domingo, 1 de junho de 2008

026. BAMBARIYE INKURU, NKOMATI

09 MUNYANGANZO

Iki gisigo kiri mu bwoko bw' "Impakanizi". Kigamije guhoza Umwami Rwabugili umubabaro yari amaze guterwa n'icyorezo Ingabo ze zari zimaze kugirira mu ntambara yo mu Bunyabungo, ahitwa ku Buntu-buzindu.

Bambariye inkuru Nkomati

Ya Nkoreza ya Mbabazi,

Bayimbwiye ndunama

Nunamurwa n'uko utabarutse,

005 Mutega wa Muhanyi

Ndunamuka mba muzima.

Ni iteka ntiguranura

Ingoma ya Ngozi ya Mbabazi,

Abo itabaje barayivira.

010 Wigira ishavu

Nta shyano tugushije,

Uratsinze ubwo utabarutse

Hatsinze twebwe.

Ishyano rigushije abanyamahanga

015 Bo bahiganye inzigo

N'Umwami wa Nzihira ya Ruziga,

Inzigo y'amakeba iramba mu nda.

Izamarwa no kuhatsinda ga Mitsindo

Uratsinze ubwo utabarutse,

020 Ingoma iganje abagome.

RUGANZU I BWIMBA

Wibabara Mbabazi ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Mugabwa-mbere habanje

Mugaya-mpunzi wa Noroye,

Arakarenga akarwa

Atabaza i Gisaka.

025 Ajyana ko imitwe yatoye

Mutanga-nkamwa wa Bitondo

Arazitabaza zirahagwa.

CYILIMA I RUGWE

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Gisamirwa, habanza Rusaza

Rwa Bisu na Rufutukura,

030 Uwayigendeye akayironkera umugisha.

Azana nyina wa Rukondo

Kubyara Rukabuza

I Rukiga rwa Muhanyi,

Ingoma ayibera nka Mukozi.

KIGELI I MUKOBANYA

Wibabara Mbabazi

Ugize k'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

035 Muganza-mbere habanza Mugambwa

Wa Mugorozi wa Muganwa na Mugabwa,

Aranawubanga umuheto

Arwanira se mu rwangano.

Rwenga rwa Rumoso

040 Rusaza arahamuzamura,

Azamurira ko na Munono

Munanira wa Runyagirwa,

Wirwaniriye iyi ngoma.

Ahiganira Karinga ngo ayihigurwe

045 Muhanyi wa Rusaza

Ingoma ayihabwa na Rugogwe.

MIBAMBWE SEKARONGORO MUTABAZI

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa Ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Ruvumbi mbere habanje Ruvusha

Rwa Vuningoma ya Mvukij-abayonga ya Kavunwa,

Karume ayitegeye indoro urwasha.

050 Ruyege ayirabiye inkurwe mu maso

Karinga ka Muhanyi,

Iti: muramungororere.

Mutabazi ko yigiriye ku rugamba,

Ruganza-bashi arwanira ingoma

055 Wababara iki ?

YUHI II GAHIMA

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Mutagera, mbere habanje

Mugera-shyaka wa Mutarambirwa,

Arazitora Ingabo Amasura-ntambara.

Zitungwa n'injyishywa mweru

060 Zibera ko indushyi.

Wibabara utsindiye ingoma

Wa Mugabo we.

NDAHIRO CYAMATARE

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Mutagera, mbere habanje Mutigomwa,

Ateza i Butara

065 Atekereza n'ingabo ze Abaterekwa-nzoga,

Ati: muze dutere

Dutambamire igihugu,

Muzinga-ndekezi wa Ndahise

N'imbaga yajyanye baratabarana.

070 Weho ga twakunamuriwe

N'Iyaremye, Rusaza rwa Muhanyi,

Ingoma zihawe imirishyo ino.

RUGANZU II NDOLI

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Rugimba-nshuro, habanje Rugimba-nzira

Rwa Nzihira ya Rwibizinzo,

075 Wazanywe no kwubura u Rwanda.

Yasanze igihugu cyunamye

Agitangirira imuhero,

Muhanyi wa Muhandushyi

Aratuzamura turahava.

MUTARA I SEMUGESHI

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

080 Mushikuza-mbere habanje

Murwanira-nshuti wa Nshikamiy-ibihugu

Wa Buhungiro bwa Mudahakana,

Ibihugu yabigaruye Nyangabo.

Yica Rubuga aramwivugana

085 Mivuno ya Kavunwa aramwica,

Ingoma iramwambara vuba.

