domingo, 1 de junho de 2008

015. UTATIYE INKUBA

04 MBARAGA

Ce poème, de la catégorie “Ibyanzu”, fut composé par Mbaraga, fils de Bagorozi sous le règne de Cyilima II Rujugira. Il vise le conflit entre le Rwanda et le Gisaka. Le poème sert d’avertissement au roi du Gisaka qui s’attire les foudres du Rwanda.

Utatiye* inkuba imutwikira urugo,

Mwebwe biyubikiza-nkuba*

Ba Nkubira ya Ntagikuba,

Yakubutsaga Nkubye* ku ijuru.

05 Sinizihiwe mbahaye mbambikiye n’izi,

n’iyi murika,

Ubwo ageze i Buringoga

Ngozi* akimukira i Ndago.

Ibyo nkabikura kuri Mutaga*

Ko yatatiye Mutara akatabarika,

10 Itaba rya Mwiza

Ntibamwibutse kuzirira.

Ngaharya yabona yabyibonera ho,

Yatukana i Tandi

Aho yatuye hatangaje umuyonga.

15 Ukikanye n’inkuba imukura mu biraro.

Mwebwe Biru b’ibirori

Bya Nyamuramagwe wa Nyarubungo,

Wa mwambikiye i Rubimbura.

Intambara rero y’uwa Gatonde,

20 Iyo ishubije i Gatonde,

Iyo ikubutse i Gatobo Ntango

Ijya i Gatamu.

Na yo Rugaryi ihamagara iy’urugaryi,

I Bugogomera-bano*

25 Bwa Rugaryi,

Yavuga ibitakanwa

Akarorerwa. Ibanga ntagira urwangano

Rwangana nk’urw’abahutu

Rwanda ruguye imvura,

30 I Rwamagana na Murinja kwa Rwango-ruke,

Abamubonye akaba Rubagana.

Behu Ruhanga ruhima inzigo

Nzi ko ari wowe bazira abakeba

Nkuvuge narakubonye

Umunsi uganuza Mugeyo*

Imyiri* y’i Bugenda-musenyi,

Rugondo rwa Ngoroyumuheto*,

35 Na Rugendamvura

Ugiherezwa Mugeyo.

Ukiri mu rwari,

Wabakuye mu byabo.

Ngaha arabacambirwa*

40 Rucamvura rwa Rwica-mu-nzu na Rwica-mpembyi,

Yabaye Rucanuza-byaro.

Simpora ngo warahongewe,

Reka nivugire bwose

Nta we nzasaba,

45 Nsabwa yimye ino.

Behu Ruhanga ruhima inzigo

Nzi ko ari wowe bazira abakeba

Nkuvuge narakubonye

I Bwitirirwa-magana bwa Mabuga,

Ahabuye amariba i Bungwe,

Amariba ya Mutara

Yayatoye mwo ubusoro.

50 Nsoro akabumbira

Mu Rubumbirirwa-magana.

Ari bwo ategekewe inka n’abagabo,

Mu ngoro

Za Bugobeka-mvura,

55 Ajya kwitegurwa i Bungwe.

Butakiro ko washotse uri Mutara,

Mutaga wakwitiginyuye* azagukira ate ?

Behu Ruhanga ruhima inzigo

Nzi ko ari wowe bazira abakeba

Nkuvuge narakubonye

I Buramvurwa*-mirishyo bwa Mubisha

Aca ubwagiro kwa Rwicarira-ntobyi,

60 Rwasamvura yabwirije Rwasamikore,

Bavuka-mikore yizihiwe mu Rwara-ngabo.

Harya yamarira ba so urubanza

Rubabaza-mbuko rwa Mbuyijoro,

Ibyo yahanuzaga i Ruhima-ndonyi.

65 I Murama ko bibeshye ngo ntihaterwa kabiri,

I Mutabima wa Mutera

Tukahatera akabuye.

Behu Ruhanga ruhima inzigo

Nzi ko ari wowe bazira abakeba

Nkuvuge narakubonye

I Namba-kabiri n’imuhana wa Mucuzi,

Ahaca inkamba.

I Rugangazi

70 I Muganza n’i Mahembe,

Ho yahagize inkoni imwe.

I Mabanda, Mahano yiruhiriza iki ?

Abari basangiye imigambi

Yabatse imigabo. Ruganzambogo

75 Rwa Mugorozi wa Nyirabicuba

Incuti zarariraga zivuye mu gacu.

Mugesera si umwuzuro

Ni ukubona Muganwa ataka ahunga,

Ati: jye ndahorwa.

80 Mwebwe Ruhongo,

Ruhoberwa rwa Muhimuzi wa Mudahakana,

Ubwo yahabukanye i Buhonora-ntango.

Ye Ntore zararaga iyo twitiranwa,

Zagera i Butanguranwa zikotsa i Gatamu.

85 Ye Rubibi rwararaga i Ruyumba,

Ruyoramashyo yanzikiye kuyora amagana.

Ndi umwungeri w’imfizi ya Bicuba,

Ndi umwungeri w’inkuba

Ya Nkomati ya Rukangira,

90 Simubangikanyije Nkangura.

U Burundi burarundutse,

I Gisaka kirarwaye

Simbasengera imimaro.

N’abandi i Busangwa-mbazi

95 Umwuzuro nzasengwa iyo ngoma.

Sem comentários:

Enviar um comentário