domingo, 1 de junho de 2008

032. URUGO RUGWIJE IMBAGA

10°- NGURUSU


Iki gisigo kitacyuzuye, kiri mu bwoko bw'" Ibyanzu ". NGURUSU yagituye Kigeli Rwabugiri bari i Ngeli, muri Nyaruguru, mu birori byo kwimika Mibambwe IV Rutarindwa. Ubwo hari ku itariki ya 22-12-1889. Kuri uwo munsi, mu Rwanda habaye "Ubwira-kabiri" butsembye ku manywa y'ihangu. Muri icyo gisigo, Ngurusu araburira Rwabugili ko guha Rutarindwa Umugabe-kazi w' "umutsindirano", kandi ufite uwe muhungu babyaranye, ari ukwenyegeza umuriro uzamutwikira inzu. Umwami yahise amutwama ati: none ho si ugusiga ni ukwita mu mata nk'isazi. Iryo bango ry'igisigo bahise barikura mwo. Ariko Bizumwami wacyandikishije yari akiryibuka. Ibyabaye ku Rucunshu rero bifite ifatizo muri iryo kosa rya Rwabugili.

Bene ingoma itsinze

Batsindiye ingoma

Biraga ingoma,

Kazirage Muca-nkamba

05 Wamaze urukambye,

Ubwo wahawe ingoma

Ugatsinda ingoma ijana.

Rutakirwa , ngubwo ubutumwa bw'Abami,

Rwuya rwishingaga inzigo

10 Z'ibihugu bibiri.

Ruhobe rwa Rugaba

Wazingaguye i Macumbi,

Mirindi nyiri imirimo myinshi

Nyiri inkuba izimya inzovu,

15 Bidasangiye igihugu

Uhagurukira igihugu,

Cyimye undi mwami.

Murakirwa ubitumye

Haba u Rwanda rw'umwe.

20 Ntitwakugize umurembe

Kandi uhanda ibihugu,

Mugabe ntazibagirwa waciye imihigo,

Ntitwakugira igituza

Kandi uri ikivure cy'igihugu,

25 Mugabe iziraga ingoma za so.

Gicambwa none wamaze igihugu amazimwe

Zinduka nkubwire inzira z'Abami

Cyaduka yarunambiraga iminsi

Mutung-imwe yantindiye kuzigwiza,

Kizinduka nyiri inzizi nyinshi

Nyiri-igihugu uranze umuzi udacika,

30 Ari bwo bugingo buzajya kera,

Nyiri-Rwingwe u Rwanda urwimye abanyazi.

Gicambwa none wamaze igihugu amazimwe

Zinduka nkubwire inzira z'Abami

Nkubwire Rukore nyiri inka zitakamwaga ukubiri

Nyiri igihugu yashakirwa n'inda ye,

Ruhuga nyiri impuga

35 Zahinduraga ibihugu,

Ingoma z'i Bugenda zigasuhukira Ngozi,

Rugenda ngayo amagenda mugira Abami.

Gicambwa none wamaze igihugu amazimwe

Zinduka nkubwire inzira z'Abami

Nkubwire Mirindi wazironkaga mu maboko

Inkorogi iz'iwa Bwami ijabiro,

40 Iza Mushika-ruge ni uko zishika abanzi,

Iza Mabara atuye

N'i Tandi rya Gitegamubiri.

Gicambwa wamaze igihugu amazimwe

Zinduka nkubwire inzira z'Abami

Nkubwire Musare wadusanganaga inkovu ebyiri

Ya Nkuba ya Cyikora akatuvura.

Gicambwa none wamaze igihugu amazimwe

Zinduka nkubwire inzira z'Abami

45 Nkubwire umunsi ukabuje ukomeje

Bakwita impunzi,

Impinga y'ubuhoro ya Ruharage,

Rugaba Nyaguhabwa ingoma na Mwiraga-ngoma

Bahagurukana ingoma idahurumba Abami,

50 Isohoye ishima ikibanza.

Iteta ijya irya

Na we utera uza ino,

Ushika abagome

Ushika abahinza,

55 Muhwanya igiti gikoze

Ingoma ya Nkuriza

Ntuyicira indagano.

Gicambwa none wamaze igihugu amazimwe

Zinduka nkubwire inzira z'Abami

Nkubwire umunsi wikura mu rukubo Rwimbaga

Kandi uri imbarwa,

60 Mbangira ya Mbabazi

Imbonwa ikunze iragutabarura.

Usanga igihugu cyatamye,

Mateka ya Mahame

Bizinzo urayitabara.

65 Menya ko wahawe ingoma igushaka

Ntanagira imana z'ubuture,

Zakwereye ziba impamo.

Muhashyi wa Ruganda ntitwagandana

Wadushingiye ibicaniro birahama,

70 Mwahawe ingeri iganje

Urakayihwitana.

Sem comentários:

Enviar um comentário