KIGELI II NYAMUHESHERA

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Mwunguzi, habanje Mwikozi

Wa Nkoreza ya Rukuge,

090 Urukiga yarunyaze Rukobera-ngabo

Ahagira ingaru

Ngabo ya Mwikozi arahatuzanira.

MIBAMBWE II GISANURA

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Bitondo, mbere habanje

Mitego ya Nteguye i Nduga

095 Ya Ndagano ya Ndahise,

Induga ayunguye imirwa Cyungura-mirwa.

Rubanda bucya turwanira ingoma,

Ngabo ya Mwikozi

Ingoma igwira abantu.

YUHI III MAZIMPAKA

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

100 Mutanguranwa-ruge, mbere habanje

Mutanguranwa-bugabo

Umwami watanga Ntare,

Amutanya n'ingoma ye

Amutegeka ko adatura i Bugenda.

105 Mugandura wa Bicuba

Bicuba yicira kure,

Yivuga Rusatsi.

Amahanga bucya muyambura Abami

Amakeba ntabubakana,

110 Muyicira kumarira.

CYILIMA II RUJUGURA

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Mutanga-nkamwa, mbere habanje

Mutanga-mbaga,

Wa Mbogoy-ingoma ya Mbabazi

Imbaga ye ayimirije imbere.

115 Mutaga we yatwiciye itabarwa

Bicuba bya Bicano

Arayimucuza Karyenda.

Ari ko mutuye iteka

Bene Mwenda-ngume wa Bitondo,

120 Agabira mu itabaro.

Utabaruka rimwe, utabarije irindi

Bitero bya Mwitumyi,

Utumye intambara kure.

KIGELI III NDABARASA

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Bizinzo, mbere habanje Ruziga

125 Rwa Nzihira ya Rwibizinzo,

Wazimya inteko i Burora

Ntekeye-u-Rwanda.

Abahinza kandi b'i Burora

Bimye ubukaga,

130 Rukiga rwa Muhanyi

Arabatugangahurira.

Nta ngoma y'i Burora atapfakaje

Ahora apfunya amakeba,

Mukiga yabaganje

135 Abapfunyira rimwe.

MIBAMBWE III SENTABYO

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo

Mutunga-nkamwa, mbere habanje

Mutanga-mashyo,

Wa Shyira-mbere rya Shyerezo

Ishyari yararinyaze.

140 Muganza wa Ngabo

Ingoma bucya muyereka imigogo,

Ngabo ya Mwikozi

Ingoma igwirwa ityo.

YUHI IV GAHINDIRO

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Mugarura, mbere habanje

145 Ngaruy-iminyago ya Runyagirwa,

Wanyaga ateye Karinda

Muramira amaze kwivuga uwo Muhinza,

Muhanyi wa Rusaza

Avunya ingabo.

150 Buhabiro agabye ingabo i Bugenda

Bagiriye intambara ku Muharuro,

Mudahakana yunamutse aragenda

Baganza batyo Abami ba Rumeza,

Muhanyi, ingoma igahongerwa abantu.

MUTARA II RWOGERA

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aho ko byagenze bityo

Hagatabara abagabo.

155 Munanira, mbere habanje

So wakubyaye,

Ahungura n'andi mahanga

N'ingoma y'amakeba,

Ayigira umwiri Rukurura.

160 Kwa Bazimya bari bagomye nk'abo

Kimenyi ahora arwana,

Ngozi akamwambura ingoma.

KIGELI IV RWABUGIlI

Rubamba-mushi, wabanza na we,

Ingoma ikugomba akaruhije

165 Iti: Nyirankow-amashyo,

Ni we waba akamazi.

Umugurana Ingoma Kamara-buzima

Ka Kavubika na Kavunwa,

Uvuna igihugu cyacu

170 Ishira uburakari Mugeyo.

Ingoma nta we uyitinyira

Igwira benshi Karinga,

Nta we uzanga kunayigwira Ingoma iyi

Ni uko batsinda Abami

175 Ba Ntsindiy-ingoma,

Ba Ntsinz-abanyoro

Ba Ntsinz-abayonga ya Runyagirwa,

Barwaniye Nyamurwana iyi.

Barwana batyo Abami ba Rumeza

180 Barwaniye ingoma,

Bicirwa abagabo.

Buhabiro aho kubabara

Uhugure umutima,

Utangire Rubanda rudatemba

185 Uwasize umwana umurere,

Uwapfuye atarabyara

Afite umuryango uwurere,

Urebe ngo urakenya uwakwangaga.

Makiriro ya Rumeza

190 Ukamwivuga ku musibo, mu kibi

Ndishyutse twishyukanye,

Shyira-mbere, simbabaye waje

Tuzatsinda abagome.

Sem comentários:

Enviar um comentário