Mostrar mensagens com a etiqueta bagorozi. Mostrar todas as mensagens
Mostrar mensagens com a etiqueta bagorozi. Mostrar todas as mensagens

domingo, 1 de junho de 2008

009. NIGABE MU RUGANDA

03 BAGOROZI

Iki gisigo kiri mu bwoko bw’ “Ikobyo”. Kigamije gukomeza amateka y’iyi ntambara hagati y’u Rwanda n’u Burundi ndetse n’i Gisaka. Kirahamya ko u Burundi bugiye gutsindwa, hanyuma iminyago ya bwo ikazamurikirwa Cyilima i Runyinya, kuri uwo musozi yari atuye ho icyo gihe cy’ intambara. Yahise ahindura n’iryo zina. Runyinya ihinduka Mwurire, imwe iri hafi ya Paruwasi ya Save. Kiranaburira Kimenyi IV Getura, umwami w’ i Gisaka, ko urwishe u Burundi rutamwibagiwe.

Nigabe mu ruganda,

Rugambirira-bagabo

Rwa Ngoboka ya Rwango-ruke,

Yaragiye kugoroza.

005 Ngaho barayatyaza amugi y’ibicaniro,

Sinasiba kuhajya.

Muzi n’uko agora umugambi nk’uw’ingabo,

Mugabo nka nde wa Mugandura

Wa Nkuba ya Mugaga wa Bwagiro

010 Nkaba umwambari.

Uzambaze no mu rwangano,

Rwesa rwa Musana wa Cyilima

Ndayirinda imigorora.

Nzindukira mu Baheshi n’iminega,

015 Ba Miragirano ya Nyiramiragwe,

Abaramura bari mu cyambiko.

Ngaho barakarambuye,

Iryiciye mu Bugira-condo bwa Kayumbu.

Muzi ko umukamyi w’urume rwa Rumeza,

020 Rwa Mirishyo ya Nyabareshya

Atajya gutendwa ku iriba.

Yazirikana amato

Y’inka za Murahu,

Yatamiriye i Bungwe.

025 Muzi n’uko agira n’ibyambu byinshi

Byunzwe bya Bicuba,

Ngira inkozi twembi na Nzogera.

Turi n’uruti ruzabakenya ubugingo,

Ndaje kumubarira inka

030 Agororewe n’Abami benshi,

Bo ku Rwamanyege

Rwa Rukundo na Nyirarukoro,

Mu Buyenzi no mu Nzogoro

Nzogera ya Kamina ka Nyonga arahagutasuye.

035 Yahitiza inshuti iba intati,

I Taba rya Kamagari

I Kanyura-nsuri yahagerereza.

Iz’i Ruseke na Rusake na Rusamaza zigahera

Uzishingwa n’abashinga Rugina

040 Jye ndakwe iyi mbari.

Nangwa zizaza mwo ab’ingori n’ingoma,

Rugabira rwa Nyiramugana wa Mutima

Ararorerwa mu butaka.

Imirambi iva inyuma y’iziva ruguru,

045 Runyinya yaje,

Gatovu izashira inyovi.

Zirahari ni nyinshi

Hari iz’i Rukaba-mazinga,

Rukengerwa-jabiro rwa Nyamukungi ya Rubazi,

050 Arimuza Rumuri kwa Rumeza.

Erega Kimenyi itegure

Kirari cya Kirasana yaje,

Iyo nzira izaba bugufi.

Zirahari ni nyinshi,

055 Hari iz’i Bugurwa-nzoga bwa Kiganda

Mu Bugororerwa-ntozo, zizaza n’iza mbere ye,

Ubwo akurikiye abanzi

Ba Rweza-mariba Rwenda minyago.

Hazaba ibirori

060 Aturiye ibyambu byose,

Rwa Mabaro ya Nyirabatamba

Bamwitega i Jabana.

U Buriza buraranye inka n’ingoma

Ajya guha inka amazi.

065 Ngozi ya Maza ya Mabega,

Bakubakiye ibibanza byinshi ba so Abami

Birago bya Ndagano ya Nkomane,

Urageza no ku mwaro wa Nzaratsi.

