Mostrar mensagens com a etiqueta impakanizi. Mostrar todas as mensagens
Mostrar mensagens com a etiqueta impakanizi. Mostrar todas as mensagens

domingo, 1 de junho de 2008

027. UMWAMI INKA ZIKUNZE

09 MUNYANGANZO


Iki gisigo kiri mu bwoko bw' "Impakanizi". MUNYANGANZO yahimbiye guhimbaza umunsi mukuru wo kwimika Imfizi ya Rwabugili yitwaga "Ntayozisa".

Umwami inka zikunze

Azikura mwo umuganda,

Mugabo utari bugarukanwe

Wa Ngaruyiminyago wa Rubomboza na Nyarume,

005 Ninkabone inka zakundiye Mukobanya

Na Mukiza wa Mwikozi,

Akazivura umukeno.

Iteka ni mwe zikesha amagara Abagabe

Ingabo za Mugaba na Mugambwa akazikenkemura,

010 Zanga ahandi zikagaba iwanyu.

Izi nka Nkoni ya Nkindi

Muratamfura zikeza Umwami

Akaziha abakamyi,

Inkamwa zikemera Abaroba.

015 Ni iminsi muziha injishi ngo zitabahuga,

Amaganya ya Mbazi atubereye imbeho.

Mbaraga ya Mbango arayatuvura

Tubona ubwami bwawe Karume.

Akane katubuza kunama,

020 Imvune ya Mvune itubereye igikindu.

Mikimba ya Mikiko

Ituvura bwangu,

Ingabo y'ingume

Uyihongeye izi nka

025 Ngo zitaguhunga.

Aje kuzima abanyazi Mwimana-ngoma

Wazitunga wazishakiwe kera,

Nka Mirima ya Mweru

Yaziha ba so.

RUGANZU I BWIMBA

Yazibyariye muri uru rugo Bwimba

030 Arenga uwe munani

Ajya gusibya uwa mushiki we,

Ngo ejo atabyara imbonwa

Mbangira ya Mbabazi,

Imana yazereje azibyarira ku Karwa.

035 Ngo iza kurya zize

Zisa n'iza kuno,

Karinga ejo itazamugaya

Ayigondera iminyago.

CYILIMA I RUGWE

Yazibyariye muri uru rugo Bwira-busa

Arenga ibyo ari mwo

040 Arenga iwabo,

Gihamura-nzira cya Karume

Karinga ntiyayimanye na Ngoga.

Uwo mugabo ntiyazambuye amata

Yamushatse inka yahatse,

045 Urakazisasira nka we.

Mwagirwa wa Murahu

Yarengeye Munono,

Urya munsi ahura n'umusaza

Basamburiye Nkuba,

050 N'imyiri y'i Nkuzuzu.

N'iyo akanguye uwo Mushi

Arazivugana zihurira i Karama.

MIBAMBWE SEKARONGORO MUTABAZI

Yazibyariye muri uru rugo Gisanura

Nyirigisare kiri umugani

Ingoma imwigereza ho na we yigereza ho,

055 Ngo ejo itamwishisha arayishokera.

Urugamba rwa Matwari yatwaranira ho

Bitondo akarutabarura.

Yatabarutse icumu rye ryatukuye

N'ibitsike byatukuye.

060 Se ati: indoro zigukoze

Nyamakuka ya Rukuge,

Ntitwarenganye ingoma nzayiguha.

Yuhi II GAHIMA

Yazibyariye muri uru rugo Mirango

Igihe akirara iswa

Na we se i muhira,

065 Arabyitegeka kuzazimuraga.

Uwazimiranye Kibamba

Azaragwa igihugu Gitura-nkiga,

Nkindi azabaza iza Mugera-nzu.

NDAHIRO CYAMATARE

Yazibyariye muri uru rugo Ngiye- nk'Abahizi

Ya Muhizi wa Mudahakana

070 Warasana arwanira ingoma.

Agendera ko

Uwagabanye inka ga ni uwo Mugambwa,

Uwarwanye ubwo kuzigura

Arakazihambya uzigire.

RUGANZU II NDOLI

Yazibyarira muri uru rugo Muzigirwa wa Kizige

075 Azinduka ava i Buhinda

Ahindurana yo icumu ridakirwa,

Mudakirwa araryikorana

Kurimbura inzigo.

