sexta-feira, 30 de maio de 2008

UMUNSI AMEZA IMIRYANGO YOSE

001. UMUNSI AMEZA IMIRYANGO YOSE
Iki gisigo Cyahimbwe na NYIRARUMAGA


Mu mateka y’Ibisigo by’i Rwanda iki ni cyo cyahimbwe mbere y’ibindi byose. Cyahimbwe n’umusizi-kazi NYIRARUMAGA, amaze kuba Umugabe-kazi w’ingoboka w’Umwami Ruganzu Ndoli. Yagihimbiye gukemura ikibazo cyariho icyo gihe, cyo gushaka ko amateka y’u Rwanda atagumya kujya yibagirana nk’uko byari byaragenze mu bihe byamubanjirije. Uwo mugambi yawushyize mu bikorwa ahimba igisigo yise « impakanizi », agira ngo kizabe urugero rw’ubwo buhimbyi bushya. Icyo gisigo kimeze nk’urunigi. Amateka y’ingenzi y’ingoma ya buri mwami akaba nk’isaro ry’urwo runigi. Isaro rya mbere rivuga amateka y’ingoma ya Ruganzu Bwimba. Bityo rero, uko ingoma zigenda zisimburana, Abasizi bakagenda bongera ho amateka y’ingoma yabo. Akaba isaro rishya ry’urwo runigi rw’amateka u Rwanda rwambaye. Ni yo mpamvu amateka y’u Rwanda tuzi ari aho ahera. Aya mbere y’icyo gihe yitwa ay’ingoma z’ “Abami b’Umushumi”, yibagiranye burundu.

Alegisi KAGAME wacyanditse, avuga ko umusizi wanyuma wari ukizi neza yari Nyirimigabo ya Marara ya Munana, waguye mu gitero cy’i Bunyabungo ku ngoma ya Rwabugili mu I881.

Cyandikishijwe n’umuhungu we Nyagatoma. Undi wari ukizi yari Karera ka Bamenya, wabaye Umutware w’ Intebe y’Abasizi w’imperuka, wo ku ngoma ya Yuhi V Musinga. Abo basizi bombi ntibari bacyibuka imikarago yerekeye ingoma z’Abami batatu b’imbere ya Ndoli, ari bo : Kigeli I Mukobanya, Yuhi II Gahima na Ndahiro Cyamatare.

Iki gisigo kiri mwo mateka ki ? 1/ Interuro y’iki gisigo ivuga ngo « Umunsi ameza imiryango yose », uwo muntu uvugwa ni NYAMUSUSA. Yabaye umugore wa Gihanga, wahanze ingoma nyiginya. Yabyaye abana batatu, baragwa ibihugu bitatu : Kanyarwanda aragwa u Rwanda, Kanyabugesera aragwa u Bugesera, Kanyendorwa aragwa i Ndorwa. Ikindi, Nyamususa, wari umukobwa wa Jeni rya Rurenge, yabaye uwa mbere mu Bagabe-kazi b’Abasinga 9 kuri 12 ba mbere b’ingoma nyiginya. Nguko uko Nyamususa « yamejeje imiryango yose ». 2/ Ikindi Nyirarumaga agamije ho ni uguha ingoma nyiginya « umuzi » ufashe ku butaka bw’u Rwanda. Amateka ya Gihanga atangirira ku mugani w’ « Ibimanuka ». Nyamususa, Umubyara-bami b’Abanyiginya, kuba akomoka ku Basinga b’Abasangwa-butaka, byahaye ingoma nyiginya amateka atari imigani. Bikaba binumvikanye ko ibyo Bimanuka, mu mvugo itajimije, byamanutse mu gihugu cyo haruguru y’u Rwanda. Si na bo bambere baturutse ruguru iyo.