Kibaga sinyaka ingabo

070 Kimenyi cya Kirasana,

Wenda Mugano iritwe ijabiro.

Urumve sinkwimuye

I Buziga-nyana bwa Mabara,

Singaye gutambana Kanazi.

075 Uransubize n’i Mahembe

Uzogarukire ku mutwe wa Rwabageni,

Mu Rwera-nganzo.

Izanjye ngororano azazimpa,

Nta rwango mwisha

080 Azi ko dusangiye inzigo.

Ruzigura-nkiga rwa Nyirabazima na Mpibizinzo

Ntancikanye Bicu bya Bacanzigo.

Ko ansengera ncyihoreye,

Ko yandemaje

085 Ko agaba ngacyura, Cyusa,

Namugaye iki ?

Ko navugiye gukizwa imbeho n’imvura,

Nkaba Ruvuganira-busoro

Rwa Muvunyi wa Sanzire

090 Ko yangiye ishingwe.

Ko nashatse nkaba Mabega ya Kibarasa

Angirira ubuntu.

Bona n’iyo agiye ruguru,

Rugondo rwa Nyiramugina na Mutegera

100 Na ko ndabwirika nkarorera akaza.

Yaza ajya i Kambere,

Mbere ivuna ingoma

Yavunya intwari ngatumbira i Jabiro.

Nkwiraga nzi ko uri intare

105 Ntaho y’icyoga,

Ya Ntangiriyimpongano ya Nyirantege,

Ntare ya Cyica-mugoyi urandagirire.

Nkwisukira kandi nzi ko uri ijuru,

Jabiro rya Kamena

110 Umukunzi atuma umututsi ubujogo

Ye Muhabura w’inka n’ingoma,

I Nyamikobe ya Mibuga

Tujisha zigatetsa.

Zakubona ntizihigime Muhabura

115 Ishavu rikimuka,

I Joma rya Nyabagabo.

003. INKA ZIGIRA ISHORERA

2°- NZABONARIBA



Iki gisigo kitacyuzuye, kiri mu bwoko bw’ “Ibyanzu”. Ni icya mbere mu bisigo bya NZABONARIBA. Inyito yacyo iravuga ko Nzabonariba asaba Umwami Yuhi Mazimpaka “inka yo gushorera izindi”, bikavuga kuziha izina ry’icyubahiro ryo kwitwa ingabane z’i Bwami. Aranazisabira “Igikingi” cy’aho azazitungira. Yarabigabanye byombi. Ni bwo umusozi wa Kiruri muri Nyaruguru ubaye igikingi cy’uwo muryango mugari w’Abasizi bakomoka kuri uwo mukurambere.

Muri iki gisigo, Nzabonariba aributsa akamaro k’ubwoko bwe bw’Abasinga. Aributsa akamaro ka Nyiraruganzu II Nyirarumaga; Aributsa n’ubutwari bwa TURAGARA rya Nyankaka, mu ntambara ya mbere y’Abanyoro ku ngoma ya Kigeli I Mukobanya.
Icyo gihe intambara yabereye i Muganzacyaro ho mu Rukoma, aho Abanyoro batsindiwe burundu. Nzabonariba aravuga n’ubugwari bwitiriwe Umusinga Nkurukumbi, agira ati : niba ari na byo, « Nta musozi utagira agasharu » !

Inka zigira ishorera,
Bashorera injyishywa za Baragana,
I Nyabana babiri ba Biraguma
Umva inguma z’inyamazi akama.
05 Barangwa-nkiga zirasuruza Nyenkuzo,

Henga nze mbone zirushya,
Ingabane zibyaye uburiza
Za Mihwa ya Kirindirwa,
Njye kuzibwira amavu ya ba Ndoba.
10 None inzimwe ntizigira intambamiro

Iza Barasanya ba Sagihororo
Cya Nkusi ya Cyarweru
Zijishwa gikaniro.
Ahandi ho Mutega zantana zite
Nizintana nzibwire
15 Nti : ni jye Nyabatema,

Ubwamo bw’iyonga
Nyirarubanda na Mugahe.
Nti : ni jye wakubitira
Kirinda-ngabo cya Nyabarubazi
20 Nyarukundo ifukurizwa i Nyarusizi,

N’intambara y’i Mahanzi iramuka
Nkibiki ya Nkingo tukayisaba.
Ahanndi ho Mutega zantana zite
Zizi ko ari jye witwa Intana-batimbo
Ya Nyiramirarwe ya Mikiko
25 Mu bigombe i Nyarubuye.

