domingo, 1 de junho de 2008

011. IGITUTSI KIRUTA IKINDI

03 BAGOROZI

Iki gisigo kiri mu bwoko bw’ “Ikobyo”; ariko hari aho gihinduka “Icyanzu”. BAGOROZI araseka Kimenyi IV kuko yemeye gukurikira inama y’abamubwira ko akwiye kurwanya Cyilima Rujugira bamubeshya ko atarazwe ingoma.

Igitutsi kiruta ikindi,

Bamara b’igitutsi

Yatukaniye iwa Kibura-bwira.

Rwimba rwagenzaga Rwandurura,

005 Ngo atajya gucenganira i Burengamwire.

Nkura ku cyo atukanye Umwami

W’i Rundu rya Rinda ya Ruziga,

Umunyurwa wa nabi ayoberwa ibintu.

N’amacuho arya aba ukubiri

010 Ya Mirombero ku Bubanda.

Ni igisare k’iserengeso

Kidahama Rwabumba rwa Rusaro,

Nsoro akazabusekerwa.

Mbonye antutse igikwiye igihugu,

015 I Kibanda-mitsiri cya Nyiragicambwe

Amaze kwigura Nyabarungu.

Gahima ntiyatinye mu nka za Kanyuza

Zishoreye mu migongo ya Kabeja.

Amaze useka abarasanyi kurya utabagira,

020 I Gisatira-nzuki cya Nyirakabaza

Ucuza Abene Nyamiyaga.

Nazuka Kabonde n’Abajunga b’i Gihunya,

Iwa Ntabwoba hazazuka Abarima.

Mbese ko uterana inkamba wikoreye imbiga,

025 Mpinga iri nzobe ya miheto ya Nyirabazimya

Nuhora Rugumira,

Kabone yagutonesheje mwakarabye

Inzigo y’inyonga izira gusangira.

Ko wavugiye mu ngabo

030 Z’abanzi ba Gacura-nkumbi,

Bateye ugatwereza imyambi.

Reka wicwe n’uko wirabiye akavu

Urugo rwa Ruharage,

Wa mwato ukavura mu nda.

035 Urakazira umugongo navunitse mpeka,

Umenya azavura Vuna rya Kagenzi.

Rwerura rw’intati,

Bwenge butwikiriye ububisha

Bwa Rugera na Rugereza-muriro.

040 Witaye mu bwarike

Utaziyarura bakagupfubya,

Kimenyi abakoshya abo

Barakwimbira ubushya.

Henga urebe ko ntahangaje Mutama,

045 Wa mutambana-ruguma wa Mutagera

Mugabo twanganye uzampaga.

Ko watukana uri inkeho

Jye nkaba ijuru,

Majogo ya Rwibihetero uzabirinda ute ?

050 Reka n’ubwo uvuga ko ari jye

Wanyaze bene Rwaka inka n’ingoma,

Nkangara ya Kanyuza

Yari yimye na Kavoma.

Kandi uncuza wicuza

055 Rukuge yagenze nka Kwezi,

Ugacuza ba so.

N’irya ni imitego y’Abami batari wowe,

Igiti ni i Kiduha cya Nyirangemu

Winegura i Nyacyumba.

060 Ko hari jye hakaba na so,

Waguhaye izo ngoma umwanganye,

Ntumuyoba wiyobotse

Ugishishikaje nde.

Umaze kunyura Imana

065 Nkungu ya Mikara

Kimenyi abakuzi bakumwerwe.

Wibiye iki wagaburira abana

Ba Mpumuro ya Nyabayombe,

Ko wicwa nk’imbeba urugari rwose

070 Rwa Ruregeya na Nyirarusaza.

Akakwima Munanira

Akaramutswa n’inyonga,

Kanyumba ka Kanyuza

Ugererezwa inkoni za Rukurura.

075 Ko witwikiye mu nyuma y’inzuki,

Ya Nyundo ya Mitego,

Imitego itewe ukayisesa.

Ko wigabiye Muhanda wa Mugaya-mbuzi nta bwato

Aho uzayambuka ?

Nibwiye ko uzancuza

080 Umunsi ubyukirwa n’ibihugu bibiri,

Ku Buhinda no ku Buhwiba bwa Gahaya,

Wantakira nkikorana ingabo.

So yaza yaka umuriro ku mahembe,

Ruheshi rwa Mukamugumya

085 Nkamwima abasetsi.

Ngaha yantera Nyaruyonga rwa Ruseke,

Yangabiza abana ingoma

Ngatanga umubyizi.

