domingo, 1 de junho de 2008

035. ITEKA RY'IMANA

11°- SEGACECE

Iki gisigo kiri mu bwoko bw' "Ibyanzu". SEGACECE yagihimbye cya cyigomeke Ndungutse kimaze gupfa mu 1912. Aravuga ko n'Abazungu ari ukwo bigiye kubagendekera.

Iteka ry'Imana

Ritera igihugu umugisha

Bagishira b'inzeru

Ya Nzi-guhiga ya Rubazi

005 Rugira yacanye umuriro

Ukwiza umugisha.

Dore iteka ry'Imana yadusigira

Ruhuga rwa Serugorora

Uzigumana uri uwa so Samukondo

010 Yatwereza imana z'imponoke

Ati: mpore zaje

Naje ku neza y'umwami

Wa Mukozi wa Samukuru

Mukama-mpembyi ndi ku muhango.

015 Naje kuneza y'Imana duhorana

Ruhingo rwa Mwikozi nkamushyira imihayo.

Ngubu ubuhoro bwanyu buhire

Mutagera wa Nta-rugero

Busumbye imihana.

020 Ngiyi imihayo yanyu nguhoranira

Uko ugabye ndatambana inyovu.

Ngayo amacumu yanyu mbarasanira

Simbara ibitero

Ndi ku muhango.

025 Ngabo abavuza ba Rwindoha

N'abaramutsa ba Rweza-mbuga,

Rwingwe aduhoza ku ndagano.

Abavunyi b'inka za Rugwe

Ntibatanya abo bana

030 N'Imana ibamara icyira.

Nageze aho Imana yambarizwa

I Rara-mfura kwa Nyiramukozi na Samukuru

Abatayiruzi bapfa kuyambaza.

Nzambaza iyo nirebera

035 Abayiramya bose

Bucya bambaza iyi nsa.

I Rwanda haba iyi

Nageze aho Imana

Ibyukuruka i Kambere

040 Ikatwumva n'i Karuhura.

Nzayambaza uko yayambaje sokuru

Iramwumva ntiyagiye gusa

Umuhango mywuriho.

Ndi igiti kitimura abagabe

045 Ba Ruboneza-ngabo rwa Rugaba

Inkuru yawe nje kuyirata.

Nakubanywe ho n'icyago

Mbura cyubura.

Nateze icy'Imana ndazamutse

050 Ngo unkize.

Mpa icyanzu nkubwire

Icyiza cyanyu Mutega

Habanza Mukozi

Atera u Rwanda inkingi

Nkoreza ya Mudakorera

Aradutsindira ishyaka.

055 Mwibura-bushya yaduhumurije akitwibuka

Ati : nimuhumure Rubanda rwa Rwingwe

Nje kubavura.

Mpa icyanzu nkubwire

Icyiza cyanyu Mbabazi

Habanje-Mbabariyingoma

Ya Mbanje ku iriba

060 Uwaduhaye kumera i Rwanda.

Yatumaze imbeho

Agihabwa ati : nimuhumure.

Yaducaniye utazazima mu mvura

Mvano ya Bami ya Kanyura-nkiga

065 Uwatuvuye umugiga

Yitwa Ndabagize.

None mvuye kure ,

Mvano y'ubuhoro

Unyumve nk'abandi

070 Nkubwire inkuru

Mugandura yabwira Mugambwa

Ari i Mutagisha,

Mugenera-nshotsi wa Shorera

Iyo nkuru nyikubwire

075 Igeze kuyambere,

Kandi ntiyabaciye inyuma.

Ni yo yabarirwa Makuka

Ari ku Rwemera-suku

Yitwa indagano.

Mpa icyanzu nkubwire

Icyiza cyanyu Muhiguzi

080 Habanza Mudahakana

Umwami watsinda abababare

Ari i Kabihe,

I Kamara-mpiza ka Ndagano ya Ngo-twigabe

Wigenza Kinyarwanda

085 Nsiga abahandi

Basazira mu Mazinga.

Mico ya Nta-rwango ararushya

Yima mberuka.

N'uko barusha

090 Bene Rushya rwa Nyamishyo

Bahanganye na Kibanda.

