domingo, 1 de junho de 2008

007. ZEMEYE INGANZO INGONGO

03 BAGOROZI

Iki gisigo kiri mu bwoko bw’ “Ikobyo”. BAGOROZI yagihimbye asubiza icya Muhabura mu mpaka zo kumenya ikiruta ikindi hagati y’Ingabo zirwana n’Abacengeli bamena amaraso ya bo bapfira igihugu. Byombi birakenewe; ariko Ingabo ni zo rifite uruhare runini.

Zemeye inganzo ingongo

Inganzo yacu ibyiruye,

Za Ndahise ya Gica-mbwa,

Nkajya kuzambika.

005 Ko barwaye nk’umurwayi

Ugabanya intwari za Cyiza,

Nkajya kuvuza.

Rero twigirira

Twaje ubuhoro twese,

010 Nkaba ingoma igira imirimo iruhije,

Imirwanire ya Nyiramiragwe na Mikore,

Iyo ukomase ushotse ugira inguma.

Izatunywa Bashika-zina,

Twunamure, ntituzashira

015 Imana yo kutworora ifite Ncyuye-mageni.

Ntiharakamenywa ko inka zigwizwa n’inyana,

Abashira-mazinda ba Nzobe ya Birende

Nkarora icyanzu bakaza.

Ko bakijya iz’i Mujya-ruguru

020 N’uwakomye ibicuba by’abashoza ingoma,

Ngo hodahira umwe ?

Abantu dushyize aho twenda

Twakwishyutse nta gisare

Nkaba, i Sukiranya-mata yera n’ay’inzobe,

025 Cyanga-shyamba cya Ngeze i Shyara ya Kikora,

Abakozi bayo ntibatandukanye.

Ikunda abaciye Muringa

N’abishe ababisha,

N’iyo soko ntiyagwira ukayisiba.

030 Jye ko ntyaza amacumu yose,

I Bwicara-mpundu bwa Nkuba ya Rukorera,

Ukanga ukayahera.

Ugasesa rimwe tukesa ku rugamba,

Abaciriwe Rwica-nzige tukanzurana abo

035 Uzi ko ari twe bahigana b’inzigo,

Y’abatugirira inzika.

I Buzirika-nkobe bwa Mpibicuba,

Duce abanzi hejuru

Dushime tukiri aho,

040 Witurinza iminsi.

Tukajya i Rwinkanga iwa Nkoze-imyambi,

Ntitubihiye abantu n’Abami,

Widutega gusaza, turakura

Nta we urusha Cyilima uyu gushaka u Rwanda.

045 Ureke n’agasebanyo umbaza,

Kanywerera–mbogo ka Nyiransamira ya Mbabazi,

Ndi umukwe wa Rweru

Umuntu akitwa runtu.

Utakwihakanye ubwana,

050 Wari Umuhutu ntageze mu be

Nakuye i Kanyoni, ndaza ndakumeza.

Rusine, usinda inzoga nguhaye

N’umugabo wanjye Rugarishya–mihana

Rwa Mihigo ya Nyiraruhingo,

055 Wingendana ngo ndasega.

Simvumba mpora mpishije,

Sinsenga ndi mu wanjye

Sinasonzanye Gisa cya Barasingabo.

Mpa umugabo w’abo nagaye,

060 I Mugogoma wa Nyiramukozi na Mutima

Atugorore Serugorora,

Jye nkwatse umugabo.

Jye nguhe umugabo

W’uko wagaye ababyirutse

065 I Mpunga ya Nyirampore,

Ikiruta ari ukubyirura abantu

Ikiziriko ni cyo mbyeyi,

Nta we ubyirura atagira imicuko

Ucumuye abantu aba.

070 Nakubwira ko abana

Ari bo ba se w’abantu,

I Bumba-mbeho rya Nyirabugiri na Sabugabo,

Ubuhoro bwaramutse ukarakara.

Induru zavuga mu ngabo

075 Ukarabuka, ari ikizira,

Twishyutse ngo ntizavuga ingoma.

Urumve jye n’umucengeli simugaya

Afasha imbaga icumitana amacumu

Ya Rucurana-mbuko rwa Mbangira ya Gashorezo,

080 Imbaga ndayizi ifasha umuhabwa Rukinga.

Bazazizana batarandutse

Uzaba urora imisore

N’imicuko ya Bacinkamba.

Urumve n’urutsiro jye sindugaya,

085 Rufasha igihumbi

Kiyogoza igihugu cya Kingame

Umwami ugwije abantu agwiza ingoma.

Twakweza kumwe Imana

Ntakurusha imbaga,

090 Nagusumbya iminyago.

Ureke n’ibyo uvuga

Ngo barabukira ibishira

Abami b’i Bwama-vubiro

Bwa Muvunyi wa Kanyura-ntwari,

095 Wibabeshyera ngo bakunda ubuseke.

Ibihari nzamuye,

Tubikesha Abami

Ureke induru ntizaruta induba,

I Nduzi ya Birori.

