domingo, 1 de junho de 2008

025. NTA WASHOBORA IGIHUGU NK'UMWAMI

9°- MUNYANGANZO

Iki gisigo kiri mu bwoko bw' "Ibyanzu". Muri uwo mwaka cyahimbweho, wa 1874, igihugu cyari kivuye mu nzara ikomeye yatewe n'amapfa. Iyo nzara kandi yari yitiriwe ya nyenyeri Rwa-Kabyaza (Coggia) yari yabonetse mu Rwanda muri uwo mwaka. Kugirango iyo nzara itsindwe, Umwami yakoze imihango y'Ubwiru yitwa: "Inzira ya Rukungugu". Aho inzara ishiriye byitwa ko ari Umwami wayitsiritse. Iki gisigo rero kigamije kuvuga ko Umwami ari we ukuye u Rwanda muri ayo mabihe.

Nta washobora igihugu nk'Umwami

Mwe bwe bene igihugu,

Ba Gihumbi na Kireherwa

Bagwirije ingeso ku ijuru,

005 Ijabiro ry'imvura rigiye

Ubwo akaribona,

Cyuma cya Rubumboza

Ikagwa i Rwanda .

Twari tuguye Rubanda

010 N'inka za Rugagwe rwa Ndahise,

Rumeza aratwumva,

Ati : mpore ninikijije ijuru.

Ijabo ry'igihugu rihindutse gushira

Muhinda wa Buhingo,

015 Ugahindisha Ruhinda.

Twari dupfuye

Ubutunamura inka n'abantu,

Arahaba aratwumva Cyunamura-Rwanda

Cya Miharwe ya Rukubisi,

020 Urukubo ruje

Mugogwe agumbahura ijuru.

Nimushungwe Rubanda

Mubonye aho mushungirwa,

Abahaye gushungwa Rushungera-bagome

025 Rwa Mushingwa-ngoma wa Shinganya,

Wishinze kuduhabura.

Imico y'ijuru yabaye amazuku

Mico ya Mwemezi

Akatubwiriza ibicu.

030 Micomyiza, imico yawe,

Wacanye i Mukubira-bahanga,

Rukomera-nzira

Rwa Nizihira ya Mwagirwa,

Ujya guturana ingoma

035 I Bwitirirwa-ngabo.

Ingororano z'imvura

Nibazizane uzijyane,

Mujyanyi wa Ruhingo

Uje kuzijyanira ukuri.

040 Kurya wararanye n'igihugu iminsi

Wakiramutsa neza nk'umugisha,

Rugishukana-mvura

Rwa Mvuruganij-ijuru ya Bicuba,

Uraducaniye Rubanda.

045 Uciye n'abanzi mu gihugu

Muhanyi wa Bicano,

Abahizi wabarushije.

Rwakagiye kera u Rwanda

Rugira abarutera inkingi

Bagahawe Umwami utari Shiti,

Wa Shorera rya Shikama

050 Wishinze Rubanda.

Urubanza rushyikirizwa Rubona

Rubumba rwa Rukundo,

Rukamusanga ijabiro.

Wakagize ijabo ry'ukuri,

055 Jabiro rya Rwinsibo

Waratsinze urarushije.

Urwanye n'izuba

Rirazimye Muzimya-cyago,

Kizimya cya Kuramutswa

060 Karamutswe nyine Nyakurama.

Kwa Mirego ya Kirema-bihugu,

Kirema-bwami ugiriye ubwira u Rwanda.

Ye Rwabiza-mvura rwa Nyarume,

Ye Rutuga-juru rwa Jabo,

065 Ye Kiramira cyahindishaga

Kibogo i Kibamba,

Imvura itinze kungwa

Ukagenda ikamanuka.

Rwakagiye kera u Rwanda

Rugira abarutera inkingi

Rwahawe Mutera-nkingi

070 Wa Nkubira na Nkumburwa,

Nyiri ukunguka ingoma, wakazirazwe.

U Rwanda ga ruzira izuba

Kizira cya Rumeza,

Bugacya ukizirika

075 Gushaka ivubiro.

Ye Rwivuna rwa Kavuna

Ye Rwera-mvura rwa Nyarume,

Ye Rwenga rwa Bwagiro,

Mwami uzagaba ukanyaga.

080 Ye Munyazi wa Nyakwinyagira na Karume,

Ubwo wagabye ugwiza iminyago,

Urenda kwunguka.

Rwakagiye kera u Rwanda

Rugira abarutera inkingi

Rwagahawe Umwami

Utagira icyo ananirwa,

085 Munanira-rwango

Wa Rwunguko rwa Rukage

Waruherewe kuruvura umugiga.

