Ibindi by'ingenzi twavuga, ni Ibitekerezo by'Abami. Yego ibyo byo ntibyafatwaga mu mutwe ijambo kw'ijambo nk'ibyo tumaze kuvuga, umuntu yapfaga gusa kumenya ibitekerezo uko bikurikirana, ariko nyine urebye nabyo ntibyahindukaga cyane. Ibitekerezo rero ni byo byavugaga amateka y'Abami, bikavuga ibikorwa bakoze, n'akamaro bagiriye Urwanda, n'uko babayeho, n'icyo basize baraze ababazunguye.
Burya kandi, n'ubwo Ibitekerezo byamenyaga benshi, na Rubanda rwose rukajya ruca iyo migani y'Abami, habagaho abazi iby'i Bwami neza, bakajya bamenya inkuru z'imvaho, bitari ibyo abantu bapfa kwivugira. Bikagira kandi abahora babivuga, kugira ngo bitagenda byibagirana uko ingoma zikurikirana, ibihe bigaha ibindi.
Umufaransa w'umumisiyoneri wa kera, witwaga Padri André Pagès (Un royaume Hamite au centre de l'Afrique), wanditse ibitekerezo byinshi muri za 1933, yavuze ko bajyaga bamubwira ko kugenda abaza Rubanda rwa giseseka bituma yandika ibifuditse. Bati dore nk'Igitekerezo cya Ruganzu, iyo umuntu adakurikiranyije inkuru ze neza, usanga bigenda bisobana, ntumenye inzira yabyo, ntumenye igikorwa yakoze mbere n'icyo yakurikijeho, maze bikaba urujijo.
Ibitekerezo byanditswe na benshi, ariko Padri Kagame niwe wakoranije byinshi, n'ubwo hari ibyo yagiye ahina cyane. Ariko hari abafashe amajwi y'ababizi neza, bakabyandika uko byavuzwe, barimo André Coupez na Thomas Kamanzi, baganiriye n'umugabo witwaga Gakanisha, bakandika igitabo cyitwa Récits historiques rwanda (1964), kiri mu kinyarwanda no mu gifaransa. Hari n'abandi benshi, barimo Pierre Smith (Le Récit populaire au Rwanda, 1975).
Niba waragerageje gusama ariko ntugire icyo ugeraho, ntucike intege—hari ibisubizo bikora neza.
ResponderEliminarKu giti cyanjye ndasaba Dr. Dawn. Akora imihango ikomeye yo kubyara yafashije abagore benshi gusa gutwita mu byumweru 4 kugeza kuri 6 gusa—ndetse n'abari bahanganye n'ibibazo bikomeye byo kubyara.
Simvuga ibi gusa—ndi umuhamya uhoraho. Nyuma yo guhangayika igihe kirekire, amaherezo nabonye umusaruro mwiza, kandi byahinduye ubuzima bwanjye burundu.
Yanafashije abagore benshi bo mu Burayi, muri Amerika, mu Bwongereza, harimo no muri Aziya, ubu batwite neza cyangwa basanzwe ari ababyeyi.
WhatsApp ye: +2347041196471. dawnacuna314@gmail.com