domingo, 1 de junho de 2008

006. RUCIBWA RUTE URUBANZA ?

3°- BAGOROZI

Iki gisigo, gisa nk’ikitacyuzuye, kiri mu bwoko bw’« Ibyanzu ». Ni cyo gisigo cya mbere BAGOROZI yahimbye, akagitura Umwami Cyilima II Rujugira.

Arakiburanisha mwo Imirwa y’u Rwanda ngo ivuge uko isumbana mu bwiza no mu mateka y’ i Gihugu. Mbese kugirango haboneke iba iya mbere, ihatse iyindi. Urubanza rwabuze gica. Umusizi Musare azongera ashoze urwo rubanza. Ikigaragara ni uko Kigali ari yo ibanza. Bikamenyesha ko ari yo yari ku isonga ry’iyindi mirwa.

Rucibwa rute urubanza rw’ibibanza

By’Abami ba Sekiyaga,

Na Sacyungo i Nyakigezi.

Ye Baragira ba Sacyengeri,

005 I Kigegena-bungeri,

Bajya kwa Tamunwa

Mugunga wa Mugina

Ngaha zaraye mu mpaka Intiti.

I Ndagizo yankowe kabiri Ndakuzi

010 Gihororo iburana na Kigunga,

Ngaha zaraye mu mihigo.

Mihosha ya Ntarasi

Imirwa ijya kuburana intambara,

Cyamasoni na Cyamasuku

015 Atenda Mwendo nk’uwaciye inzigo ya Sama.

Nyirakigeri na Muka Gihinira

I Kirabagira-mpinga

Ni bo baje kubyara imigisha.

I Bwiruka–nkobe

020 Tujye kwenda Gasagara,

Na we Gasagara naza abyare Kavuna

Na we Kavuna naza atuvune umuhutu.

Murahu wa Nyiramuhanyi

Agishutse i Mutukwa-jambo,

025 Kabone nihaza na Mujagi,

Aje kutuganira ishashi y’uwa Rwinkanye

Aje kutujyana inka.

Y’e Bwuga mu bw’impabe

Nugera mu Nkamba,

030 Za Bwubahuka-ntambara na Buzigama-nde

Harya uza wubatse Rutaba,

Izo rero zizaba ari inkumirizi

Nsize i Rubango.

Niduhurira i Rubungira-biru

035 Bati : harya yatsinze Rugabimwa.

Ibyo ni ibihumbi by’ijambo

Biranogeye Kiruri na Cyama-suku

Nkazungukira jye.

Ikaburana KIGALI

Iti : nihagira undi Murwa,

040 Ugira uti : nazanye Abami babiri umunsi umwe,

Atari Muyebe wa Nyamugabo na Mugambuzi

Maze azabe atsindanye ayo magambo.

Nkaba na Mukuru wanyu mu Bami,

Buhanzi bwa Muhanyi

045 Nsoro yari Mugenzi wanjye.

Maze ikaburana RUNYINYA

Iti : ndi Runyambo rwa Runyaga-ngoma,

Sarugo ni jye twatsindanye.

Nkurimba ya Rusita

Icyo ni cyo gihe Mwagirwa acyuriwe inka

050 N’umurabyo utagira amazi,

Iwa Ncuze-inkumbi ya Caca-nombo

Yatoye ingabo ku Rwana.

Ako ni agacu kari mwo ikosi

Ka Gacura-nkumbi,

055 Ngaha kazivuga imisuka ya Ngeri.

Maze ikaburana NYAMIVUBA

Iti : jye ndi Miragirano

Ya Nyirankima na Ngohe,

Ni jye wagize Nyonga,

060 Nyigira Nyangara ingarigari ya Nyambogo.

Mbogo inkunze Nkindi ya Nyiramuvugo

Abo ku Rusi yari yabumbuje ingabo,

Akazabigiza kure. Ikaburana RWENDA-MBAGO

Iti: mbabwire umukiro uri vuba,

065 Wa Mwishya-nyagano wa Nkumburwa,

Ari jye wagaruje inka inkwano

Za Nkwakuzi ya Nyamuganza.

Izo sange yakoranuza icumu aca incucu,

Iti : nimuze tujye i Mwabira-riza

070 Kwa Mugambarazi na Mwubaka-juru,

Tujye gucura icyishi cya Nyabyunzwe.

KIGALI ikiyongeza ikaburana

Iti : nimunkubitire inka y’umugongo

Ni jye murwa wanyu mukuru,

Wa Mukubira-jenda wa Mugaya-mbuzi

075 Aho ni jyewe ubereza mukaronka.

Ikaburana BUSAKAZA-NSIKE

Iti : ndi Busakaza-taka

Bwa Buharara-kubona

Wa Murwa wa Rugenzi.

Izo ziba inyagwa z’i Gishari,

080 Ziba Shumbo ya Bahinzi ba Kiraro,

Ku gitwa cya Kinanira

Ikaburana BUHIMBA

Iti : ndi Bwimba bwa burunga na Bwinkeri

Agishutse ku Buhiga.

Nkaba n’imbege ya Burongi,

085 N’impinga ya Bwamatare

Turondana Bwakiro.

Muzirikana ko ari jye

Wabagarurana inka,

Za Kivuna-ngoma cya Nyangwe

090 I Butare bwa Kivunga-mwaka,

Ari mu rwari Nyangoma.

Ikaburana NZARATSI

Iti : ndi Birorero

Ni twebwe twatsinze Nyabikezi.

Gihororo iti : urampe urubuga Kigali

095 Nkubwire ko ari jye Mpuruye,

Ya Kivomo na Kivuza-mfuke

Ni jyewe twahindanye inzigo.

Kibinga yiviriza Kireka-mvura

Zo na Mvange.

100 Kibinda awungira ingabo,

Uwo munsi nywubaha umuhire,

Wa Muhima Nkozi wa Mugaya Mbuzi,

Dusanganywe mu muhango.

Sem comentários:

Enviar um comentário