domingo, 1 de junho de 2008

031. UMUNSI MBARIRWA INKURU

031. UMUNSI MBARIRWA INKURU = LE JOUR OU ME PARVINT LA NOUVELLE



09 MUNYANGANZO

Ce poème de la catégorie « Ikobyo » a été offert à Rwabugili. Après avoir vaincu le Buyabungo, celui-ci s’ y attarda pour installer une administration à la rwandaise. A ce moment-là, il tomba gravement malade. C’est alors que notre Poète accourut du Rwanda et trouva le roi à la rive occidentale du Kivu, déjà hors du danger. Il lui adressa alors ce poème de soulagement et de salutation de tout le Rwanda. En fait, la maladie du roi était une dysenterie, due sans doute à l’eau ou à la nourriture locale. Le poème nous révere la nature de cette maladie en ces termes : « Mbaraga arwaye irandura ».

Umunsi mbarirwa inkuru

Ya Mporeza ya Mbabazi,

Mbaraga arwaye irandura*,

Bucye kabiri

005 Mbarirwa iya Rukundo,

Bati : yarakize

Abanzi ni we ubica musa,

Miseso ya Nsamira.

Umutaga mbarirwa ko aberanye*

010 Ruberwa rwa Birori na Rubazi,

N’abambwiye ngo : si aho,

Nanjye nti : ni aho.

Kurya ari ku ngeso abyirukanye

Intwari iyo itabaye imara igihe,

015 Na njye nkaba ndinze

Ko azaba mweru mu ngohe.

Ngom-ebyiri ya Mugorozi wa Muganwa,

Nkaba nteze ko azitwa Rukambwe.

Yamera impuga acyimye Nyampundu,

020 Mpabose ya Rusaza

U Rwanda rwaba umuganahe*.

None ngaha baragushima,

U Rwanda rwose,

Rwenga rwa Rubazi

025 Ngo waragiye kuruvuna.

Baragushimye ab’igihugu cyanyu,

Muhungu wa Musabwa* na Mwikozi*,

Ufite ishimwe ino.

Baragushimye amaboko

030 Y’Abantu n’ay’Abami,

Mwagirwa na Mwambarira-ngoma

Ab’i Rwinyege ngo kaganze.

Baragushimye ab’i Gishari

Mwashakana amatungo,

035 Inka zikimika Kanyarwanda.

Abasabwa ba Nyamususa

Mu Basinga ba Rusaza rwa Muhanyi,

Uhafite ishimwe.

Abacu, abatakurambirwa

040 Abatayi, Mutandi wa Rubomboza,

Abanyarwanda bawe.

Baragushimye Abanyakavumu

Ka Kavubika kwa Nyamata,

Ab’i Rwonsa-habiri ha Gihinira,

045 Abarera ba Nyirakirongoro.

Abaramutswa-nyonga za Karinga,

Abageni bawe bakuru,

Bagushima na we ubashima.

Abega, Nyamwiza wa Bicano

050 Muzatizanya ingoma.

Abasasira ba Rusaza

Baryamana na Rumeza na Rwingwe,

Bakamurara hambavu.

Ba so ga wa Mukaka

055 Abakuru ni abo,

Ab’i Mukama-mpunzi

Abanyenganji bawe.

Baragushimye Abarembo

Bararana na so,

060 Ku gisasiro cya Busage,

Ab’i Bwinsiri amavu yawe.

Ababo iwa Nyamarembo Abakono,

Mukende wa Rusaza

Bakifuza kindi ki ?

065 None ngaha bahirwa kabiri

Rukiga bo na Nkoreza ya Rwimikore,

Babyaye kabiri.

Udutsindiye ababisha

Watsinze n’ubukenya,

070 Mukende wa Rubomboza

Umaze abantu icyangwe*.

Baragushimye Abakubu

Mukubira-cumu wa Ngoma,

Bakoreshaga Nyirabinga amagana.

075 Abahorera ba Rusaza

Bashyingiranye Byondo bya Byirabo,

Bakabyara Byanzu.

Nangwa ntitwabonye

Uko twambuka ibyambu,

080 Byunzwe bya Byuzumbu na Byinsibo

Ntizari imbere y’ingabo za so.

Ntitwabona inzira dutaha

Utaturemye umutima,

I Ntamirizo ugatamirira yo.

085 Baragushimye bishywa banyu

Mwishywa wa Mwishyuzi wa Mwam-urasa,

Babyawe na Nkara,

Bazana inkamwa.

Abahungu ba Nkobore

090 Nkoni ya Mwikozi,

Bahuye izo nduba.