Mudakirwa wa Rweru ati: nje kubunga.

080 Umva icyo kirara

Cyabyaye Karinga ho uburiza,

Biraro abwira abana

Ati: muraheteshe iyo ngoma.

MUTARA I SEMUGESHI

Yazibyarira muri uru rugo

Jembe rya Nyiramavugo

085 Wokeraga Kigasari,

Uwabuzaga Rwuma

Ngo ejo n'u Bungwe butabura,

Muhana-nkamwa ataburazwe

Akabwiraga atyo.

KIGELI II NYAMUHESHERA

Yazibyarira muri uru rugo

090 Mbyayingabo ya Mwamugaba

Kigeli cya Nsoro

Uwakubukanye inka z'amahugu yose

Mahame ya Ruhamya

Arazicyura ku Kamonyi.

MIBAMBWE II GISANURA

Yazibyarira muri uru rugo

095 Nkubiri ya Nkubito

Wakubita ya nzovu akayikungagiza.

Nkushya yadukuriye inyamaswa mu gihugu

Nzego akayidukungagiza mwo.

YUHI III MAZIMPAKA

Yazibyarira muri uru rugo

Muhabwa wa Munyamuhango wacu

100 Mucikirwa azicaniye i Mwurire,

Arinda Ntare

Arivuga Rusatsi.

CYILIMA II RUJUGIRA

Yazibyarira mri uru rugo

Rumeza Rumerera-mpunga

Ati : mpa ingabo ingoma imbone.

105 Urya munsi agarutsa inka z'i Nkanda,

Nkumburwa ya Murahu

Yazivugiye imbere.

KIGELI III NDABARASA

Yazibyarira muri uru rugo

Rubanga-muheto

Ruhetura inkiko zose,

110 Nzeyingoma ya Muzigirwa

Uwo Ngabo-nzima akundiye inka yoroye,

Mutazigwa wa Nzego uzimutetururire.

MIBAMBWE III SENTABYO

Yazibyarira muri uru rugo

Rukonya akora byombi

Abyagiza inka n'ingoma,

115 Ngo aretse amabega

Aziguye aba bantu yacungura

Bicano bya Muca-nzigo,

Ati: ndabimbuye.

YUHI IV GAHINDIRO

Yazibyarira muri uru rugo

Mutanuza wa Birorero bya Rukuge

120 Wazikuye kure Nkuyabarekezi,

Iyo atekereje ko ajya i Ndorwa

Ndamira ntasibe kunyaga,

Zikaserera u Rwanda.

MUTARA II RWOGERA

Yazibyarira muri uru rugo

Nyirurugo uyu

125 Rugwiza-minyago rwa Baragana,

Waragiraga ingoma za Nzimiye

Inka z'Abase n'ingoma z'Abagesera,

Arazicyura Cyusa

Azubakira ino.

130 Cya gihugu cy'abandi,

Tubona umuhungu we

Aracyubatse Kigeli.

Yazibyarira muri uru rugo

Katabyagira yenda ingabo ze

Yenda ingoma ze,

135 Tumuvuna ari imbere

Mvanutse ya Gasogo,

Yasirimbyaga ingoma ku iriba.

Umva iyo nkuba yaruhaye

Izo ngoma yazeretse ubukuba,

140 Nkubira ya Nkomera

Uraje nka we,

Na we uzibyarije umuheto.

Muheta-rugendo wa Mudahakana

Wazihawe kare,

145 Uziteye inkingi.

Wazambariye inkindi

Nkiranyi ya Bitondo urakazitunga,

Wazitunga wazishakiwe na babiri.

026. BAMBARIYE INKURU, NKOMATI

09 MUNYANGANZO

Iki gisigo kiri mu bwoko bw' "Impakanizi". Kigamije guhoza Umwami Rwabugili umubabaro yari amaze guterwa n'icyorezo Ingabo ze zari zimaze kugirira mu ntambara yo mu Bunyabungo, ahitwa ku Buntu-buzindu.

Bambariye inkuru Nkomati

Ya Nkoreza ya Mbabazi,

Bayimbwiye ndunama

Nunamurwa n'uko utabarutse,

005 Mutega wa Muhanyi

Ndunamuka mba muzima.

Ni iteka ntiguranura

Ingoma ya Ngozi ya Mbabazi,

Abo itabaje barayivira.