Umunsi ameza imiryango yose ava i Nsiriri
Mwa Bama-mu-ndeka ba Kibyara-Buhatsi,
Uwari kwitwa Nyiramugondo,
Ye Mugondo woroswaga Rugora
Ku mugomba- byuma,
05 I Bogora- ngoma, Mugondo wa Rubavu.
Urya ni wo munsi ihamagara ba So ba mbere,
Rugira rwo ku ruzi rwa Nyirarubuga
Ijya kubereka imigisha.
Ngo: haguruka mujye kwubaka Kiyebe.
10 Mugendera- Gitumba na Nyagitarama
cya Mutambyi,

Aho twahanye imigisha.
Urya ni wo munsi aranda imbuto ajya Buranda,
Buranga bwa Bwojo,
Uwari kwitwa Nyirarubanda.
15 Ye Rubanda rwabandanaga mu rubavu rwa Rubibi,
Rubanguka ati: rubanda rwanjye.

II
Ni wo munsi izina ry’Ubusindiridasiba,
I Tsinduka-sindwe rya Nyiragisare,
No kuri ubu bugingo.
20 Sindabona ababatiye,
Ngeze-kurya ya Mugaga,
Yashakiraga Mugaya-ngwe urumira.
Bahinga aho badasaturiwe,
Abami b’i Saduka-mirwa,
25 Ryarênga bagacyuka,
Bacyuye imigisha bénda.

RUGANZU I BWIMBA

Bahera aho bararima bareza
Ararima Murimura-birwa
Wa Nda-imwe ya Ndarasanye,
Nyiri ukwima kare i Karika.
30 Uwimiiraga Ruhiga

III

Ngo itokora ubuhatsi bw’ i Bugera
Ngo butagenda.
Mutêtêza-nshako wa Shimwe
na Shinga-ngari,
Ateze Ngira-nzima i Muranzi.
35 Ati: ubujyeeri bwo mu Bwimpeke
Butarahurwa mu Bwiriri.

CYILIMA I RUGWE

Bahera aho bararima bareza
Ararima Mucaniira-ngezi wa Ngenzi,
Ya Biraro bya Barambya-urugendo.
Arakubura amashyo arimwo Rushya,

40 Mishyo ya Myezi arayishyikira.
Dore isambu bahingaga i Cubi
N’i Kaba-none rya Miraro
Na n’ubu Bavu akizubatsemwo.

IV
MIBAMBWE SEKARONGORO MUTABAZI

Bahera aho bararima bareza
Ararima i Nduga, Ndagara ya Mikiko
na Migezi,
45 Rwitirwa ko u Rwanda rwa Nsoro
ya Nyakivuna,
Ya Sambu izanywa abazima ba Ntarabana.
Aho mushyize ingabo n’abagabo,
Abagabe b’i Ngabe-imeze ya Kimenyi,
Bugacya tukikorana imiganda.

INSIGURO :

1. Insiriri = Inkomoko
2. Bama-mu-ndeka = Bahora ku ngoma
3. Kibyara-bahatsi = Kibyara-bategetsi
4. Rugira ijya kubereka imigisha = Imana ijya kubaha imigisha
5. « Haguruka mujye kwubaka Kiyebe » = Rugira yabwiye Nyamususa ati: « haguruka ujye
kwubakana na Gihanga ingoma y’u Rwanda : mbahaye umugisha »
6. Bahinga aho badasaturiwe Abami b’i Saduka-mirwa, ryarenga bagacyuka bacyuye imigisha
benda = Bahora bigabiza Amahugu, Abami b’u Rwanda, uko bwije bagacyura iminyago.
7. Bahera aho bararima bareza = Abami b’u Rwanda bararwunguye barugira rugari.
8. Ararima Murimira-birwa wa Nda-imwe ya Ndarasanye = Uwo ni Bwimba wabyaye
umwana-umwe kandi akaba umucengeli mu Gisaka apfira u Rwanda
9. Muteteza-shako ati: ubujyeri bwo mu Bwimpeke butarahurwa mu Bwiriri = Imana iragiye
Ingoma y’u Rwanda iti : imigambi y’i Gisaka nibe igipfa-busa.
I0. Ararima Mucanira-ngezi wa Ngenzi,… arakubura amashyo ari mwo Rushya…na n’ubu
acyizubatse mwo = Agira akamaro Rugwe wazindukiye kunyaga amashyo ari mwo imfizi
ya yo Rushya; na n’ubu akaba akizitunze.
11. Ararima i Nduga yitirwa ko u Rwanda = Mibambwe I ararasana acyura Igihugu cy’i
Nduga mu Rwanda.