Ngizo i Mpundu uhawe

U Rwanda rwose zirahogera,

Rwurira-mahanga, Ruhangariza-banzi

095 Rwa Nzabara ya Ruziga,

Wafatiriye inzigo ikarimbuka.

Rwabyutsa inzigo urwango

Ruzitse umurundi,

Mugenzi wa Karinga

100 Ngabo akazamburwa ingoma.

Aragushimye wa murasanyi mukuru,

Mukutwa-nkoba, Mutyarizwa-mbazo

Wa Mbavu ya Mboneko,

Uwaguranywe ingoma gatanu.

105 Uwaguzwe Rushya wanyu

Uwavunnye Karinga ajya i Kabiho,

Arahakugiriye na bwo.

Uwo ni uwanyu ukuraho igise

Gisine cya Nsamira ya Rusaza,

110 Uwo ntarumanza Ntuku ya Ntenderi.

Uwo ni Umunyiginya itarambiwe

Yashoka agaca inyota ya Muteri,

Ntuku igakuka inkomati.

Aragushimye Gihanga-cumu

115 Cya Gihumbi cya Bicuba,

Wacuranguye i Buguru

Anyaga inka iwa Zuba,

Ngo azimirire yo.

Ab’i Bugenda bagwa mu rwangaro,

120 Aho yadukiye yo

Abagwira nk’ishyano,

Batacyomowe ukundi.

Kiramba ageze i Nkanda,

Abakoza hasi buhere.

125 Ni akabiri kanyu Abanyiginya.

Munyazi w’izihera

Wa Mihunga ya Mahinguka ,

Irabatwarira Nyamurunga.

Inywa Gihana igitondo

130 Imuheta igisizo,

Gisanga cya Rusaza

Zimunywa insangirizi.

Iramura se wa Rwimiheto umuhungu,

Karinga ka Mwikozi,

135 Ikora umuntu kabiri.

Aho ikuriye inyota

Inkungu ya Rukuge,

Aho ishiriye rya ruha, iraruhuka.

Umurambi wa Muringa

140 Ni uko muwemera,

Abahungu ba Forongo mukayizindukira.

Kiriro ko wumiwe nk’uwahoze,

Ni rya cumu riciye imihigo

Rya Muhizi wa Bicuba,

145 Iricubya abanzi bakarorera.

Irya se wa Muhanyi

Iryo yisha inzigo,

Iryo yamaze kwisha abarozi,

Ryambukiranye yo.

150 Irye ntirigira ipfunwe

Rigira ubugwenyama,

Iryo agemana mu rwano

Rikebye inzigo

Rikishyukana* na we.

155 Yaritekana i Mururu , Murenzi

Aryiriranwa mwo ubugi, Burega

Arirarana mu mato,

Rwemera-matabaro rwa Bitugu

Atabarutse mbona atanze imigani.

160 Muganwa nta we umwigera

Abigera Rweru rwa Cyozi,

Baragwa mu isibo ya Sibo.

Bwimba bwa Busage

Abatanije akabatesha imigobo.

165 Reka atsinde, atera kabiri

Ruteranya-mbibi rwa Mbangira ya Mbabazi,

Imbaga y’aho akayisiba.

Reka bapfe ni bo bangangije

Ruyenzi rwa Rubazi,

170 Nta we uzamuramana Rwiriza-mirisho.

Nimwishyure inzigo yanyu abahore

Muhanyi wa Rusaza,

Imihayo yanjye ndarahiye.

Kiriro heba irembo watoboye

175 Ntwari ya Bitondo ararisibye.

Bya bihugu wahoze wihaya

Ngo erega uzabyima,

Yabyunze ejo Biraro

Garuka wime.

180 Bya binyoma wahoze ubeshya

Muri bene wanyu Nyacyotsi,

Ni byo by’ibyo.

Garuka urwane

Shibura uhunge utacyubaka,

185 Hubake uwahawe n’Imana,

Arahakujyanye du .

Tega umutwe awuteme

Wiyambike Mutukura wa Ndoli,

Nta we uyigera akawutahana.

190 Ni uko bajya kwunguka ibihugu

Bahire b’i Ntora bagatabaruka.

Ni uko bajya batunga amashyo

Bakubura ab’i Bushyoma,

Bagashyikira imigisha.

195 Ni uko bajya batsinda Abami

Nyamwami wa Rusaza urakisazira.

Irya Ntibaba imbata ku yabo

Iravumba nk’umuvumbyi,

Ikagwa mu rwangaro.

200 N’aho ino ntituguranirwa

Umwami wahawe ni we uyima,

Mugeyo ikiraga ingoma.

Sem comentários:

Enviar um comentário