quinta-feira, 29 de maio de 2008

IMANA Y'UMUDENDE

Son Excellence Mgr. Jean-Baptiste GAHAMANYI (+), Evêque de Butare de 1961 à 1997.

IMANA Y’UMUDENDE

Umunsi umwe ijuru ryarakoranye

Maze inama idakuka irashingwa

Imana ica iteka ritavuguruzwa

Ivuga ko u Rwanda rurimo Imana

Ko rugabyemo kandi amadiyosezi

Ari yo miryango isangiye isano

Igahora iberwa no kwambara imidende!

“Ndabona amajyepho yo hagati

Hakennye umushumba ubishoboye

Haganje kandi inyota y’ivanjili.

Hazaba umukondo w’urukundo ejo

Hazasabanira ubura bwanjye iteka

Hagomba umwungeri w’umudende.”

Abamarayika baraceceka

Baruzi Imana ivuga ibikomeye

Babonye ko biyivuye ku mutima

Batangira kubyitaho basobanuza

Bati “cyo se Dawe watwibarutse!

Azava he iyo ntwari izakunogera

Azitwa nde uzambikwa iy’umudende!”

Imana ibihorera ibishaka

Nyamara yarebaga uwo yashimye

Uzayishumbira mu budahuga

Uzaba isura yayo mu bantu

Ahari intonganya akazitsinda

Ahari ituze rikaharamba

Akazabyambikirwa umudende!

Gaburiyeli intumwa idatenguha

Abaza na none izina ry’intore

Ngo ajye kuryamamaza mu bantu

Na bo babyogeze by’imvaho:

Ko Imana yatoye Gahamanyi

Ngo azahore ayicaye mu ruhando

Mu rugaga rw’abambitswe imidende!

Yohani Batista ntasimbura

Ntaba ubuheta ni uburiza

Ni indatwa mu nyambo

Ni intwari ku rugamba

Ntagamburura mu itumba

No ku mpeshyi hashyushye

Ahora aberewe n’umudende!

Ahora akenyeye yakomeje

Ntadendebura rwaremye

Arurema nk’impambi

Agahagurukana impambara.

Uwabarura aho yarwanye

Wasanga akwiriye impeta

Ari byo tumwambitse umudende!

Ingamba yarwanye ni uruhuri

Iz’ingenzi zo ni zirindwi

Yazirwanye uko bukeye:

Amakuzo n’ubusambo

Umururumba n’amahari

Ubwirasi, agahinda n’umujinya

Yarabitsinze yambara umudende!

Urugamba ruravuna

Iyo utarubayeho inganizi

Iyo wanze kuba igice

Ugirango wicungurire ingabo

Buragoroba ukananirwa

Nyamara itabaro nturite

Ukambara umudende ukayobora.

Uba umubyeyi ukabyirura

Ukagira inama zigorora.

Ni byo uyu mubyeyi yagezeho!

Maze buri wese ku giti cye

Akurikije inganzo n’umutima

N’amaso ndetse amuha

Akambika Nyirishema umudende!

Ubwo abahungu aho twataramye

Bati “aho ese Rudahigwa,

Rukemampunzi rwa none

Ko utaregura ikaramu

Aho ntuzabura mu myato

Nk’aho utamenye Gahamanyi

Uyu wimanye n’Imana!”

Babaye bakirigusha

Numva bisa nko kunsembura

Biba korosora uwabyukaga

Ni bwo nigabye mu nganzo

Mbimbura ibyo kumuhimba

Ari byo kumwambika ikamba

Icyo gisingo cy’umudende!

Narinzi ko ari impame

Mu kumuha imyato nshira impumu

Impaka zirashira aba Mparirwa

Imbabazabahizi sinamwiharira

Tumuhimba turi itimba

Rwema ngenda ku isonga

Nshengeranye umudende!

Guhimba nyir’imbaga

N’imbaraga yabyirukanye

N’abakirisitu yibyariye

N’isengesho atasibye

Na buribyari yihase

Si uby’uwenze ngo amuhimbire

Kuko yamugwabiriza umudende!

Amagambo nkoresha

Si asanzwe aho hose

Ngo yandagare aha n’aha;

Ni ayatowe mu rutonde

Ngo atondeke impotore

Yo kwambika intore y’Imana

Iyi twambitse umudende!

Uko yakunzwe n’Ijuru

Uko na Jambo yamutoye

Iko ivanjili yayitojwe

Uko yabyawe mu rugwiro

Ni ko yakuranye urukundo

N’indoro itotsa abamusanga;

Nimumusanganize umudende!

Ni Rugambwa wa Rugaba

Nyirimigabo twaramugabiwe

Abiwe bahora bakeye

Kuko ababera izuba ry’urugwiro

Akabakwiza umutuzo mu mitima

Maze akayitura uwayiremeye

Akazabyambikirwa umudende!

Uko wasanze za misiyoni

Ni ko wagwije amaparuwasi

Na yo agukunda bizira imbereka:

Iyo werekeje i Mugombwa

Usanganirwa n’impundu

N’ibitwenge by’abana;

Ukwiye umudende w’urugwiro!

Iyo usuye ab’i Kansi

Ubasanga bakeye.

I Butare ikambere

Ni ho ku nyarurembo

Ho batera indirimbo

Zigaturwa nyir’ijuru

N’izo ntore za Nyirimidende!

Iyo usuye na Save

Misiyoni nkuru i Rwanda

Biba ari ishema cyane

Kuko usumbura ubushumba

Iyo utunze iyo soko

Icyo kibanza cy’ibanze

Kikugenera umudende!

Iyo urambagira amayaga

Witwaje inkoni y’ubushumba

Abatuye i Nyamiyaga bose

Barishima iyo bakubonye

Kuko basanga waragabiwe

Usanganywe umugambi w’ubugabo;

Na bo bakugabiye umudende!

