03 BAGOROZI
Iki gisigo kiri mu bwoko bw’ “Ikobyo”. Kigamije gukomeza amateka y’iyi ntambara hagati y’u Rwanda n’u Burundi ndetse n’i Gisaka. Kirahamya ko u Burundi bugiye gutsindwa, hanyuma iminyago ya bwo ikazamurikirwa Cyilima i Runyinya, kuri uwo musozi yari atuye ho icyo gihe cy’ intambara. Yahise ahindura n’iryo zina. Runyinya ihinduka Mwurire, imwe iri hafi ya Paruwasi ya Save. Kiranaburira Kimenyi IV Getura, umwami w’ i Gisaka, ko urwishe u Burundi rutamwibagiwe.
Nigabe mu ruganda,
Rugambirira-bagabo
Rwa Ngoboka ya Rwango-ruke,
Yaragiye kugoroza.
005 Ngaho barayatyaza amugi y’ibicaniro,
Sinasiba kuhajya.
Muzi n’uko agora umugambi nk’uw’ingabo,
Mugabo nka nde wa Mugandura
Wa Nkuba ya Mugaga wa Bwagiro
010 Nkaba umwambari.
Uzambaze no mu rwangano,
Rwesa rwa Musana wa Cyilima
Ndayirinda imigorora.
Nzindukira mu Baheshi n’iminega,
015 Ba Miragirano ya Nyiramiragwe,
Abaramura bari mu cyambiko.
Ngaho barakarambuye,
Iryiciye mu Bugira-condo bwa Kayumbu.
Muzi ko umukamyi w’urume rwa Rumeza,
020 Rwa Mirishyo ya Nyabareshya
Atajya gutendwa ku iriba.
Yazirikana amato
Y’inka za Murahu,
Yatamiriye i Bungwe.
025 Muzi n’uko agira n’ibyambu byinshi
Byunzwe bya Bicuba,
Ngira inkozi twembi na Nzogera.
Turi n’uruti ruzabakenya ubugingo,
Ndaje kumubarira inka
030 Agororewe n’Abami benshi,
Bo ku Rwamanyege
Rwa Rukundo na Nyirarukoro,
Mu Buyenzi no mu Nzogoro
Nzogera ya Kamina ka Nyonga arahagutasuye.
035 Yahitiza inshuti iba intati,
I Taba rya Kamagari
I Kanyura-nsuri yahagerereza.
Iz’i Ruseke na Rusake na Rusamaza zigahera
Uzishingwa n’abashinga Rugina
040 Jye ndakwe iyi mbari.
Nangwa zizaza mwo ab’ingori n’ingoma,
Rugabira rwa Nyiramugana wa Mutima
Ararorerwa mu butaka.
Imirambi iva inyuma y’iziva ruguru,
045 Runyinya yaje,
Gatovu izashira inyovi.
Zirahari ni nyinshi
Hari iz’i Rukaba-mazinga,
Rukengerwa-jabiro rwa Nyamukungi ya Rubazi,
050 Arimuza Rumuri kwa Rumeza.
Erega Kimenyi itegure
Kirari cya Kirasana yaje,
Iyo nzira izaba bugufi.
Zirahari ni nyinshi,
055 Hari iz’i Bugurwa-nzoga bwa Kiganda
Mu Bugororerwa-ntozo, zizaza n’iza mbere ye,
Ubwo akurikiye abanzi
Ba Rweza-mariba Rwenda minyago.
Hazaba ibirori
060 Aturiye ibyambu byose,
Rwa Mabaro ya Nyirabatamba
Bamwitega i Jabana.
U Buriza buraranye inka n’ingoma
Ajya guha inka amazi.
065 Ngozi ya Maza ya Mabega,
Bakubakiye ibibanza byinshi ba so Abami
Birago bya Ndagano ya Nkomane,
Urageza no ku mwaro wa Nzaratsi.
Kibaga sinyaka ingabo
070 Kimenyi cya Kirasana,
Wenda Mugano iritwe ijabiro.
Urumve sinkwimuye
I Buziga-nyana bwa Mabara,
Singaye gutambana Kanazi.
075 Uransubize n’i Mahembe
Uzogarukire ku mutwe wa Rwabageni,
Mu Rwera-nganzo.
Izanjye ngororano azazimpa,
Nta rwango mwisha
080 Azi ko dusangiye inzigo.
Ruzigura-nkiga rwa Nyirabazima na Mpibizinzo
Ntancikanye Bicu bya Bacanzigo.
Ko ansengera ncyihoreye,
Ko yandemaje
085 Ko agaba ngacyura, Cyusa,
Namugaye iki ?
Ko navugiye gukizwa imbeho n’imvura,
Nkaba Ruvuganira-busoro
Rwa Muvunyi wa Sanzire
090 Ko yangiye ishingwe.
Ko nashatse nkaba Mabega ya Kibarasa
Angirira ubuntu.
Bona n’iyo agiye ruguru,
Rugondo rwa Nyiramugina na Mutegera
100 Na ko ndabwirika nkarorera akaza.
Yaza ajya i Kambere,
Mbere ivuna ingoma
Yavunya intwari ngatumbira i Jabiro.
Nkwiraga nzi ko uri intare
105 Ntaho y’icyoga,
Ya Ntangiriyimpongano ya Nyirantege,
Ntare ya Cyica-mugoyi urandagirire.
Nkwisukira kandi nzi ko uri ijuru,
Jabiro rya Kamena
110 Umukunzi atuma umututsi ubujogo
Ye Muhabura w’inka n’ingoma,
I Nyamikobe ya Mibuga
Tujisha zigatetsa.
Zakubona ntizihigime Muhabura
115 Ishavu rikimuka,
I Joma rya Nyabagabo.
Sem comentários:
Enviar um comentário