LE JOUR OU ELLE DEVINT LA MERE DE TOUTES LES FAMILLES
------------------------------------------------------------------------------------------------

I
Le jour où Nyamususa devint la mère de toutes les familles,
elle qui avait une origine célèbre,
Laquelle avait toujours régné et engendré des rois,
Cette femme qui était une mère prédestinée,
Celle qu’on a dû protéger avec des armes
05 Lorsque le redressement national créait
une situation dangereuse pour elle,
Ce jour-là fut celui pendant lequel Rugira choisit vos ancêtres
Et les établir près d’un lac pour abreuver
leurs bovidés
En vue de les combler de ses bénédictions.
C’est à ce moment-là que Rugira intima à Nyamususa l’ordre d’aller fonder
leur royaume à Gasabo.
10 En passant par les régions

Où nous avons déjà tissé
des relations amicales.
C’est en ce jour-là qu’elle posa les fondations
en sa demeure définitive,
Oh la Beauté de Bwojo !
Celle qui pouvait être une femme ordinaire,
15 Sache-le, ô peuple de Gihanga,
Celle-là est devenue la Mère
du peuple rwandais

II
Ce fut à ce jour que le nom
d’UBUSINDI devint indélébile
« Au vaste rwanda de Gasabo ».
Et y demeure jusqu’à présent
20 Je n’ai pas encore su qui leur a cédé ce pays.
Mukobanya

Chercha un lac pour abreuver
les vaches du Rugwe.
C’est ainsi qu’il conquit
les pays étrangers.
Les rois fondateurs des capitales
25 Ne se reposent pas de leur labeur
qu’au coucher du soleil,
Après avoir achevé le programme
de la journée.

RUGNZU I BWIMBA

C’est delà qu’a commencé le labour
Qui a donné beaucoup de fruits

Il laboura le Laboureur des îles,
Le grand-combattant, père du monogène,
Le chef de file de nos rois intronisés
à Gasabo.
30 C’est lui qui a capturé Rukurura

III

Qui l’a empêché de sauver
La monarchie du Gisaka qui tombait.
C’est lui l’Avorteur du projet de mariage
qui devait
causer l’annexion du Rwanda au Gisaka.
35 Il avait mis sa confiance dans
le Dieu-vivant du Rwanda
Qui avait retiré à la royaume du Gisaka sa survie.

CYILIMA I RUGWE

C’est delà qu’a commencé le labour
Qui a donné beaucoup de fruits
Il laboura le Voyageur qui a traversé
les fleuves
Qui a passé des nuits en logements
de fortune.
Et ramena des troupeaux razziés
avec leur taureau, Rushya,
40 Lui « le prédestiné de Dieu »
s’en empala pour de bon.
Les régions originaires de ce butin
Furent définitivement conquises.
C’est même là que Rugwe a fixé sa résidence.

IV
MIBAMBWE SEKARONGORO MUTABAZI

C’est delà qu’a commencé le labour
Qui a donné beaucoup de fruits
Il laboura Nduga,
Il laboura ses montagnes et ses marais
45 Qui devinrent le Rwanda de Nsoro
dont la résidence
était à Nyakavura.
Cette propriété fut héritée par
les descendants de Ntarabana.
Dès que vous avez mis les armées
et les hommes
Contre les rois de la dynastie de Kimenyi,
Leur pays fut occupé dès le lendemain.

Muzungu Bernardin,op

Sem comentários:

Enviar um comentário