domingo, 1 de junho de 2008

012. UBUHATSI BUGIRA UBWOKO

03 BAGOROZI


Iki gisigo kiri mu bwoko bw’« Ibyanzu ». Icyo gihe Gihana yari amaze kuba Umucengeli i Burundi akurikirwa n’Umwami w’i Burundi Mutaga III Sebitungwa, waguye ku musozi wa Nkanda mu Buyenzi. Muri iki gisigo Bagorozi aravuga iby’iyo ntambara y’abacengeli babiri badasanzwe.

: Umwami n’umwana w’Umwami.

Ubuhatsi bugira ubwoko,

Bwoko bw’ingabo

Bukatsa bwa Nkomati ya Rukuge

Ajya kwenza Rukub-amakira.

005 Ruhinda rwakundiye Rwesa rwa Musana,

Ababwiye ati : zana Rwesa-mu-gicu.

Mbonyi y’ibigeze i Magume,

Mugira ibigumiye abandi

Abagabe b’i Nyamikobe ya Mibuga

010 N’iwa Samicyamo i Nyamitsiri.

Ko uhanura iryabaye

Kananirana ka Kanyuza,

Nka wa mugabo Kabengera i Kanyuza.

Ubuhire bugira inzu bumenyereye mwo,

015 Bamenya b’inzira ya Kinyana

Bagenza Gihaya-rwuri.

Baziga batayerukiye i Mbogo,

Baminuka b’i Shyamba

Ku ngoma ya Shyirambere

020 Aya macumu urasanga

Ni yo atuma ayanjye akariha,

Rukambya-manywa rwa Rukanira

Na Nyirarukondo rwa Rukabu

Ndarikwikira ukarisongora.

025 Twugamye abandi banyagirwa, Nyangoma,

Ingongo z’i Burisha-nsiri

Butwunguye inganzo.

Nta nka adahaye itiro

Rwitaba-shako rwa Shimwe ya Gahima

030 Arabahumurije abatashyi.

Bagukesha amagara i Mahambwe n’iwa Ruyaga,

Sumba ya Baramba ngo urabahoreye.

Bagize ubwenge kare Abayogoma

Ruyege rwa Ndagano ya Ruheza-ncuro,

035 Bahongeye Nyamakungu.

Urabagire abatoni

Bakwemereye uko ubasha,

Ku bushubi bwa Mitwaro

Ni abashumba bawe.

040 Na njye ndi Muhatsi, Ruharage

Rwa Mpabuka ya Nyir-urukwiza

Twajyanye mu mihigo.

Rubyutsa twagambiraga

Ko turushanwa izirwana

045 Iy’i Gatsindo, iya Rugwe incira inkamba.

Harya zishyamiranye, ishyirako

Iya Shyira-bare, iya Mushyo,

Umugongo iratambika ita mu rwano.

Zishyira mu mutwe zirubika,

050 Iyacu, iya Karatsa, irayica.

Terura acyura impehe,

Ari rwo rwamu rw’imirama,

Rwa Mirango ya Miragwe

Murabana yishyitse na Mukende.

055 Impundu twasabiranyaga n’ingoma

Impano ishya uruburi

Ku rubu rwa Karyenda.

Rubyutsa, ngo urore

Kugira impaka umugabo

060 I Mugogoma zirahinda ingoma.

Ngo urore Nyabatenda

Aho ibambura Nyamitana,

Nkaberwa igitabo cya Mitanago.

Harya isigaye Nkungu

065 Karamiheto n’impinga ya Ruseke,

Musabwa wa Sango aje kubahungura.

Zihe ibyansi Birorero zigukamirwe,

Nk’ingondo za Gatsembe,

Mu kumusanga Nya-gasani !

Rubyutsa, ngo urore

070 Kugira impaka Rugina,

Ingoma ya Rugema-ncuro

Iri n’imyasiro ya Barayi.

Mukeba wa Muringa,

Muryende w’imuhana wa Samutaga,

075 Isigaye urwangaro.

We ntarakagira ubutati

Rutabarira kunyaga rwa Ntunda ya Cyitatire

Mwarunamye arabayagira.

Harya akirera umucuko w’iwanyu,

080 Bicuba bya Rwica-nzige, Mutwika-rusagara.

Rubyutsa, ngo urore

Kugira impaka

Rubyukana-murishyo rwa Ruyobe,

Ni Shebuja w’Abarungu n’Abahavu.

Impongano ziva i Tambi

085 N’iziva i Mahuru ya Nyir-ubwenge

Ntizigisiba kuza.

