010 NGURUSU
Iki gisigo kiri mu bwoko bw' "Ibyanzu". Uyu musizi aho amariye kubona ko mu gisigo cya mbere hari mwo ibyagawe, yahimbye iki cya kabiri cyo gukosora ahakirizwa.
Ndi umuyoboke w'Abami
Ba Gitarama na Gitambi,
I Gishyami na Mwuhizwa-shyaka.
Ubuhoro twahanywe i Ruhanga na
05 Ruhanwa-mbazi,
I Cyirubaya ha Cyera-bagenzi.
Nabona aho igihugu gishira igishyika
Bashyikirizwa b'ingemu ba Rugaba,
Baganje kare ndahwisha.
Ngo nkanguke ndazitera,
10 Mbona igihugu cyose
Kirasa n'igihawe ingoma,
Ngo kiyime.
Urantege amatwi Bugabo
Nkubwire Rugera-jabiro rwa Gisamirwa
Yazisagirije Ruyenzi,
15 Yakigendanye n'urubyaro
Kiba igihugu
Kirenga uko yakeretse na Mukambwe we.
Urantege amatwi Bugabo
Nkubwire umunsi Umugabe
Ahamagara Umugabo,
Akamuraga ingoma
20 Ati: ingoma si ubwirukiro.
Yakugombye intanga y'igihugu
Ikugomba n'umutambo wacyo,
Yemera byombi Mumbi w'ingoma
Ati : sinagira kuyibwa ngo nyitinyirire.
25 Ngiye ntiroye urubyaro
Yashatse iminyago,
Yubuwe na Kiranduka
Aho atsibukiye ingoma y'i Karagwe,
Iti : jya guhora.
Urantege amatwi Bugabo
Nkubwire amateka y'Abami
30 Nkubwire Mushatsi
Maboko akorera ingoma,
Nyiri inkuba zakuraga ibikuba
Biri i Bukuba-mbisi,
Bakobye ngo bakunda agahama.
Urantege amatwi Bugabo
Nkubwire amateka y'Abami
35 Nkubwire Muhirwa,
Muhuruzi Nyir-igihugu
Yaza Umwami w'i Gomba-mambo.
Kiramba kirangirwa
Cyiramburaga mwo ikimara,
40 Ikijya guhira ingoma icyishaka mwo.
Na we uwabuze inda ye nka Mutaga
Nimumurore yasize ingoma ze,
Ari mu mwonga
Rugina yiraba inono.
Urantege amatwi Bugabo
Nkubwire amateka y'Abami
45 Nkubwire Rubarira-kwesa
Rwa Miramagwe ya Mirama,
Nyakwibarira yarinda ishyamba.
Yakubukanye iz'i Bukunzi
Ziba inzeru na zo,
50 Akuye inka mu mago
Rugina irazishima.
Iyo ni ya ntorezo wansibyaga
Mbabazi wayikura ntayihawe,
Kujya gutashya ibihuru
55 Uragiriwe n' "Iyambere" ntarengana.
Sinari rubanda mu rundi
I Rubandama-nkobe rwa Nyakirama
na Kinywa-jana,
Ijoro rya nyabashyitsi
Uzasegure Ruhingo muhirane,
60 Nka Kigeli na Cyilima
Ingoma yagira imbaga.
Sem comentários:
Enviar um comentário