Singaya imbaga

Nzi icyo yamaze

100 Ku Mugina, Mugera-riba wa Mabara,

Tukinganya abantu

Mu Kona tukinganya imbaga,

Mu Nyabikoni twaharamutse twananiranywe.

Ngaka agasumbirizo yavana i Karagwe,

105 Karamuka-kwesa ka Sohoringoma ya Gasogwe,

Kaje i Nyakabungo ntibashoza mu Kabuye.

Akaragwa gahorera Rugaba rwa Rumeza,

Barimuka mu Buhanga.

Singaya imbaga

Nzi icyo yamaze

Rubambura-batimbo rwa Nsoro ya Nyamiko

110 Abasiga ibitaka bya Matwenge,

Urumve, singaya abana Ndahiro yoroye

Ndoli n’abana baramuhoreye.

I Shyanihise rya Nyiramirishyo na Mirarwe,

Rubuguza acengereye Rubanda.

115 Nta mwete mfite

Abazubaka Gitambi na Kiyebe

Gaca-nzigo azararanura inka.

Singaya imbaga

Nzi icyo yamaze

Ku mbizi ya Kayumbu

Mugesera baca icyuho kuyinyuzamo,

120 Imbaga ya Cyilima ica ibisambo mu nka.

Agerereza i Buzi n’i Bugoyi,

Ari abana ba Rubanda,

Kandi ga ari abana b’Umwami,

Ukubyara wigusendekera

125 Kwaruse ibintu.

Singaya imbaga

Nzi icyo yamaze

Ku iriba rya Nyamashyo

Dushorera iriba rya Nyamagana,

U Buyenzi bukita u Burundi

Urubyaro rwa Bwiza rukabuhindura u Rwanda.

130 Inka ijana, ingoma ijana

I Muganza wa Shororo

Abantu turazizana.

Ibihumbi by’i Ndorwa

Bizanwa n’abo abyiruye

135 Muhanyi wa Buhanzi,

Nkahaguhera abagabo.

Urumve na we ntagaya imbaga

Azi icyo yamaze

Ruboneza-jembe rwa Jabo rya Sarugo,

Ntiyadukengereye adukwiza amashinga.

Bicaze mu nzu ndore abanyu

140 Wimarize wenyine, atabarure

Rugwe rwa Munyagandwi.

Ugaragaza Rugarura-nkiga

Rwa Rugaba-ngabo na Rukangira,

Ibyo umarisha abantu

145 Utega Rukatsa.

Imirimo iruhije iza atayishaka,

Agasanga abajije Imana

Ireza abana, ikazatunga abantu.

Harya mu bashira ku bana,

150 Ab’i Bunge, ba Rubuga,

Asize Nyamuheshera

Rugwe abendera ingoma.

Urabagaye ujyeyo bishyuke

Tubike ingabo,

155 Nurasana wenyine ukaganza, ndarahiye.

Utentebutse gusebya abasoni

I Sinda-nyoni rya Nkuba ya Rukorera,

Icyaha cyaba icyo.

Ugusiga neza kwawe si ko kuntuka

160 No gusebya intwari,

Ngo urazishatsa, byoye

Ntiwazirikanye umunsi w’i Kigorora.

Kigeli cya Nsoro ya Kirega-ncuro,

Yagaba Cyilima

165 Twacengeza amagana.

Mwe ga mucengeza ab’iwanyu

Indokoke za Cyilima tuzegereza i Jenda.

Umva impaka nziza tugira Nzogera

Ya Nzanyimihigo ya Kanyura-nkiga,

170 Nkaba mbona utentebutse gutandura.

Ntiruguye, wica abana mu gihugu

Ukubyara narakwitegereje ku Mbizi.

Bamarira ingoma abambaye intuku,

I Ntonde ya Nyiratamba,

175 Umva abatambara inono yeze.

Iyo ni “ na we” nk’abana

Utangwa mu maboko, sinkwanga,

Uramenye wangwa mu ntoki

Ba so barabyaye,

180 Abakuru bakabyara

Imbuga inyweka,

Umva nagusumbya ingingo.

Abakuru bucya bongerwa mwo ababyirutse

Ni zo ngo wabonye i Gasabo.

185 Icyorezo k’ i Matyazo

Cyamazwe n’ababyeyi b’i Karango

I Mwendo hotugumiye.

Ishyamba ry’i Gasura

Ryamazwe n’ishyunga ry’abana,

190 Ugatoya abantu imirimo.

Ngo icyatuma itavuga Nyagisaka ,

Ni ugukamya twese

Hagasagamba ishyamba.

Ahandi, bacyambara ingori abagore,

195 Ingurwa ya Cyozi

Ntigisiba imirishyo.

Sem comentários:

Enviar um comentário