domingo, 1 de junho de 2008

008. IMINSI MYIZA IRASA

03 BAGOROZI

Iki gisigo kiri mu bwoko bw’ « Ikobyo ». BAGOROZI yagituye Umwami Cyilima Rujugira. Kiributsa urupfu rw’Umwami w’u Burundi Mutaga wa III Sebitungwa. Bikaba inkuru nziza ku Rwanda kuko rwari rukize uwo mwanzi ukomeye, wishwe na Rutanda w’ « Umugesera ». Aho ni ho Abarundi bakuye ijambo kugesera ari byo bivuga ubugome bukomeye.

Iminsi myiza irasa

Barasanira ba Ngohe

Ya kiraro ikirega-mpundu.

Uburunga bwiza bwa Rukangana bwatukuye

005 Abatera i Nyarufunzo bakava i Rwanda.

Ntaragasiga n’uw’i Mushongi

Rushoza-nkora rwa Nkoni ya Rubuga

Yabogoza Rwinyuku i Rubampundu

Ndirabye kurya uri Nduhiye,

010 Ugeze umucyo ku wa Ndoli,

Azanye ya Ngoma inguranwa ye Kanyura-ngeri.

Umutaho utahanye impundu

Umara inka impuhwe,

Bahumuriza b’inka za Mpore ya Mivumba

015 I Vumura rya Kavumera.

Twasamira Micomyiza

Igahodoka imirama ya Rwuya

Ngo Rugwe ashoje Rugwamamwe.

Aya manywa yewe Rugiramanywa

020 Asa n’aya Rugero rwa Mabega ya Mibuga,

Agishutse i Bonanzovu ya Nzanyimihigo.

Numva amatwi yanjye yaba aya Minyaruko

Miragwe abyukurutse imirango i Nyamikobe.

Bakugereye i Rwinkesha ba so Abami,

025 Abo ku Rwurira-mbugu rwa Nyirarwuya

Na Rugwe rwa Bajyivoma.

Ngo uzabe Kiranda cyarambika Kiramba

I Randa rya Nyakabuye.

Ngo uzabwirize abo mu Ngari

030 I Mugogoma wa Nyiramuhanyi

Ngo uze usagambe ubujyeri.

Tugukame ubwabazi bwinshi

Nka Bwiru bwa Muhanyi

Na Mugayanzu wa Muriro.

035 Bakubakiye i Rusobanyangohe ba so Abami,

Abo ku Rusobanyamusatsi rwa Nyirabusage

Abanyacyinguge ba Cyesampundu.

Ngo utaraga urugo uruhinja

Nka Rukerera rwa Rwomongana-shyamba.

040 Bakugereye i Rwinkesha ba so Abami

Abo ku Rwurira-mbogo

Rwa Nyirarwica-nzige na Rwicirizi,

Ngo : karame ntiwabaviriye mu ivugana.

I Temba rya Kwitatira

045 Urakitirirwa ingoma.

Harya wadukura mu rya Rugondo

Rugondwa-ngondo rwa Ngozi ya Rwango-ruke,

Irambyutsa Rubondora,

Ngo Rubyutsa aze yumvire

050 Ko Nkeka imihayo ya Rubarasi.

Ruhiga ankingiye ingabo.

Nabaye harya nkimenya ari ishiti,

Mbona Mwami utari shiti

Wa Mwisha-nkaba wa Mukaga-nshuro

055 Arasa n’u Rwanda rwa Nzikubwesa.

Nibaganwe barorerwe

Ubwo yivuze Kazina-nshuro

Ndagukiwe nti : ndose imihayo.

Ikibariro nkimenya ari nkuru-matwi,

060 Mbona inkuru inkenkemuye

Nkundwa ya Nkurimba ya Ngo-dukire

Abakama-nkindi mbona bakanzwe iminwe

Mushishora imaze guhana ishyoza na Mushozi,

Shori irivuga ngo yahiranye na we.

065 Nabaye harya, ngeza aho benda abanzi

Mbona Mugabe utari Migezo

Wa Mugera-shyara wa Rwenda-mishyo

Abamburanira bahimbya inkomati.

