031. UMUNSI MBARIRWA INKURU = LE JOUR OU ME PARVINT LA NOUVELLE
09 MUNYANGANZO
Ce poème de la catégorie « Ikobyo » a été offert à Rwabugili. Après avoir vaincu le Buyabungo, celui-ci s’ y attarda pour installer une administration à la rwandaise. A ce moment-là, il tomba gravement malade. C’est alors que notre Poète accourut du Rwanda et trouva le roi à la rive occidentale du Kivu, déjà hors du danger. Il lui adressa alors ce poème de soulagement et de salutation de tout le Rwanda. En fait, la maladie du roi était une dysenterie, due sans doute à l’eau ou à la nourriture locale. Le poème nous révere la nature de cette maladie en ces termes : « Mbaraga arwaye irandura ».
Umunsi mbarirwa inkuru
Ya Mporeza ya Mbabazi,
Mbaraga arwaye irandura*,
Bucye kabiri
005 Mbarirwa iya Rukundo,
Bati : yarakize
Abanzi ni we ubica musa,
Miseso ya Nsamira.
Umutaga mbarirwa ko aberanye*
010 Ruberwa rwa Birori na Rubazi,
N’abambwiye ngo : si aho,
Nanjye nti : ni aho.
Kurya ari ku ngeso abyirukanye
Intwari iyo itabaye imara igihe,
015 Na njye nkaba ndinze
Ko azaba mweru mu ngohe.
Ngom-ebyiri ya Mugorozi wa Muganwa,
Nkaba nteze ko azitwa Rukambwe.
Yamera impuga acyimye Nyampundu,
020 Mpabose ya Rusaza
U Rwanda rwaba umuganahe*.
None ngaha baragushima,
U Rwanda rwose,
Rwenga rwa Rubazi
025 Ngo waragiye kuruvuna.
Baragushimye ab’igihugu cyanyu,
Muhungu wa Musabwa* na Mwikozi*,
Ufite ishimwe ino.
Baragushimye amaboko
030 Y’Abantu n’ay’Abami,
Mwagirwa na Mwambarira-ngoma
Ab’i Rwinyege ngo kaganze.
Baragushimye ab’i Gishari
Mwashakana amatungo,
035 Inka zikimika Kanyarwanda.
Abasabwa ba Nyamususa
Mu Basinga ba Rusaza rwa Muhanyi,
Uhafite ishimwe.
Abacu, abatakurambirwa
040 Abatayi, Mutandi wa Rubomboza,
Abanyarwanda bawe.
Baragushimye Abanyakavumu
Ka Kavubika kwa Nyamata,
Ab’i Rwonsa-habiri ha Gihinira,
045 Abarera ba Nyirakirongoro.
Abaramutswa-nyonga za Karinga,
Abageni bawe bakuru,
Bagushima na we ubashima.
Abega, Nyamwiza wa Bicano
050 Muzatizanya ingoma.
Abasasira ba Rusaza
Baryamana na Rumeza na Rwingwe,
Bakamurara hambavu.
Ba so ga wa Mukaka
055 Abakuru ni abo,
Ab’i Mukama-mpunzi
Abanyenganji bawe.
Baragushimye Abarembo
Bararana na so,
060 Ku gisasiro cya Busage,
Ab’i Bwinsiri amavu yawe.
Ababo iwa Nyamarembo Abakono,
Mukende wa Rusaza
Bakifuza kindi ki ?
065 None ngaha bahirwa kabiri
Rukiga bo na Nkoreza ya Rwimikore,
Babyaye kabiri.
Udutsindiye ababisha
Watsinze n’ubukenya,
070 Mukende wa Rubomboza
Umaze abantu icyangwe*.
Baragushimye Abakubu
Mukubira-cumu wa Ngoma,
Bakoreshaga Nyirabinga amagana.
075 Abahorera ba Rusaza
Bashyingiranye Byondo bya Byirabo,
Bakabyara Byanzu.
Nangwa ntitwabonye
Uko twambuka ibyambu,
080 Byunzwe bya Byuzumbu na Byinsibo
Ntizari imbere y’ingabo za so.
Ntitwabona inzira dutaha
Utaturemye umutima,
I Ntamirizo ugatamirira yo.
085 Baragushimye bishywa banyu
Mwishywa wa Mwishyuzi wa Mwam-urasa,
Babyawe na Nkara,
Bazana inkamwa.
Abahungu ba Nkobore
090 Nkoni ya Mwikozi,
Bahuye izo nduba.