Rukebanya icibwa umutwe n’Inyarukiga
I Butare bwa Nyamunyoni.
Ahandi ho Mutega zantana zite
Zizi ko ari jye wabyara Ruyange
Mbyaza indatombwa ya Gaju,
30 N’inkebe z’urwoga

Cyoga cya Nyirakiraro,
Ndababyariye mbaha ibyaro.
Maze iminsi mba inshuti yanyu,
Birari bya Ngoduhige ya Nyangano
35 Mbuze cyicaro ki ?

Ahandi ho Mutega zantana zite

Ko ari jye wacaga iteme mu nzu umu
Ryo kwambutsa Kanyuza
Akaba ari jye wagize ingabo icyotero

Imuhira wa Sekimenyi

40 Twayarurira cyungura.

Urya munsi w’ikigagara
Kiramira cya Kiranda-tabaro
Twiziritse igihungizo,
Iramba rya Kibayi ntiyabajije,
45 Kirabya iramwiyahuza Gitwara-babiri.

Ahandi ho Mutega zantana zite

Ko narasanije amaboko n’ururimi
Mu Busapfu bwa Karanyuzwe,
Ngenda na Nyambo
Na yo imihogo ikabyuka.
50 Gakagu iwa Kagogo

Nkaburanira Gatimbo,
Urya munsi Gahungu
Abacengeli cyenda
Cyenda-muheto cya Nyamatwi,
55 Makomeri asanganywe na Makungu.

Aho Nkubira ntitwahunze,
Nkurukumbi yarakamye
Twicwa na Mbanza-Bagina ba Ruyumbu,
Nibwo Rupfumu ashokeye Ndejuru,
60 Inyuma ya Nkima Nkindi.

Intambara y’i Buhanzi duhagurukiye,
Natumwe imihare mu mihana
Mihunga ya Mibuga
Ndengera Mwendo mara ingabo.

Ahandi ho Mutega zantana zite

65 Sinashoreye uruti nshenguruka,

Sinasize Rukondo ari mu rwango,
I Nyabihu bya Nyirarukobe
Ari wo munsi yitwa Nyirabinana
Sahungu agakurwa isenge.
70 No guhabwa u Bwanamukari

Bwa Mbonikiza
Inka zikubahuka imikingo.
Umunsi w’igikomero
Rukomati rwa Nkoni ya Ruganzu,
75 Yagura u Bwanamukari abantu

N’imiriro y’inda ya se yose
Mirindi ya Nyamvura
Yagabye inzira ya Nyakabare.
Ingabo ya Kimenyi yayijishe uburiza
80 Buhanzi bwa Nyamvura
Ayiragira Buracya
Bwa Magayi ya Nyiramacumu
Bwimba ni we uzayiraga.

quinta-feira, 29 de maio de 2008

Mbwire Bagorozi umunsi ugumye

Igisigo cyahimbwe na Muhabura wa Bwayi

Mbwire Bagorozi umunsi ugumye

W'Abami banganye,

Mwebwe bene umunsi yatumaga Gatambira

Iwa Mutwarampigu.

Mutaragara atabayeho impamvu

Atumweyo gutongana,

Bagateka ku rugo.

Urwo rugo rukaba urw'Ingoma nkuru

Batambira ba Bitugu,

Biguzi azacya kunyaga Byeguno.

Amagingo bajya kuyikuraho nyirayo

Na yo Mutukura iteterewe

Ikagomba umugabo.

Ntondere Mukozi umutaga ukakaye,

W'Abagabe bakikanye,

Mwebwe bene umutaga

Yatokoye Matambi ibya Gitebo.

