09 MUNYANGANZO
Iki gisigo, kitacyuzuye, kiri mu bwoko bw' "Ibyanzu". Cyahimbwe mu mwaka 1894. Kiriruhutsa ko Igihugu gikize cya cyago cya Muryamo.
Inka ziragiwe n'inkuba,
Ntizikanga ibikuba, Mukura-byago
Wa Byunzwe na Byintsibo,
Waragiraga iza Jembe.
05 Inka za bene Rukiza
Zikizwa imize na Bwagiro,
Akazizindukira.
Hambere yari mu Rukiga,
Rukigaharya rwa Nkoreza ya Rukoma-sinde
10 Twiyicariye i Rwanda gusa-gusa.
Itabaro ribi ry'icyorezo
Ritwibutse twese ry'i Bugamba,
Ngozi arigangahuza ingoma.
Aho nyine ko yari i Buzigi
15 Rusine rwa Masaka ya Busage,
Agisobanura imirishyo.
Nta muze waruta urya w'i Rwanda
Rwenda-nzenga uwabanje muramwibuke,
Uzatsinda ndarahiye.
20 Aho Imana iremeye igihugu umutima
Gihatira aturuka igihugu impera,
Mpabuka ya Ndahise ngo aze
Aratwubuza ishyara Shyunga .
Shyirambere sobanura umutima
25 Utegereze Imana,
Ni yo itunga ukogagira.
Mbese uretse ak'Umwami
Ndahiro bagirango hari umwana yasize,
Abanzi ba Nzobe ya Birenda
30 Abazungura-Rwanda.
Aho arwibukiye ava i Rubiha
Rubanguka aracanira inka,
Zumvise umuriro zabirira ino.
Ko atari adusigiye n'umukobwa,
35 Rukando rwa Nkomera
Ya Nkaka ya Mikore,
Atabaye ngo ntabyaye
Na yo Imana ituma dutindana igihugu,
Gihanga ya Muhanga
40 Iduha Gikwitana-ngoma.
Twari turazwe Umugabekazi
Na we Umugabe akiri mu nda ye.
Umunsi w'i Kirwa, Karwana
Ka Ntambara ya Mitego,
45 Amata ya bene Nsoro akagwira.
Si ibyo abandi batazitirirwa inka vuba
Twebwe ho Vubwe ya Bwagiro,
Arazishaka nka mbere.
Mbabazi , ndaje nkubarire inkuru
50 Nari ndiho na Nkuba,
Umunsi w'i Butara Mutambya
Wa Nyamutega na Mutara-mbuga,
Inkuba yosa ingoma mu cyunzwe.
Rubanda ntimugire ngo ndabara inkuru mbeshya
Muzi ko Bwimba yihagurukiye
55 Mu rugo rwe i Buganza,
Muganza-byago wa Nyamugandura
Atabaye u Rwanda Rwenga uwo.
Rubanda ntimugire ngo ndabara inkuru mbeshya
Muzi ko izi nka yazizimirana
Azibuza abayongwe ngo batazinyaga,
60 Runyambo rwa Runyagirwa
Arahitanya i Rwanda uru.
Ya nkuba Rusizi asiga abanzi
Rubiza rwa Rubibi na Rubunga,
Rubungukana-ngoma.
Rubanda ntimugire ngo ndabara inkuru mbeshya
65 Muzi ko Bizinzo yazimiriye mu Karambo
Umunsi wo mu Rukore,
Rukoma-mushyo rwa Shyerezo
Akama mweru musa,
Rusobanura-nguruka.
Rubanda ntimugire ngo ndabara inkuru mbeshya
70 Muzi ko izi nka yazirira ku nzira
Kizima cya Muzigirwa,
Wazituriraga i Kayenzi.
Iz'i Nkore yaronse yo ingundu
Ndabarasa atunga inka,
75 Mutandi wa Mutega.
Kimanuka na Mibambwe
Mu Kibutura-zuru cya Mazuba,
Irahabasindukiza.
Gihana na Binama mu Burundi
80 Murenzi wa Karinzobe,
Ibagira inkwakuzi ingoma.
Kibogo na Rubona ibabonye
Bagendera Mugeyo .
Ubutari inkoko ntibwakeye se,
85 Ndetse uyu munsi
Karinga bucya irariye,
Mirego na Mirishyo.
Umunsi mubi se ntiwatwiriye
Tukawukizwa n'Iyakare.
90 Ni inganzo ndi mwo
Ya Rukungu na Rukondo
Ngo ndakiranirwa
Bikari bya Byikora
Ukandakarira.
Sem comentários:
Enviar um comentário