruri mwo amageza,
015 Mugereranya-nshotsi wa Shorera
Ati: jyewe ndabyishoborera.
Sinagaya uhawe, Mugabwa-ngoma
Umugome agoka azakwigera.
Ugeruza amahanga, ugeruza n'ababisha
020 Mudahinyuka wa Mwikozi,
Ukora ibintu turora.
RUGANZU I BWIMBA
Gira inka Bwimba
Wagize ubwenge uvanga ubwira
Wimura i Gisaka kwa Kimenyi,
Ntibaragasanganwa umugeni wawe.
025 Ni byo bikurakaje Ndoba witanze,
Nzigw-ihora ya Muhanyi
Ahakana ubwo buntu.
Ni uko mukunda ingoma
Abagabe b'i Gasabo,
030 Muzikunda akarusho.
Uretse no kuyitiza Karinga
Nta n'uwabaguranira ngo yabaha indi.
Iye Mana ni Yo yawe Muhinda
Iyaguhaye irakakwimika ugume,
035 Kabe mu nka umu zitakuruha
Na we ntukaziruhe
Ni cyo wazishakiraga.
CYILIMA I RUGWE
na KIGELI MUKOBANYA
Gira inka Cyusa
Waca igihugu mwo ikibi kabiri
Nyiri urugendo rwatuvira mwo abageni babiri,
040 Batubyarira Umugabe
Umugome yagomeye i Muranda,
Amurandurana n'imizi.
Mutavuka wa Mwikozi
Avura se ubusaza,
045 Akundisha abana ababyeyi babo,
Musabwa wa Rusaza
Abigisha urugero rwiza.
Iye Mana ni Yo yawe Muhinda
Iyaguhaye irakwimika ugume,
050 Kabe mu nka umu zitakuruha
Na we ntukaziruhe,
Ni cyo wazishakiraga.
MIBAMBWE SEKARONGORO MUTABAZI
Gira inka Mutukuza-ndoro
Ufukure imbuga mu mbone
Mbogoye u Rwanda ya Rubazi
055 Abariwe ko urugamba ruri kure,
Ararusanganira ubwo.
Arwanira ku giti cyera inzoga
Nzogerirenga ya Muhanyi,
Arwaniye ingoma agororerwa ingoma.
060 Iye Mana ni Yo yawe Muhinda
Iyaguhaye irakakwimika ugume.
Kabe mu nka umu zitakuruha
Na we kandi ntukaziruhe,
Ni cyo wazishakiraga.
YUHI II GAHIMA
Gira inka Muzerwa
065 Wazerwa iki gihugu
Uziko uzaba Nyiracyo.
I Muhira bakwiyamye
Ngo bagendere kure,
Tukwitira ko igicibwa
070 Tutazi imico y'i Bwami,
Na we so arabyitega kuzazikuraga.
Iye Mana ni Yo yawe Muhinda
Iyaguhaye irakakwimika ugume,
Kabe mu nka umu zitakuruha
075 Na we kandi ntukaziruhe,
Ni cyo wazishakiraga.
NDAHIRO CYAMATARE
Gira inka Ndahiro
Ukwiye kuzigira, ingoma
Zakuraje mu makirwe,
Ziguhitisha mwo amata n'amagara,
080 I Magamba ntiwagamburuye ku rya mbere.
Udusezeranira n'Umukiza
Na we ntiyakiranirwa na hato,
Turi mu byago tubona araje
Abyagiza inka n'ingoma.
085 Abagome barapfa
Mirego abahinga ubudehe.
Iye Mana ni Yo yawe Muhinda
Iyaguhaye irakakwimika ugume,
Kabe mu nka umu zitakuruha
090 Na we ntukaziruhe,
Ni cyo wazishakiraga.
RUGANZU II NDOLI
Gira inka Rubanguka
Wamenye urubaye ukavuna u Rwanda
Usanga turi mu makuba ameze nk'urukubo,
Rukiranya-nkiga rwa Nkingi
095 Aho uziye urakiranura ibintu.
Tuguha impundu na we uziduha
Inyana zirabira n'abana bararira,
Bitangaza abantu babibona.
Abami mujya mukunda guhakwa n'ingoma
100 Mukaba Imana mukaturema,
Igitangaza wakoze ni icyo.
Iye Mana ni Yo yawe Muhinda
Iyaguhaye irakakwimika ugume.
Kabe mu nka umu zitakuruha
105 Na we ntukaziruhe,
Ni cyo wazishakiraga.
MUTARA I SEMUGESHI
Gira inka Muhirwa
Wahirwa n'izo so akuraze
Unyaga imbuga zombi,
Ugarura u Bungwe
110 Umva uwo Rudahigwa musangiye kuba Mutara,
Ntarushwa ubutwari,
Uragatabaruka nka we.
Iye Mana ni Yo yawe Muhinda
Iyaguhaye irakakwimika ugume.
115 Kabe mu nka zitakuruha
Na we ntuziruhe,
Ni cyo wazishakiraga.
KIGELI II NYAMUHESHERA
Gira inka Mugambwa
Washize umugayo mu gihugu
Unyaga iz'i Gishari,
120 Ugarura ubwo bwoko
Ubwoba ntiburakakwegera umubiri,
Ntibangiriye kuzizana.
Wishe n'uwibuze witwa inkeho
Inyuma y'Itabire ntibaragatabara.
125 Iye Mana ni Yo yawe Muhinda
Iyaguhaye irakakwimika ugume.
Kabe mu nka umu zitakuruha
Na we ntukaziruhe,
Ni cyo wazishakiraga.
MIBAMBWE II GISANURA
Gira inka Shinga
130 Washingiraga intare inkoni mu bitugu,
Iratembagara i Bwanamukari,
U Burundi burayiha akamo
Ngo ihabonye umurwano.