Ngizo i Mpundu uhawe
U Rwanda rwose zirahogera,
Rwurira-mahanga, Ruhangariza-banzi
095 Rwa Nzabara ya Ruziga,
Wafatiriye inzigo ikarimbuka.
Rwabyutsa inzigo urwango
Ruzitse umurundi,
Mugenzi wa Karinga
100 Ngabo akazamburwa ingoma.
Aragushimye wa murasanyi mukuru,
Mukutwa-nkoba, Mutyarizwa-mbazo
Wa Mbavu ya Mboneko,
Uwaguranywe ingoma gatanu.
105 Uwaguzwe Rushya wanyu
Uwavunnye Karinga ajya i Kabiho,
Arahakugiriye na bwo.
Uwo ni uwanyu ukuraho igise
Gisine cya Nsamira ya Rusaza,
110 Uwo ntarumanza Ntuku ya Ntenderi.
Uwo ni Umunyiginya itarambiwe
Yashoka agaca inyota ya Muteri,
Ntuku igakuka inkomati.
Aragushimye Gihanga-cumu
115 Cya Gihumbi cya Bicuba,
Wacuranguye i Buguru
Anyaga inka iwa Zuba,
Ngo azimirire yo.
Ab’i Bugenda bagwa mu rwangaro,
120 Aho yadukiye yo
Abagwira nk’ishyano,
Batacyomowe ukundi.
Kiramba ageze i Nkanda,
Abakoza hasi buhere.
125 Ni akabiri kanyu Abanyiginya.
Munyazi w’izihera
Wa Mihunga ya Mahinguka ,
Irabatwarira Nyamurunga.
Inywa Gihana igitondo
130 Imuheta igisizo,
Gisanga cya Rusaza
Zimunywa insangirizi.
Iramura se wa Rwimiheto umuhungu,
Karinga ka Mwikozi,
135 Ikora umuntu kabiri.
Aho ikuriye inyota
Inkungu ya Rukuge,
Aho ishiriye rya ruha, iraruhuka.
Umurambi wa Muringa
140 Ni uko muwemera,
Abahungu ba Forongo mukayizindukira.
Kiriro ko wumiwe nk’uwahoze,
Ni rya cumu riciye imihigo
Rya Muhizi wa Bicuba,
145 Iricubya abanzi bakarorera.
Irya se wa Muhanyi
Iryo yisha inzigo,
Iryo yamaze kwisha abarozi,
Ryambukiranye yo.
150 Irye ntirigira ipfunwe
Rigira ubugwenyama,
Iryo agemana mu rwano
Rikebye inzigo
Rikishyukana* na we.
155 Yaritekana i Mururu , Murenzi
Aryiriranwa mwo ubugi, Burega
Arirarana mu mato,
Rwemera-matabaro rwa Bitugu
Atabarutse mbona atanze imigani.
160 Muganwa nta we umwigera
Abigera Rweru rwa Cyozi,
Baragwa mu isibo ya Sibo.
Bwimba bwa Busage
Abatanije akabatesha imigobo.
165 Reka atsinde, atera kabiri
Ruteranya-mbibi rwa Mbangira ya Mbabazi,
Imbaga y’aho akayisiba.
Reka bapfe ni bo bangangije
Ruyenzi rwa Rubazi,
170 Nta we uzamuramana Rwiriza-mirisho.
Nimwishyure inzigo yanyu abahore
Muhanyi wa Rusaza,
Imihayo yanjye ndarahiye.
Kiriro heba irembo watoboye
175 Ntwari ya Bitondo ararisibye.
Bya bihugu wahoze wihaya
Ngo erega uzabyima,
Yabyunze ejo Biraro
Garuka wime.
180 Bya binyoma wahoze ubeshya
Muri bene wanyu Nyacyotsi,
Ni byo by’ibyo.
Garuka urwane
Shibura uhunge utacyubaka,
185 Hubake uwahawe n’Imana,
Arahakujyanye du .
Tega umutwe awuteme
Wiyambike Mutukura wa Ndoli,
Nta we uyigera akawutahana.
190 Ni uko bajya kwunguka ibihugu
Bahire b’i Ntora bagatabaruka.
Ni uko bajya batunga amashyo
Bakubura ab’i Bushyoma,
Bagashyikira imigisha.
195 Ni uko bajya batsinda Abami
Nyamwami wa Rusaza urakisazira.
Irya Ntibaba imbata ku yabo
Iravumba nk’umuvumbyi,
Ikagwa mu rwangaro.
200 N’aho ino ntituguranirwa
Umwami wahawe ni we uyima,
Mugeyo ikiraga ingoma.
Sem comentários:
Enviar um comentário