Wituye inka wahawe

Zikubonye ku munsi,

090 Zajyaga gutemba

Ari wowe uzishokeye iriba,

Ukwunguka ivubiro.

None ngaha wazikwiza imvura

Mwami ukwiye inka n'ingoma,

095 Wa Mwami ugaba

Wazihinduye kuvumera,.

Uzibukije inyana

Zahuze gukamwa,

Ubaye nk'uwazerekeje mu Rwanda.

Rwakagiye kera u Rwanda

Rugira abarutera inkingi

100 Rwagahawe Umwami uruteturura,

Mutetereza- barozi

Wa Kivuba na Cyimvura,

Kivuna wabaye Kiramira.

Igihugu gikitse

105 Mukiga wa Cyamatare,

Ugikikuza kuvuba.

Na twe tuzagira icyo tuvuga,

Abahatse na Kavubika ka Rwimivuno.

Twahawe imenyi Rubanda,

110 Twahawe Umwami

Uzabasha urugumye,

Rugwiro rwa Rukundo

Rukoro rwa Nzikugorora.

Rwakagiye kera u Rwanda

Rugira abarutera inkingi

Rwagahawe Umwami

115 Udatsindwa ishyaka n'abagome.

Ye Mutagorama wa Nyarume

Inka waziherewe kuzigwiza,

Iziramutsa injishi

Ntizizakunanirwa ndarahiye.

120 Ruhangara-manywa

Wakaziziye, wakazigendeye,

Umunsi n'amanywa,

Ruhangara-manywa

Rwa Nyarume na Rwabunga,

125 Inka wazishakiye kuzigwiza.

Wagashotse utarumanza Shorera

Washoje imvura,

Yagashe kugwa i Rwanda.

Rwakagiye kera u Rwanda

Rugira abarutera inkingi

Rwagahawe Umwami urukura mwo imize,

130 Mizage ya Kizindura

Wazimya izuba,

Akabuza u Rwanda kugurikwa.

Urugumye rubaye umucyo

Rigacana imvura ikanga,

135 Nkomati akibuka ivubiro.

Rwakagiye u Rwanda

Rugira abarutera inkingi

Rwagahawe Umwami urukura kure kubi

Wa Gikanira cya Rwimikore,

Wakubya imvura ikerura

Ikagwa i Rwanda.

140 Wahimanye n'abakwanga

Uba Gahima nyine,

Wahize imvura yaguye

Urayigwaburura iragwa.

Wagasiye abanzi Rugasira

145 Ubwo ukomase ushotse iriba,

Ukagombera ikagwa.

Nibagorwe abanzi

Ngaha tubonye imvura.

Kurya Rukoranya-bwiru

150 Ubwenge yaburaga Mirego,

Ari Umwami utarenganywa mu bya se.

Murengera-gihugu

Muramutsa-Rwanda wa Rwesa,

Wa Rwuya rwa Ruhingo,

155 Ruhiga rwa Gihinira

U Rwanda ruri mwo Umwami,

Ntiruranza imvura.

Bararana b'Umwami i Kiriza,

Na Kirinda cya Rukuge,

160 Rukiga yagashe kutugamburura ho.

Warasaniye ingoma yanyu

Wanyaze abakwanga,

Inka warunze amagana, wa Muganza we .

Wavuye igihugu icyago Cyusa

160 Wabaye nk' Imana,

Ukurije u Rwanda ijabiro.

Rubanda bagiye banyuzwe

Ngo ni we wakabemeye,

Ndengeyingoma ya Ndahise

165 Uri Umwami ukuye kure Rubanda.

Watugendeye inzira bwije Nzabarara,

Uhiga imvura

Ushaka ikivuna u Rwanda.

Watugendeye n'igitondo Ntanagira

170 Utaha ugana indaro,

I Ngoma ya Nshoyamagana.

Watugombeye imvura

Uzayivuba Kavubika,

Ushaka n'igitsindira ingoma yawe.

175 Ko uhinda imvura

Nguhimba icyo wamaze,

Ruhinda rwa Muhanyi

Bakansenyera ubwo.

Sinakurwa aho untuje

180 Rukundo, Sinakutse ku ngeso,

Sinkumbuye aho ntaragera

Nk'uwagomye agatana,

Yabonye wahawe akajya kure.

Abami nimwe mutwemera, rubanda

185 Ni amaganga y'Imana iduhaye,

Muhanyi wa Rusaza arayivubisha.

Sem comentários:

Enviar um comentário