N'uko Mutarugwabiza
135 Bene Birari bya Biraro,
Mukarurarira ijabiro.
Iye Mana ni Yo yawe Muhinda
Iyaguhaye irakakwimika ugume.
Kabe mu nka umu zitakuruha
140 Na we ntukaziruhe,
Ni cyo wazishakiraga.
YUHI III MAZIMPAKA
Gira inka Muhizi
Wahimbiraga abasizi ibisigo
Ngo bitazava mu gihugu,
Ubyuka wica Gitontoka,
145 Ubonye inkarwe ugema mu rwano,
U Rwanda ntirurabura kugira akamaro.
Karinga nta bwo izabagaya ndabihakanye.
Iye Mana ni Yo yawe Muhinda
Iyaguhaye irakakwimika ugume.
150 Kabe mu nka umu zitakuruha
Na we ntukaziruhe,
Ni cyo wazishakiraga.
CYILIMA II RUJUGIRA
Gira inka Mushira-mpuhwe
Wahabwa impundu uva i Bugenda
Kuhashaka umurwano,
155 Urakazwa n'uko bakwiciye
Na we ukabicira.
Uti: abacumuye ni aba, nzabica cyane.
Ugarura Nkanda upfakaza Karyenda.
Kera mwubahirwaga imiheto.
160 Nk'aha iyo intore zitera hamwe,
Tuba twimikiye Kanyarwanda
Urubibi rukaba i Buziga-nzu.
Iye Mana ni Yo yawe Muhinda
Iyaguhaye irakakwimika ugume.
165 Kabe mu nka umu zitakuruha
Na we ntukaziruhe,
Ni cyo wazishakiraga.
KIGELI III NDABARASA
Gira inka Mitanago
Umutinzi w'amateme mu gitondo,
Utanguranwa gutabara.
170 I Burori warahigaruriye
Babonye uzanganiye urugamba,
Abasanganywe ubwenge baguharira amagana,
Ubatungisha amagara.
Iye Mana ni Yo yawe Muhinda
175 Iyaguhaye irakakwimika ugume.
Kabe mu nka umu zitakuruha
Na we ntukaziruhe,
Ni cyo wazikiraga.
MIBAMBWE III SENTABYO
Gira inka Nyirinka izi
Wadukingiye ingabo ingana urutare,
180 Mutagisha wa Mwikozi uradutabarira.
Usezera ku bo mwari kumwe,
Uti: mpakanye umuze Muzigirwa
Ndigendeye ncunguye abantu banjye.
Iye Mana ni Yo yawe Muhinda
185 Iyaguhaye irakakwimika ugume.
Kabe mu nka umu zitakuruha
Na we ntukaziruhe,
Ni cyo wazishakiraga.
YUHI IV GAHINDIRO
Gira inka Mwami w' imbuga
Utarusha amatungo umuyoboke,
190 Giturumbya cya Kizinduka, murazinganya.
Wanyaze inka i Mukinja
Usubira iz'i Muti-nkokore,
Amacumu y'Amashi yose ukomeraho.
Iye Mana ni Yo yawe Muhinda
195 Iyaguhaye irakakwimika ugume.
Kabe mu nka umu zitakuruha
Na we ntukaziruhe,
Ni cyo wazishakiraga.
MUTARA II RWOGERA
Gira inka Mwama-kare
Wa Muganwa na Biraro
200 Muraranye ijabiro,
Harya ijambo wari urizi
Muca urwo rubanza,
Uti: nta we udahorera uwe.
Bucya tuzana ingororano,
205 Ingoma ijya ku nama
Iti: ntanze Rukurura.
Dukubana tuzana inka zabo
Abagesera ntibarwanye barakuyoboka.
Iye Mana ni Yo yawe Muhinda
210 Iyaguhaye irakakwimika ugume.
Kabe mu nka umu zitakuruha
Na we ntukaziruhe,
Ni cyo wazishakiraga.
KIGELI IV RWABUGILI
Gira inka Muhora-rugendo
Wagize amavugo uvanga amarora,
215 Ubonerera ingoma n'ingabo,
Mu
Uti: Rubanda nimundebe
Ngiye kubahaza iminyago.
Dutanguranwa ku rugamba
220 Twaraye mu ruganda,
Tugira ngo utatwunurira
Twanga umugayo wawe.
Iye Mana ni Yo yawe Muhinda
Iyaguhaye irakakwimika ugume.
225 Kabe mu nka umu zitakuruha
Na we ntukaziruhe,
Ni cyo wazishakiraga.
YUHI V MUSINGA na
MUTARA III RUDAHIGWA
Gira inka Muhirwa
Wahiriwe kare waba Imana
Imbabazi z'ingoma ni zo zikiguhagaritse
230 Musabwa wa Rusaza
Uragasazana ingoma zawe.
Ni cyo gituma warabyaye umwana muzima
Akitwa ingongo
Ingoma ziramukwiye
235 Ni umwana wa Yuhi araduhimbaye.
Ni urubanza rw'ibibanza by'Abami
B'Inkiga biraburana imihigo.
Rurabanza u Rukari Rw'i Bwami
Ngo: ko nicaranye n'igikaka
240 Impamvu yo kwegurirwa ingoma n'ingabo
Ngira n'ingoro yera umubiri
Irabonerana hose.
Ndi inzu y'i Bwami
Ngira n'amavugo meza
245 Muzamvumbe navunyije
Mberetse urugero rwanjye.
Urakishyuka twishyukane Nyiringoma,
Kurya uri umugabe wabyawe na Yuhi
Uganza nka Kigeli.
Sem comentários:
Enviar um comentário