N’urya munsi ngirira umutanyurwa

090 I Muhurira wa Buriba,

Wabaye inzoka igenza iminwa ibiri,

Ntamwete iyo isangiriwe

Abazimu n’abanywanyi bazamporera.

Nibwiye ko uzancuza

Umunsi mporera nyogokuru

095 I Nduzi ya Mutayu,

Ntuntasure ukantarira gatatu.

Nacanira inka zawe ngo zirishe

Mpfa urukundo,

Ukigira Nyoni-nyinshi

100 Torero ry’abahanyi,

Iya Bayongo na Baziranda

Abantera ukabaha imyambi.

Wisutse mu rumira

I Mpanga ya Nyiramuhanga

105 Ntuzigera ibuye rya Mugesera.

Nibwiye ko uzancuza

Umunsi nkwambikira abageni batatu,

Maze ukigira indiri y’intasi,

I Tarampugu rya Bitarira

Abantera ukabarosa.

110 Emwe gukeza intati ya Bene Kabare

Umenya ngo ukeje umuyaga.

N’ibyo byose wampa icyiru,

I Cyirirwa-mbogo cya Kiragira na Nyiracambwa,

Nateye ngasimbura

115 Ukaza kwicuza icyatumye unyanga,

Narakwanganiye i Burangwa-matsiko.

Nibwiye ko uzancuza

Umunsi unyangira Mpweza

Ari we watamba ku munsi mubi,

W’impinga ya Bwanga-nkeho

120 So yagabwe na Muzora.

Nibwiye ko uzancuza

Umunsi wicirwa umumaro n’umugore

Murwa w’inzuki wa Nyabisu,

Iyo nkuru ikogera iwa Rugora.

Ukigira Bazimya i Bwiriri

125 Ibizira byose ukabizirura,

Ugakubitwa n’inkuba

Ibyo uvuze ntibyumvwe

Ututse imiryango kabiri.

Kandi ari wowe warazwe Rwandagano

130 N’Abami ba Munega,

Umugore arayiraga ku Burunga.

Yima Rukubakuba

Rukubira-rwango rwa Butayi

Akagukanirira uburiri.

135 Nakubwira ko ingoma icuma bene yo,

I Gihindamuyaga cya Gahima

Ntukunde ugahungera.

Karisunzu na Mbonikitse

Rwimicaca uzayishoreza iki ?

140 Ni ko uzashorerwa nk’inkobwa,

Rwingata rwa Rusogota-mivuba rwa Rusaro,

Nka yagendaga Nyabayombe.

Ugahungurwa nk’ucitse

I Ndago ya Bikore

145 Ubuze umwana muzima yaguzwe.

Reka no kuvuga ay’ibitambambuga,

I Butambana-ngiga bwa Mahehure

Nyirikubwenga umeze ubuhwishi.

Ko utaye inzugi imbeho ikwinjiranye,

150 U Buganza n’itaba rya Kimpima

Inzovu uzayizituza iki ?

Niba wambukiye mu Rwimbwa

I Rundu rya Rinda rya Makara,

Ujya guhisha abana i Hangiro

155 Uzatakira n’umunywanyi winyuruye,

Numara guhita,

Uti: ishyano rinkoze ivure.

Ukamenya ugira n’inda itanyurwa

Banyuranya ba Gihumya-ruhu,

160 Wa Mwaro wa Cyokora.

Ko ucumbagira ubwoba Kimenyi

I Sarabwayi rya Barinda,

Aho uzarinda imifuka.

Ngaha n’ibisazi byakuriza n’ijuru

165 Ngo uratere inka y’i Jangwe,

Rya Jembe rya Kanyuza

Urenda gupfa ucitse nka kwezi.

Bitamba bya Byunzwe bya kwezi

Iyo ucumuye Imana

170 Iguca ubujyeri,

Mbese ko ukoze inkuba mu jisho

Ntuhishe inka,

Uwagize u Bwiriri

Aboneraho ijeri.

175 Bogerana ba Rusimbi

Mirama yahiye Migina ya Kiragira

Yanyaze n’inka za Ntare,

I Ntarama ya Nyirabaramba,

Nta we urazimujyana.

180 Nandetse no kuvugishwa n’ikivuri,

Ikivumba-mbogo kinkoze

Kikankabura ingeso.

Sem comentários:

Enviar um comentário