N'uko barusha ho ab'imana zirusha

ho ba Gahima

Bahuza imihana ba Muhuruzi.

N'uko batsinda

095 Bene Ntsinzi ya Nkoni ya Cyikora

Bashinze imizi mu Rwanda.

N'uko mujya mutsinda

Muri ba Mikore

Ab'ibihugu bindi

100 Mukabakura ku migisha.

Mpa icyanzu nkubwire

Icyiza cyanyu Muhirwa

Habanza Muhimuzi

Umwami wahungura iz'abandi

Muhingukana-kunesha wa Mikore

Wanyaga Mirunga

105 Mu miragiro ya Nkoni

Ati : ko ikomoka ino Gishwekwa

Yararana Nkara irya

Abaraye imuhana bagira ngo iki ?

Ayigize ingaru Bigozi

110 Rugora-bahizi rwa Rukuge

Irayitunga Ruberuka.

Umva Nkumburwa nyine

Waca inkamba mu Nkomero

Inka anyaze ku Cyirabo,

115 Zigataha ku Kamonyi.

Azimurika umucyo

Inka za Mukozi wa Bicuba

Umuseke urakika

Ihoro riraza.

120 Azimurika n'umutaga

Ngo basusuruke abo agabiye

Bose batamirana inyovu.

N'abanyarubuga baje imbere yazo

Mbaraga ya Mbabaye iki ya Ruhingana

125 Uwabakubiraga kuzabaherana.

Mpa icyanzu nkubwire

Icyiza cyanyu Mirama

Habanza Miragwe ya Nyamurera-mpabe

Wadukubiraga ibihumbi

Iminyago y'i Ndorwa

Yayiteranije n'amagana

130 Azaniye ba Rubazi,

Impenda ayigeza mu ijabiro rye.

Yanyaze inka i Murera wa Munini

Kumunyaga-byuma wa Nyirabyunzwe.

Yanyaze iz'i Butembo

135 N'izo agaruye

Macumu acubya abanzi

Azigeza i Rwanda.

Mpa icyanzu nkubwire

Icyiza cyanyu Gahima

Uhirane na Mugesera.

Aguhaye impundu

140 Mutega wa Mutarumanza

Waguhaye izi ngoma

Akwiye ingororano.

Kandi impigu yarayishyikiriye

Ubwo yimitse imana itijanwa

145 Ikamara u Rwanda igishyika.

Umva indagu rero Ndagano ya Kanyuza

Abakwanga mbavuma cyane.

Mbatekereza bwije

Ngakesha iryo joro.

150 Bicuba bya Byico

Ukabaca ku ngoma.

Uziko inama

Isanzwe isumba imigeno

Bagenda b'iyeze

155 Ya Ngozi ya Cyikora

Waratsinze ibiragi.

Nakurahira ni kare

Ugatsinda nka Mikore ab'i Nkoba

Ukabimura i Rwanda.

160 N'iminsi abagera ntoki

Agaheza abava-muhero

Akiharira nka Rwenga.

Urampe iyo kutabeshya

Muhire wa Muhima wa Mwikozi

165 Ndi umuntu wawe.

Ejo uzaba uhigurwa amahame

Giharwe cya Ruhima

Uzaba uvuga wihariye nka Rwenga.

Baragushima ababyeyi n'abagabe-kazi bacu

170 B'i Kirara migisha cya Kiragira.

Aragushimye Rwingwe sokuru wa Cyeza-mbuga

Cyirima ngo urakima izi ngoma.

Iragushimye Muteri yanyuzwe,

Yanyuzwe ibiri ukuri

175 Karinga iya Karuhura.

Nateye inzuzi ugihabwa kera

Nti : urampe iy'urwamo

Mpatswe na Rwenda-mirishyo.

Watumaze imbeho ugihabwa

180 Urasana aho dupfa

Wacanye umuriro mwiza.

Watsinze amapfa

Amazuba arazima.

Usukura aho wakuye u Rwanda

185 Rwenga rwa Rugumira

Ndi umuvunyi w'ishyanga.

Rugumira rwa Rubuga

Angirira n'ishimwe.

Nahinguka ntibagombe gushidikanya

190 Ushekeje Imana

Sinashaka inyovu inyuma.

Sem comentários:

Enviar um comentário