010 Wigira ishavu

Nta shyano tugushije,

Uratsinze ubwo utabarutse

Hatsinze twebwe.

Ishyano rigushije abanyamahanga

015 Bo bahiganye inzigo

N'Umwami wa Nzihira ya Ruziga,

Inzigo y'amakeba iramba mu nda.

Izamarwa no kuhatsinda ga Mitsindo

Uratsinze ubwo utabarutse,

020 Ingoma iganje abagome.

RUGANZU I BWIMBA

Wibabara Mbabazi ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Mugabwa-mbere habanje

Mugaya-mpunzi wa Noroye,

Arakarenga akarwa

Atabaza i Gisaka.

025 Ajyana ko imitwe yatoye

Mutanga-nkamwa wa Bitondo

Arazitabaza zirahagwa.

CYILIMA I RUGWE

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Gisamirwa, habanza Rusaza

Rwa Bisu na Rufutukura,

030 Uwayigendeye akayironkera umugisha.

Azana nyina wa Rukondo

Kubyara Rukabuza

I Rukiga rwa Muhanyi,

Ingoma ayibera nka Mukozi.

KIGELI I MUKOBANYA

Wibabara Mbabazi

Ugize k'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

035 Muganza-mbere habanza Mugambwa

Wa Mugorozi wa Muganwa na Mugabwa,

Aranawubanga umuheto

Arwanira se mu rwangano.

Rwenga rwa Rumoso

040 Rusaza arahamuzamura,

Azamurira ko na Munono

Munanira wa Runyagirwa,

Wirwaniriye iyi ngoma.

Ahiganira Karinga ngo ayihigurwe

045 Muhanyi wa Rusaza

Ingoma ayihabwa na Rugogwe.

MIBAMBWE SEKARONGORO MUTABAZI

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa Ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Ruvumbi mbere habanje Ruvusha

Rwa Vuningoma ya Mvukij-abayonga ya Kavunwa,

Karume ayitegeye indoro urwasha.

050 Ruyege ayirabiye inkurwe mu maso

Karinga ka Muhanyi,

Iti: muramungororere.

Mutabazi ko yigiriye ku rugamba,

Ruganza-bashi arwanira ingoma

055 Wababara iki ?

YUHI II GAHIMA

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Mutagera, mbere habanje

Mugera-shyaka wa Mutarambirwa,

Arazitora Ingabo Amasura-ntambara.

Zitungwa n'injyishywa mweru

060 Zibera ko indushyi.

Wibabara utsindiye ingoma

Wa Mugabo we.

NDAHIRO CYAMATARE

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Mutagera, mbere habanje Mutigomwa,

Ateza i Butara

065 Atekereza n'ingabo ze Abaterekwa-nzoga,

Ati: muze dutere

Dutambamire igihugu,

Muzinga-ndekezi wa Ndahise

N'imbaga yajyanye baratabarana.

070 Weho ga twakunamuriwe

N'Iyaremye, Rusaza rwa Muhanyi,

Ingoma zihawe imirishyo ino.

RUGANZU II NDOLI

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Rugimba-nshuro, habanje Rugimba-nzira

Rwa Nzihira ya Rwibizinzo,

075 Wazanywe no kwubura u Rwanda.

Yasanze igihugu cyunamye

Agitangirira imuhero,

Muhanyi wa Muhandushyi

Aratuzamura turahava.

MUTARA I SEMUGESHI

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

080 Mushikuza-mbere habanje

Murwanira-nshuti wa Nshikamiy-ibihugu

Wa Buhungiro bwa Mudahakana,

Ibihugu yabigaruye Nyangabo.

Yica Rubuga aramwivugana

085 Mivuno ya Kavunwa aramwica,

Ingoma iramwambara vuba.

KIGELI II NYAMUHESHERA

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Mwunguzi, habanje Mwikozi

Wa Nkoreza ya Rukuge,

090 Urukiga yarunyaze Rukobera-ngabo

Ahagira ingaru

Ngabo ya Mwikozi arahatuzanira.

MIBAMBWE II GISANURA

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Bitondo, mbere habanje

Mitego ya Nteguye i Nduga

095 Ya Ndagano ya Ndahise,

Induga ayunguye imirwa Cyungura-mirwa.

Rubanda bucya turwanira ingoma,

Ngabo ya Mwikozi

Ingoma igwira abantu.