Iyo ufashe undi murambi

Ukagera i Simbi muri Maraba

Bamwe ngo usigiye n’amasimbi

Abandi ngo usumba amaraba

Bakabura ibyiza mwagereranywa

Kuko uri Rwema ukaba rukumbi

Ukaba warihariye umudende!

Ab’i Kiruhura bararuhuka

Iyo wabatashyeho nk’umubyeyi

Ugana iya Nyanza na Nyabisindu.

Sinavuga kandi Nyanza amahushuka

Ari ho Umwami waremye abandi

Yambikiye u Rwanda umudende!

No ku Ruyenzi ntiwahahunze

Ndetse na Nyumba urayibumbatiye

Kuko uri umubyeyi udahuzenza.

I Higiro ku nkiko baragukunda

Ngo warabigombye koko;

Hamwe na Rugango na Ngoma

Ngo bakweguriye umudende!

Gisagara ntisinziriye na yo

Ntiyobewe ibyiza igukesha

Ni yo mpamvu uri Ntawebasa

N’ishusho y’Imana mu bantu

N’urugero rw’ubukirisitu mu isi

N’urw’ubusabane na bose

N’icyubahiro cy’umudende !

Nguyu umunsi w’impundu

Zivubuka imihanda yose :

Impundu zavuze butaracya

Zibimburira ku Kabutare

Butare yose irazikiriza

Zisanga i Save bagisinziriye

Bakangurwa n’impundu z’umudende!

Zirambagira iyo misiyoni yose

Abo mu Ndara muri Ndora

Zibagwaho ari urwunge

Ku Gisagara ntibasigara

Bazisanganira amasigamana

Bibutse imyaka mirongo

Bamenya umunsi w’umudende!

Impundu zigaruka i Kansi

Na bo ntibikanga ibyo birori

Babimenyesha abo ku i Higiro

Na bo ntibasiba muri iyo sibo;

Nta mpungenge z’impuha

Impanda na zo ntizihishira

Rubanda rumwambika umudende!

Impundu zumvikana i Rugango

Abaho babadukana ingoga,

Zigeze i Simbi zirasendera

Bamenya ko zihawe Gahamanyi

Bamuharira urwo rwoga

Basanze ari ikirenga mu migabo

Bamugira ikinege mu midende!

I Ngoma ho bavugije ingoma

Zisuka umuseke ugikeba

Umunsi wose zirawiriza

Zitegereje ko bwira

Ngo zibikire Nyirimpundu

Zinasoreze ko ibyo birori

Bityo zinogereze umudende!

Abafaratiri bo mu Nyakibanda

Impundu zibasanze mu kibaya

Bati “badutanze kwizihirwa!”

Ni ko gutondeka indirimbo

Ziba nk’impundu z’umukwira

Baririmba “umusaseridoti iteka”

Bamutamiriza umudende na bo!

Maze impundu z’ababyeyi

N’ibyishimo by’ibibondo

N’ubwuzu bw’ababikira

N’abapadiri ayoboye

N’abashumba bagenzi be

N imbaga nyinshi ikoma yombi:

Twese tumwegurira umudende!

Ngutuye igisingo gikuru

Kuko uri intwari byahamye

Ukaba inyanja badaheza:

Ukwiyoroshya tudashyikira

N’urukundo ruduhagije

N’ubupfura badahiga

Ni byo ukesha umudende!

No kugenda by’imfura

N’amafunguro uha abashonje

N’ishema ry’uko turi abawe

N’ubukirisitu wadutoje

N’ijuru kandi wadukinguriye

N’umutima mwiza utanga ituze

Ni wo mudende ubu ukindikije!

Abakirisitu ba Butare

Ntituzakubera intati

Tuzagutaramira iteka.

Tuzigana ubuhoro bwawe

Kuko uri nk’inyanja itemba ituje;

Muri uru rwuri watwemeyemo

Tuzahatera imana y’umudende!

Twese abo wacunguye

Mucengeri wa Mwimanyi

Tuguhaye amashyi y’urufaya.

Mu ijuru iheru urahatonnye

No munsi iwacu urahakunzwe:

Ubwo ushimwa n’Imana n’abantu

Uzahurizwaho imidende!

Ishimire iyi mbaga iguhimbaje

Mbe mushumba wambaye ishema!

N’ubwo nta shimwe ryakureshya

Na none ntawapfa guceceka

Kuko ubutwari butihishira

Waba wakiriye iyi mpano

Nyagasani akazakungurira umudende!

Ntiwacana uruti na none

Kandi urugamba rukiremye

No ku itabaro uri kamara

Kuko ubadukana icyusa

Kidutera kwambika Shitani ibisare

No gushegesha icyaha kica

Tukaba natwe abasonzeye umudende!

Shengurwa n’ishema mushumba

Abo wahishuriye turagushima.

Shinjagira turagushagaye

Turagushengereye Rugero

Waducyuyemo urushya

Uri intwari ihora mu ruge

Ntugerura mu midende!

Jye nkwambitse umudende

Mirongo irindwi karindwi

Na we Mikayile wakumurikiye

Azaguhetuze impotore ye

Rurema azaguhunde ihirwe,

Mu ndunduro y’uru rugendo

Ukindikize umudende w’ijuru!

Ignace Ntagengerwa

Home de la Vierge des Pauvres Gatagara

Kuwa 24 Gicurasi 1996

1 comentário:

  1. Soma n'undi muvugo wahimbiwe Musenyeri Gahamanyi "INKA YA GAHAMANYI kuri www.everyoneweb.com/poesies munsi y'Amazina y'inka.

    ResponderEliminar