Harya yagize imbabazi

Rubabarira-bihe rwa Rwango-ruke,

Ntiyabanje Mwambutsa.

090 Umwambi mwabanzaga mu Gacamba, Baguru,

Wabaye inkozi yaryo

Ntimukiryogoroye ishyano.

Rubyutsa, ngo urore

Ko waguye mwo akabuye akanwa,

Ni isoni z’amarira

095 Ya Mabano ya Mabara,

Mwibeshyaga iriba rya Nyakigezi.

Ni imirima ya Gaca-nzigo

Musuriye guhinga isi ya Shari,

Ngahaya kwunama.

100 Harya se abivunnye

Kivuna-ngoma cya Mvunyubu ya Bicuba,

Abiru b’i Ruganda bajya i Ruyinga-juru.

Gisamirwa aje ahorera Umuzigaba,

Iwa bene Semutaga twumva mwataka.

Rubyutsa, ko waguye mwo akabuye akanwa

105 Ni impaka agutsinze mwajyaga

Umugabe wa Mutayameza,

Mwagambiraga mu rwuri

Ngo mushore ntimwakura,

Aracyura ubuhoro imaze kwivuga.

110 Inyambwe e Nyabarega,

Ni ijerwe rya njye ry’ejo ritaragije

Iyo nzoga nabahamagazaga

I Matsiko ya Mabara,

Mbaburira mu keka umuhana.

115 Ubwo mwendereje Gaca-nzigo

Nimuziguruke inyonga,

I Nyamikakwa ndorera

Baba insiga-busa.

Rubyutsa, ko waguye mwo akabuye akanwa

Ni intizo mwinyaze

120 I Nyagisasa cya Bazira-ntege,

Mwatijwe na Nyarugendo

Ubutati buvuye iyo.

Kamagari agiye n’imutaga

Intizo iteka ku manywa

125 Ukamenya ko atari shiti.

I Nyarutanga n’impinga ya Shororo,

Ushyira i Jurwe

Rwinkoni ahakuye Rwamba.

Ahatije inshuti iramuryaruga

130 Nibimukire Mugaga,

Agerereje ijabiro rya Muganza.

Rubyutsa ko waguye mwo akabuye akanwa

Ni inkorogi ziri mu rugo umu,

Rugero rwa Rubazi yirishye mu Butaka.

Izo Umwega yaragizwaga ku Gahunga,

135 Gihinga-mushyo yenderejwe na Cyiba-mparage.

Si izindi ni za nka nkuru,

Rukoza-ngabo rwa Nkuba ya Rumeza,

Izo yari yabanje kugabana

Ni izo Mikore yakobwaga mu Bunyinya

140 Yahawe inka zose ziratabara Ibinda.

Mbese ni abantu bitiranwa na zo

Abahinda ba Kanyuza,

Basanzwe i Mukaza-jembe wa Kirehe,

Aya macumu Samukondo arasana

145 Ruheza-mbogo amwendereje, ntiyabarwa.

N’abo ajya gufata mpiri

Mpingana-mu-muzi ya Mbazi ya Rumeza,

Ndamuzi aho agira ubuntu,

Ndi mu kubona mpongerwa

150 Ngo nzabatonere iwacu i Bwami

Bwa Ntebe ya Kanyonga

Abanzi bajya i Nyakabuye.

Ndi ku Mugabe w’agasigisigi,

Abanzi mbakina ku ijosi

155 Iyo rijya, iyo riva zivuza ingoma,

Z’i Mugogoma wa Nyiramuhanyi

Ntizizava ku murishyo.

U Rwanda ni rwo ruzemera iminsi,

Mirango ya Bwirukiro

160 Muzanganya ubugabo.

Aho wanganye hose umpamagare,

Rukoza-ngabo rwa Nkorera ya Nyir-uruganda,

Nkungerwa ya Nkoni nzakoma urume

Aho werekeje ubwinshi unyakure.

165 Mbaraga ya Mbanje

Nzanye ingabwe e njye,

Nubahiye n’abafite inkwano

Zidashyingiye Nkoreyinka,

Ya Nyonga na Nyiranyangoma.

170 Abahima ni nk’abana,

Ahandi Bakuka ya Rwinkoni

Yahakukana abageni.

Abashyoma si abantu

Ahandi mba nshyingiye Cyikora,

175 Nkamurongoranya ingoma.

Ukareka ibyo gucanira

Amashyo ya Ntaraganda,

Ugashyira ku ibega.

Uzogire urwuya

180 Ubatahiranye mu kuzibaza,

Uzazane na za Nyabungo za Nyamihayo

Sem comentários:

Enviar um comentário