YUHI III MAZIMPAKA

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

100 Mutanguranwa-ruge, mbere habanje

Mutanguranwa-bugabo

Umwami watanga Ntare,

Amutanya n'ingoma ye

Amutegeka ko adatura i Bugenda.

105 Mugandura wa Bicuba

Bicuba yicira kure,

Yivuga Rusatsi.

Amahanga bucya muyambura Abami

Amakeba ntabubakana,

110 Muyicira kumarira.

CYILIMA II RUJUGURA

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Mutanga-nkamwa, mbere habanje

Mutanga-mbaga,

Wa Mbogoy-ingoma ya Mbabazi

Imbaga ye ayimirije imbere.

115 Mutaga we yatwiciye itabarwa

Bicuba bya Bicano

Arayimucuza Karyenda.

Ari ko mutuye iteka

Bene Mwenda-ngume wa Bitondo,

120 Agabira mu itabaro.

Utabaruka rimwe, utabarije irindi

Bitero bya Mwitumyi,

Utumye intambara kure.

KIGELI III NDABARASA

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Bizinzo, mbere habanje Ruziga

125 Rwa Nzihira ya Rwibizinzo,

Wazimya inteko i Burora

Ntekeye-u-Rwanda.

Abahinza kandi b'i Burora

Bimye ubukaga,

130 Rukiga rwa Muhanyi

Arabatugangahurira.

Nta ngoma y'i Burora atapfakaje

Ahora apfunya amakeba,

Mukiga yabaganje

135 Abapfunyira rimwe.

MIBAMBWE III SENTABYO

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo

Mutunga-nkamwa, mbere habanje

Mutanga-mashyo,

Wa Shyira-mbere rya Shyerezo

Ishyari yararinyaze.

140 Muganza wa Ngabo

Ingoma bucya muyereka imigogo,

Ngabo ya Mwikozi

Ingoma igwirwa ityo.

YUHI IV GAHINDIRO

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aha ko byagenze bityo

Mutandi wa Mutora

Hagatabara abagabo.

Mugarura, mbere habanje

145 Ngaruy-iminyago ya Runyagirwa,

Wanyaga ateye Karinda

Muramira amaze kwivuga uwo Muhinza,

Muhanyi wa Rusaza

Avunya ingabo.

150 Buhabiro agabye ingabo i Bugenda

Bagiriye intambara ku Muharuro,

Mudahakana yunamutse aragenda

Baganza batyo Abami ba Rumeza,

Muhanyi, ingoma igahongerwa abantu.

MUTARA II RWOGERA

Wibabara Mbabazi

Ugize nk'abandi Bami

Ba Ngozi ya Mbabazi

Imbaga yose igurwa ingoma

Hambere y'aho ko byagenze bityo

Hagatabara abagabo.

155 Munanira, mbere habanje

So wakubyaye,

Ahungura n'andi mahanga

N'ingoma y'amakeba,

Ayigira umwiri Rukurura.

160 Kwa Bazimya bari bagomye nk'abo

Kimenyi ahora arwana,

Ngozi akamwambura ingoma.

KIGELI IV RWABUGIlI

Rubamba-mushi, wabanza na we,

Ingoma ikugomba akaruhije

165 Iti: Nyirankow-amashyo,

Ni we waba akamazi.

Umugurana Ingoma Kamara-buzima

Ka Kavubika na Kavunwa,

Uvuna igihugu cyacu

170 Ishira uburakari Mugeyo.

Ingoma nta we uyitinyira

Igwira benshi Karinga,

Nta we uzanga kunayigwira Ingoma iyi

Ni uko batsinda Abami

175 Ba Ntsindiy-ingoma,

Ba Ntsinz-abanyoro

Ba Ntsinz-abayonga ya Runyagirwa,

Barwaniye Nyamurwana iyi.

Barwana batyo Abami ba Rumeza

180 Barwaniye ingoma,

Bicirwa abagabo.

Buhabiro aho kubabara

Uhugure umutima,

Utangire Rubanda rudatemba

185 Uwasize umwana umurere,

Uwapfuye atarabyara

Afite umuryango uwurere,

Urebe ngo urakenya uwakwangaga.

Makiriro ya Rumeza

190 Ukamwivuga ku musibo, mu kibi

Ndishyutse twishyukanye,

Shyira-mbere, simbabaye waje

Tuzatsinda abagome.