Intonganya ivuye ku rutare,

Na yo Rutare igiye mukwokera i Mututu.

Iyo ni iyo bashikanuraho nyirayo,

Impfuke-ngabe, Bashimana ba Kirimacondo,

Bazaca inzira iwa Cyokezo.

Urugo rwe mu kurutwika

Ngo bikorere iyo ngabe,

Ibanje igakora umuntu mu nda.



None utahazi aho Bagorozi,

Ukunde mpakubwire !

Nkubwire igishyigura Umwami w'ahandi,

Akava ku ntebe ye,

Agatabaguza agaturumbuka

Agata urugo rwe,

N'abarutuye aho bakarwotsa.

Kiti-ihi-se, akaba impunzi,

Yagwana n'ígícó kikifatira,

Akanywera mu gïco.

Uwo ni umuragurirwa

Ujyanye n'abarasanyi

Ngo bamukure ku bwatsi,

Azigurukwe n'ibyo yarimo yimye,

Tukabyenda igihugu tukagihinga,

Umwami nyiracyo imbonwa imuyongobeje,

Akagenda atyo.



None utahazi aho Bagorozi,

Ukunde mpakubwire !

Nkubwire ko itabaro risa

Ritagira umucengeri,

Ricyura iminyago misa,

Bitarimo ingoma y'ingabe

N'intebe y'Umugabe

I Mugogoma wa Nyiramugabe,

Nyamugongo wa Nyamurwana !

Umunsi du wo kubicyura

Mugabo Mvumbana,

Aho bigomba umugabo.

Aho ga nyine bagashyira amasuka

Abahinzi ba Bisoro bya Bisage,

Amasaka agasenyuka mu matongo;

Ngo: ''Aho nyine hasenyewe nyiraho !''

Nk'imirima itamanzuye mu Busanza.



None aho Bagorozi,

Ukunde mpakubwire !

Nkubwire ko yaremye imishyo

Irora imana ziramizwa amata

Mugutuma iyobora itabaro rikanyaga,

Rigatukirwa ngo ''Tora Naka,

Guca igihugu !''

Aho kwaya ngo ''kora impamba !''

Isi yose ngo ''bêhu !''

Imbonwa imubunga imbere

Kuzazana ingoma.



None utahazi aho Bagorozi,

Ukunde mpakubwire !

Nkubwire ko hakurenganye

Ufite amatwi n'amaso:

Iyo imbonwa itaraboneka,

Umwami arindira mu rugo rwe

Atetse ku ntebe ye,

Indamutsa ikamubyukira bagasenga;

Akabarirwa amakuru

Ngo: ''Iriya ngo barwanye !''

Imbonwa yaboneka rero,

Ikagenda shishi itabona,

Ikaboneza mu rugo rwe

Ikabwagara hakagendwa.

Imico ugira, ukayagira,

Ngo ni ''bwira wumve !''

Ubonye iki kiremu untambitseho,

Ngo ni jye wagaye abagabo

Bishe umubisha i Kiyonza

Yaje aririra Kari-nzobe

Ngo ije mu nzu umu !

None nakubwira umuti

W'abatabazi bategekerwa

Wo gukura abanzi

Bakabavana ku ngoma

Ugasebanya n'aho unsabana

Ubeshya ngo barareshya ?

Wigire aha uvuge

Uwazanye ingoma y'ingabe

Karinga ikayijya hejuru.

Mu byo uvuga ibyo unywerewe,

Jye nakuva imbere.

Ubonye iri tabaro ry'i Mubone,

Ryageze ku itabaro ry'i Murama,

I Murabirane wa Nyiramurari na Nimurahure,

Ko yatabaje iwa Nyamihamba.

Umututsi wabonyweho ikimara,

Bahungu, ashobora ahagumye:

Urya simuringanije na Rwambali.

Imbonwa yabonetse, nk'iyanyaze Rubuga,

Irya yaruse nyarute.

Hariho ga n'intwari, sinzigaya:

Iyo zijya gucyura iminyago

Ingoma zibuririraho.