Sinkura iryagabwe i Ndubaruba

070 Ya Nyirakaruma na Kanyonga,

I Nkemba zinganye Nkariza.

Kiramba ntiyashumbije Intaremba,

Musizi urasiga usambira

Wakwisigiyeho.

075 Ye batitonda ba Rutwara-nkangara

Na Rutwara-nyana rwa Nyange

Baturaga i Buremera.

Ye Bahubuka ba Rukenga

Banyurana i Mukenga,

080 I Nyamukerereza gukemba Abahunde.

Uramenye utishimana Semunyana,

Yavuze ayo gutinya

Urabaze ba Gatora abo.

Uwananiwe kurengera abuhiye,

085 Mbanza ari we ubendereje

Bakenda ize.

Ariko umuntu umwe ntaruta abantu,

Narorera kwigerezaho,

I Mugera-nteko wa Nyamugenda

090 Wareka iryo.

Umwambikwa ntiyasumbye umwambika,

Mucuzi urabeshya

Umuvuba ugomba abavugusi.

Harya yambara ajya mu rukamishirizo

095 Barakorana Abiru barosa,

Ingoma ziraza kuramutsa.

Ab’imyaka yeze mbere

Mbaraga ya Mbabayabahange ya Ruhingana

Babyukirije abakwiza imihororo

100 Ati : muzihe ibyansi

Inka zose zikamwe urusizi,

Ibyo kurasana byasibye.

Mbona ko ari urugo rwegamiye urugangazi,

Ruganzu rwa Nzabarara ya Nyirarubazi,

105 Aje kutwibarutsa amagambiranyo.

Mbona ko nta bikenya atavuye ubukene,

Rukorera rwa Rwinkoni aragaheka.

Harya yakenura inka zose

Nkingiye inka ya Nyanzira ya Gacura-nkumbi,

110 Urugo rwagira umugabo utarugwabiza.

Urugo rwawe rwubatse ku Rwama-nyege

I Rwama-nduba tugumane.

Utugereye umunsi

Kuri wa Munsi w’umunywera-nzuki

115 Utugereye inshuro

Nk’iya Nyashema ya Gasirabo,

Anyaga inka ku mwaro wa Kibirizi.

Udukingiye abandi baterwa ku mutima,

Mutimbo w’i Tanda uragatabaruka.

120 Uduteye inkingi abagukama

Bihubi bya Nyonga ya Muhumuza

Urahimbazwa ingoma.

Adukoreye ku rukumbuzi

Rwa Rubanda-miyogoro rwa Rukuge,

125 Rukorera mwambitswe sinagwabiza

Nti : kagire amashyo

Nkoni icyuye inka amahoro.

Wavuye inkotsi ibumbuye akanwa

Nka Bumba ya Mivuba.

130 Ikibariro nkibaza amakuru y’i Bwami,

Numva Rubaya, ingoma ya Rugera-mbuga

Irampumuza na Rubanda.

Ngo : waramutse Cyinkende cyuhiye Kagasa

Wakiranutse amarorerwa nka Kigeli.

135 Nti : e mpore ga ni rwa Rwanda

Rubyukurutse i Rwamiko,

Nka bya biheko Nyunga ya Ndahiro.

Mbona Nzobe irimo inkesha

Ya Nkey’itabaro ya Cyamatare,

140 Iratamanzuye ngo aratamurutswe.

Mbona amaboko ya Ruhingo yaba uruyange,

Ruyora-ngame arambagira ku Ka-rubanda

Numva umusaya wanjye waba uw’Umusigi

Gisaka ibyukurutse na Rwanga-misaka.

145 Abo avunyije urubanza,

Rubanguza-ndwanyi rwa Mbazi ya Rumeza,

Bariyamirira mu nyovi.

Mbona izigabwa n’izikomorwa birasobana

Kirasana yigororera abantu be

150 Ikibariro cy’amanywa ya kare,

Rukubira-bigembe rwa Nkuba ya Kanyuza,

Kabonde avunya rubanda.

Ab’inzoga n’inyambo barasobana,

Ab’imibaye baje ayobora ku iriba.

155 Amagingo ajya ku nama zitaha inyana,

Abacyura inka ziritaba, abaha icyanzu ziraza.

Sem comentários:

Enviar um comentário